ترجمهٔ معانی قرآن کریم - ترجمهٔ رواندایی * - لیست ترجمه ها

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

ترجمهٔ معانی سوره: سوره قلم   آیه:

Alqalam (Ikaramu)

نٓۚ وَٱلۡقَلَمِ وَمَا يَسۡطُرُونَ
Nuuni[1] Ndahiye ikaramu n’ibyo (abamalayika n’abantu) bandika!
[1] Inyuguti nk’izi twazivuzeho mu masura yatambutse.
تفسیرهای عربی:
مَآ أَنتَ بِنِعۡمَةِ رَبِّكَ بِمَجۡنُونٖ
Ku bw’ingabire za Nyagasani wawe (z’ubutumwa wahawe), ntabwo wowe (Muhamadi) uri umusazi.
تفسیرهای عربی:
وَإِنَّ لَكَ لَأَجۡرًا غَيۡرَ مَمۡنُونٖ
Kandi mu by’ukuri uzahabwa ibihembo bidashira (ku bw’ingorane uhura na zo).
تفسیرهای عربی:
وَإِنَّكَ لَعَلَىٰ خُلُقٍ عَظِيمٖ
Rwose mu by’ukuri ufite ubupfura buhambaye.
تفسیرهای عربی:
فَسَتُبۡصِرُ وَيُبۡصِرُونَ
Bityo vuba aha bidatinze uzabona, n’abo (abahakanyi) babone,
تفسیرهای عربی:
بِأَييِّكُمُ ٱلۡمَفۡتُونُ
Umusazi muri mwe (uwo ari we).
تفسیرهای عربی:
إِنَّ رَبَّكَ هُوَ أَعۡلَمُ بِمَن ضَلَّ عَن سَبِيلِهِۦ وَهُوَ أَعۡلَمُ بِٱلۡمُهۡتَدِينَ
Mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We uzi neza uwayobye inzira ye, kandi ni na We uzi neza abayobotse.
تفسیرهای عربی:
فَلَا تُطِعِ ٱلۡمُكَذِّبِينَ
Bityo, ntukumvire abahinyura.
تفسیرهای عربی:
وَدُّواْ لَوۡ تُدۡهِنُ فَيُدۡهِنُونَ
Bifuje ko waborohera (ukabakorera ibyo bashaka) na bo bakakorohera (ntibakurwanye).
تفسیرهای عربی:
وَلَا تُطِعۡ كُلَّ حَلَّافٖ مَّهِينٍ
Kandi ntukumvire buri (muntu) urahira kenshi unasuzuguritse,
تفسیرهای عربی:
هَمَّازٖ مَّشَّآءِۭ بِنَمِيمٖ
Umuneguzi wa cyane, unabunza amagambo (agenda asebanya),
تفسیرهای عربی:
مَّنَّاعٖ لِّلۡخَيۡرِ مُعۡتَدٍ أَثِيمٍ
Ubuza ibyiza, urengera, umunyacyaha,
تفسیرهای عربی:
عُتُلِّۭ بَعۡدَ ذَٰلِكَ زَنِيمٍ
Uw’umutima winangiye, hejuru y’ibyo akaba ari ikinyendaro (atazwi inkomoko ye kwa se).[1]
[1] -Umuntu uvugwa muri iyi mirongo ni uwitwa Al Walid ibun al Mughirat, umwe mu babangikanyamana b’i Maka warwanyaga Intumwa y’Imana Muhamadi.
تفسیرهای عربی:
أَن كَانَ ذَا مَالٖ وَبَنِينَ
Yitwaza ko afite umutungo mwinshi n’urubyaro (rwinshi),
تفسیرهای عربی:
إِذَا تُتۡلَىٰ عَلَيۡهِ ءَايَٰتُنَا قَالَ أَسَٰطِيرُ ٱلۡأَوَّلِينَ
Iyo asomewe amagambo yacu, aravuga ati “Ni inkuru z’abo hambere.”
