Check out the new design

Prijevod značenja časnog Kur'ana - Prijevod na kinjaruanda jezik - Organizacija muslimana Ruande * - Sadržaj prijevodā

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Prijevod značenja Sura: Ta-Ha   Ajet:
وَأَنَا ٱخۡتَرۡتُكَ فَٱسۡتَمِعۡ لِمَا يُوحَىٰٓ
“Kandi nagutoranyije (ngo ube Intumwa). Bityo, tega amatwi ibyo uhishurirwa”,
Tefsiri na arapskom jeziku:
إِنَّنِيٓ أَنَا ٱللَّهُ لَآ إِلَٰهَ إِلَّآ أَنَا۠ فَٱعۡبُدۡنِي وَأَقِمِ ٱلصَّلَوٰةَ لِذِكۡرِيٓ
Mu by’ukuri ndi Allah! Nta yindi mana iriho ikwiye gusengwa itari Njye. Bityo, jya ungaragira kandi unahozeho iswala kugira ngo unyibuke.
Tefsiri na arapskom jeziku:
إِنَّ ٱلسَّاعَةَ ءَاتِيَةٌ أَكَادُ أُخۡفِيهَا لِتُجۡزَىٰ كُلُّ نَفۡسِۭ بِمَا تَسۡعَىٰ
Mu by’ukuri imperuka izaba. Nayihishe (ibiremwa byose) kugira ngo buri muntu azahemberwe umuhate we.
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَلَا يَصُدَّنَّكَ عَنۡهَا مَن لَّا يُؤۡمِنُ بِهَا وَٱتَّبَعَ هَوَىٰهُ فَتَرۡدَىٰ
Bityo, uramenye umuntu utayemera (imperuka) agakurikira ibyo umutima we ukunda, ntazakubuze kuyemera bitazakuviramo kurimbuka.
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَمَا تِلۡكَ بِيَمِينِكَ يَٰمُوسَىٰ
(Allah aramubaza ati) “Ese icyo ni iki kiri mu kuboko kwawe kw’iburyo, yewe Musa?”
Tefsiri na arapskom jeziku:
قَالَ هِيَ عَصَايَ أَتَوَكَّؤُاْ عَلَيۡهَا وَأَهُشُّ بِهَا عَلَىٰ غَنَمِي وَلِيَ فِيهَا مَـَٔارِبُ أُخۡرَىٰ
(Musa) aravuga ati “Ni inkoni yanjye nishingikiriza, nkanayimanuza amababi y’ibiti ngaburira intama zanjye, kandi mfite n’ibindi nyikoresha.”
Tefsiri na arapskom jeziku:
قَالَ أَلۡقِهَا يَٰمُوسَىٰ
(Allah) aravuga ati “Yinage hasi, yewe Musa!”
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَأَلۡقَىٰهَا فَإِذَا هِيَ حَيَّةٞ تَسۡعَىٰ
Nuko ayinaga hasi, ihita ihinduka inzoka ikururuka.
Tefsiri na arapskom jeziku:
قَالَ خُذۡهَا وَلَا تَخَفۡۖ سَنُعِيدُهَا سِيرَتَهَا ٱلۡأُولَىٰ
(Allah) aravuga ati “Yifate kandi ntutinye! Turongera tuyigire (inkoni) nk’uko yari imeze”,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَٱضۡمُمۡ يَدَكَ إِلَىٰ جَنَاحِكَ تَخۡرُجۡ بَيۡضَآءَ مِنۡ غَيۡرِ سُوٓءٍ ءَايَةً أُخۡرَىٰ
“Unashyire ukuboko kwawe mu kwaha, kuravamo kurabagirana bidatewe n’uburwayi; icyo kiraba ari ikindi gitangaza”,
Tefsiri na arapskom jeziku:
لِنُرِيَكَ مِنۡ ءَايَٰتِنَا ٱلۡكُبۡرَى
“(Ibyo) ni ukugira ngo tukwereke bimwe mu bitangaza byacu bihambaye”,
Tefsiri na arapskom jeziku:
ٱذۡهَبۡ إِلَىٰ فِرۡعَوۡنَ إِنَّهُۥ طَغَىٰ
(Allah aramubwira ati) “Jya kwa Farawo (umuhamagarire kwemera Allah). Mu by’ukuri akabije kwigomeka.”
Tefsiri na arapskom jeziku:
قَالَ رَبِّ ٱشۡرَحۡ لِي صَدۡرِي
(Musa) aravuga ati “Nyagasani wanjye! Agura igituza cyanjye (kugira ngo mbashe gusohoza ubutumwa bwawe)”,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَيَسِّرۡ لِيٓ أَمۡرِي
Kandi unyorohereze inshingano zanjye (umpaye),
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَٱحۡلُلۡ عُقۡدَةٗ مِّن لِّسَانِي
Unagobotore ururimi rwanjye,
Tefsiri na arapskom jeziku:
يَفۡقَهُواْ قَوۡلِي
Kugira ngo babashe gusobanukirwa amagambo yanjye,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَٱجۡعَل لِّي وَزِيرٗا مِّنۡ أَهۡلِي
Kandi umpe umwunganizi ukomoka mu muryango wanjye,
Tefsiri na arapskom jeziku:
هَٰرُونَ أَخِي
(Ari we) Haruna (Aroni), umuvandimwe wanjye,
Tefsiri na arapskom jeziku:
ٱشۡدُدۡ بِهِۦٓ أَزۡرِي
Munshyigikize mu kunyongerera imbaraga,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَأَشۡرِكۡهُ فِيٓ أَمۡرِي
Kandi umuhe gufatanya nanjye mu nshingano zanjye (zo gusohoza ubutumwa bwawe),
Tefsiri na arapskom jeziku:
كَيۡ نُسَبِّحَكَ كَثِيرٗا
Kugira ngo tubashe kugusingiza cyane,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَنَذۡكُرَكَ كَثِيرًا
Tunakwambaze cyane,
Tefsiri na arapskom jeziku:
إِنَّكَ كُنتَ بِنَا بَصِيرٗا
Mu by’ukuri wowe utubona bihebuje.”
Tefsiri na arapskom jeziku:
قَالَ قَدۡ أُوتِيتَ سُؤۡلَكَ يَٰمُوسَىٰ
(Allah) aravuga ati “Rwose ubusabe bwawe bwakiriwe, yewe Musa!”
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَلَقَدۡ مَنَنَّا عَلَيۡكَ مَرَّةً أُخۡرَىٰٓ
Kandi rwose, twari twaranaguhundagajeho ingabire zacu indi nshuro,
Tefsiri na arapskom jeziku:
 
Prijevod značenja Sura: Ta-Ha
Indeks sura Broj stranice
 
Prijevod značenja časnog Kur'ana - Prijevod na kinjaruanda jezik - Organizacija muslimana Ruande - Sadržaj prijevodā

Izdano od strane Organizacije muslimana Ruande.

Zatvaranje