Check out the new design

Traducción de los significados del Sagrado Corán - Traducción al kinyarwanda - Asociación de Musulmanes de Ruanda * - Índice de traducciones

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Traducción de significados Capítulo: Al-Shu'araa   Versículo:
مَآ أَغۡنَىٰ عَنۡهُم مَّا كَانُواْ يُمَتَّعُونَ
Ibyo bahawe ngo babyinezezemo ntibyagira icyo bibamarira.
Las Exégesis Árabes:
وَمَآ أَهۡلَكۡنَا مِن قَرۡيَةٍ إِلَّا لَهَا مُنذِرُونَ
Kandi nta mudugudu n’umwe twarimbuye utaragize ababurizi
Las Exégesis Árabes:
ذِكۡرَىٰ وَمَا كُنَّا ظَٰلِمِينَ
(Twohereje) ngo bibutse, kandi ntitwigeze tuba abahemu (ngo tubarimbure tubarenganyije).
Las Exégesis Árabes:
وَمَا تَنَزَّلَتۡ بِهِ ٱلشَّيَٰطِينُ
Kandi ntabwo amashitani ari yo yayihishuye (Qur’an),
Las Exégesis Árabes:
وَمَا يَنۢبَغِي لَهُمۡ وَمَا يَسۡتَطِيعُونَ
Nta n’ubwo abikwiye ndetse ntiyanabishobora!
Las Exégesis Árabes:
إِنَّهُمۡ عَنِ ٱلسَّمۡعِ لَمَعۡزُولُونَ
Mu by’ukuri ayo (mashitani) yakumiriwe kumva (ibivugirwa mu ijuru).
Las Exégesis Árabes:
فَلَا تَدۡعُ مَعَ ٱللَّهِ إِلَٰهًا ءَاخَرَ فَتَكُونَ مِنَ ٱلۡمُعَذَّبِينَ
Bityo (uramenye) ntuzabangikanye Allah n’izindi mana, utazavaho ukaba umwe mu bazahanwa.
Las Exégesis Árabes:
وَأَنذِرۡ عَشِيرَتَكَ ٱلۡأَقۡرَبِينَ
Kandi (yewe Muhamadi) ujye uburira abantu ba hafi mu muryango wawe.
Las Exégesis Árabes:
وَٱخۡفِضۡ جَنَاحَكَ لِمَنِ ٱتَّبَعَكَ مِنَ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Unicishe bugufi ku bemeramana bakuyobotse.
Las Exégesis Árabes:
فَإِنۡ عَصَوۡكَ فَقُلۡ إِنِّي بَرِيٓءٞ مِّمَّا تَعۡمَلُونَ
Ariko nibaramuka bakwigometseho, uzababwire uti “Mu by’ukuri njye nitandukanyije n’ibyo mukora.”
Las Exégesis Árabes:
وَتَوَكَّلۡ عَلَى ٱلۡعَزِيزِ ٱلرَّحِيمِ
Kandi ujye uniringira (Allah), Umunyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
Las Exégesis Árabes:
ٱلَّذِي يَرَىٰكَ حِينَ تَقُومُ
We ukureba igihe ubyutse gukora iswala (mu gicuku),
Las Exégesis Árabes:
وَتَقَلُّبَكَ فِي ٱلسَّٰجِدِينَ
Ndetse n’ibyo ukora (wunama, ununamuka) uri kumwe n’abubama.
Las Exégesis Árabes:
إِنَّهُۥ هُوَ ٱلسَّمِيعُ ٱلۡعَلِيمُ
Mu by’ukuri (Allah), ni Uwumva bihebuje, Umumenyi uhebuje.
Las Exégesis Árabes:
هَلۡ أُنَبِّئُكُمۡ عَلَىٰ مَن تَنَزَّلُ ٱلشَّيَٰطِينُ
Ese (mwa bantu mwe!) mbabwire abo amashitani amanukiraho?
Las Exégesis Árabes:
تَنَزَّلُ عَلَىٰ كُلِّ أَفَّاكٍ أَثِيمٖ
Amanukira buri munyabinyoma, w’umunyabyaha,
Las Exégesis Árabes:
يُلۡقُونَ ٱلسَّمۡعَ وَأَكۡثَرُهُمۡ كَٰذِبُونَ
Yumviriza (amagambo avugwa n’abamalayika mu ijuru akongeramo ibyayo), nyamara amenshi muri yo ni amanyabinyoma.[1]
[1] Uyu murongo mutagatifu uvuga ko amashitani atumviriza amagambo avugwa n’abamalayika ntabwo uhabanye n’uwawubanjirije wa 212 uvuga ko amashitani yakumiriwe kumva (ibivugirwa mu ijuru), ahubwo nk’uko imirongo ya Qur’ani yunganirana kugira ngo umuntu ayisobanukirwe, wifashishije isurat ya 37 (A-Swafati), Ayat ya 7 kugera kuri ayat ya 10 hagaragazwa ko ubusanzwe ikirere cyarinzwe buri shitani, bituma adashobora kumviriza ibivugwa n’abamalayika, usibye ko hari ubwo muri yo hari ayashobora kugira icyo yiba mu mabanga y’ibivugirwa mu ijuru, agakurikizwa ibishashi by’umuriro. Ibi bikaba nabyo byaje mu mvugo zitandukanye z’Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) ku byerekeranye n’ibi.
Las Exégesis Árabes:
وَٱلشُّعَرَآءُ يَتَّبِعُهُمُ ٱلۡغَاوُۥنَ
Naho abasizi bakurikirwa n’abayobye.[1]
[1] Abahakanyi bajyaga bavuga ko Muhamadi ari umusizi, maze Allah arabahinyuza muri uyu murongo wa Qur’ani.
Las Exégesis Árabes:
أَلَمۡ تَرَ أَنَّهُمۡ فِي كُلِّ وَادٖ يَهِيمُونَ
Ese ntubona ko (mu busizi bwabo) bavuga kuri buri ngingo bashimagiza cyangwa basebya?
Las Exégesis Árabes:
وَأَنَّهُمۡ يَقُولُونَ مَا لَا يَفۡعَلُونَ
Kandi ko mu by’ukuri bavuga ibyo badakora?
Las Exégesis Árabes:
إِلَّا ٱلَّذِينَ ءَامَنُواْ وَعَمِلُواْ ٱلصَّٰلِحَٰتِ وَذَكَرُواْ ٱللَّهَ كَثِيرٗا وَٱنتَصَرُواْ مِنۢ بَعۡدِ مَا ظُلِمُواْۗ وَسَيَعۡلَمُ ٱلَّذِينَ ظَلَمُوٓاْ أَيَّ مُنقَلَبٖ يَنقَلِبُونَ
Usibye gusa ba bandi bemeye bakanakora ibikorwa byiza, bagasingiza Allah cyane, ndetse bakanirwanaho (bakoresheje ibisigo mu kunyomoza abasizi b’abanyabinyoma) nyuma yo kurenganywa (batukwa). Naho inkozi z’ibibi bidatinze zizamenya icyerekezo zizerekeramo.
Las Exégesis Árabes:
 
Traducción de significados Capítulo: Al-Shu'araa
Índice de Capítulos Número de página
 
Traducción de los significados del Sagrado Corán - Traducción al kinyarwanda - Asociación de Musulmanes de Ruanda - Índice de traducciones

Publicada por la Asociación de Musulmanes de Ruanda.

Cerrar