تفسیرهای عربی:
سَنَسِمُهُۥ عَلَى ٱلۡخُرۡطُومِ
Tuzamushyiraho ikimenyetso ku mutonzi (ku zuru rye).
تفسیرهای عربی:
إِنَّا بَلَوۡنَٰهُمۡ كَمَا بَلَوۡنَآ أَصۡحَٰبَ ٱلۡجَنَّةِ إِذۡ أَقۡسَمُواْ لَيَصۡرِمُنَّهَا مُصۡبِحِينَ
Mu by’ukuri (abantu b’i Maka), twarabagerageje nk’uko twagerageje abantu bari bafite umurima ubwo barahiraga ko rwose bawusarura mu rukerera.
تفسیرهای عربی:
وَلَا يَسۡتَثۡنُونَ
Ariko ntibavuze (In-sha-Allah, Imana nibishaka).
تفسیرهای عربی:
فَطَافَ عَلَيۡهَا طَآئِفٞ مِّن رَّبِّكَ وَهُمۡ نَآئِمُونَ
Bityo, ikiza (inkongi y’umuriro) giturutse kwa Nyagasani wawe kirawugota, mu gihe bo bari baryamye.
تفسیرهای عربی:
فَأَصۡبَحَتۡ كَٱلصَّرِيمِ
(Umurima wabo) uhinduka nk’uruhira.
تفسیرهای عربی:
فَتَنَادَوۡاْ مُصۡبِحِينَ
Nuko bucyeye barahamagarana,
تفسیرهای عربی:
أَنِ ٱغۡدُواْ عَلَىٰ حَرۡثِكُمۡ إِن كُنتُمۡ صَٰرِمِينَ
Bagira bati “Nimuzindukire mu murima wanyu niba mugikomeje umugambi wo kuwusarura. ”
تفسیرهای عربی:
فَٱنطَلَقُواْ وَهُمۡ يَتَخَٰفَتُونَ
Nuko bagenda bongorerana,
تفسیرهای عربی:
أَن لَّا يَدۡخُلَنَّهَا ٱلۡيَوۡمَ عَلَيۡكُم مِّسۡكِينٞ
(Bagira bati) “Uyu munsi ntihagire umukene n’umwe uwubinjiranamo (umurima).
تفسیرهای عربی:
وَغَدَوۡاْ عَلَىٰ حَرۡدٖ قَٰدِرِينَ
Nuko bazinduka baganayo (mu murima wabo) biyumvamo ubushobozi (bwo kwima abakene).
تفسیرهای عربی:
فَلَمَّا رَأَوۡهَا قَالُوٓاْ إِنَّا لَضَآلُّونَ
Maze bawubonye baravuga bati “Mu by’ukuri twayobye (inzira)!”
تفسیرهای عربی:
بَلۡ نَحۡنُ مَحۡرُومُونَ
Ahubwo twimwe (umusaruro wawo kubera umugambi wacu mubi wo kwima abakene).
تفسیرهای عربی:
قَالَ أَوۡسَطُهُمۡ أَلَمۡ أَقُل لَّكُمۡ لَوۡلَا تُسَبِّحُونَ
Ushyira mu gaciro muri bo aravuga ati “Sinari nababwiye ko iyo muza gusingiza (Allah mukanamushimira, mukanavuga muti: In-sha-Allah, mutari guhura n’ibi byago)?”
تفسیرهای عربی:
قَالُواْ سُبۡحَٰنَ رَبِّنَآ إِنَّا كُنَّا ظَٰلِمِينَ
Baravuga bati “Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wacu, mu by’ukuri twari inkozi z’ibibi!”
تفسیرهای عربی:
فَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَلَٰوَمُونَ
Nuko bamwe batangira guhindukirira abandi (bitana bamwana) bavebana,
تفسیرهای عربی:
قَالُواْ يَٰوَيۡلَنَآ إِنَّا كُنَّا طَٰغِينَ
Baravuga bati “Mbega ishyano tubonye! Mu by’ukuri twari abarengera (imbibi za Allah).”
تفسیرهای عربی:
عَسَىٰ رَبُّنَآ أَن يُبۡدِلَنَا خَيۡرٗا مِّنۡهَآ إِنَّآ إِلَىٰ رَبِّنَا رَٰغِبُونَ
Hari ubwo Nyagasani wacu yadushumbusha (umurima) mwiza kuwuruta. Rwose twerekeje ibyifuzo byacu kwa Nyagasani wacu.
تفسیرهای عربی:
كَذَٰلِكَ ٱلۡعَذَابُۖ وَلَعَذَابُ ٱلۡأٓخِرَةِ أَكۡبَرُۚ لَوۡ كَانُواْ يَعۡلَمُونَ
Uko ni ko ibihano (bya Allah ku isi) bimera! Ariko ibihano byo ku munsi w’imperuka birahambaye cyane, iyaba bari babizi.
تفسیرهای عربی:
إِنَّ لِلۡمُتَّقِينَ عِندَ رَبِّهِمۡ جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu by’ukuri abagandukira (Allah) bazagororerwa Ijuru ryuje ingabire kwa Nyagasani wabo.
تفسیرهای عربی:
أَفَنَجۡعَلُ ٱلۡمُسۡلِمِينَ كَٱلۡمُجۡرِمِينَ
Ese abicisha bugufi imbere ya Allah (Abayisilamu) twabafata kimwe n’inkozi z’ibibi?
تفسیرهای عربی:
مَا لَكُمۡ كَيۡفَ تَحۡكُمُونَ
Ese mwabaye mute? Mubona ibintu mute?
تفسیرهای عربی:
أَمۡ لَكُمۡ كِتَٰبٞ فِيهِ تَدۡرُسُونَ
Cyangwa mwaba mufite igitabo musomamo (ko abicisha bugufi ari kimwe n’inkozi z’ibibi)!
تفسیرهای عربی:
إِنَّ لَكُمۡ فِيهِ لَمَا تَخَيَّرُونَ
Mu by’ukuri mukaba mufitemo (muri icyo gitabo) aho mukura ibyo?
تفسیرهای عربی:
أَمۡ لَكُمۡ أَيۡمَٰنٌ عَلَيۡنَا بَٰلِغَةٌ إِلَىٰ يَوۡمِ ٱلۡقِيَٰمَةِ إِنَّ لَكُمۡ لَمَا تَحۡكُمُونَ
Cyangwa mudufiteho amasezerano ntakuka afite agaciro kugeza ku munsi w’imperuka yo kuzabona ibyo mwifuza?
تفسیرهای عربی:
سَلۡهُمۡ أَيُّهُم بِذَٰلِكَ زَعِيمٌ
Babaze (yewe Muhamadi) uti “Ni nde muri bo wabyishingira (akabibera umuhamya)?”
تفسیرهای عربی:
أَمۡ لَهُمۡ شُرَكَآءُ فَلۡيَأۡتُواْ بِشُرَكَآئِهِمۡ إِن كَانُواْ صَٰدِقِينَ
Cyangwa se (abahakanyi) baba bafite ibigirwamana (bizabafasha ku munsi w’imperuka)? Ngaho nibazane ibyo bigirwamana byabo niba ari abanyakuri.
تفسیرهای عربی:
يَوۡمَ يُكۡشَفُ عَن سَاقٖ وَيُدۡعَوۡنَ إِلَى ٱلسُّجُودِ فَلَا يَسۡتَطِيعُونَ
(Ibuka) umunsi (ibintu bizaba bikomeye kandi biteye ubwoba), ubwo igice cyo hepfo cy’ukuguru (kwa Allah) kizagaragarizwa (ibiremwa), nuko (abahakanyi) bagahamagarirwa kubamira (Allah) ariko ntibabishobore[1]
[1] -Imyemerere ya Isilamu igaragaza ko Allah afite ibimuranga, bimwe bikaba bihuje inyito n’iby’ibiremwa ariko bidahuje imiterere, kuko Allah atagira icyo asa na cyo. Imvugo y’Intumwa y’Imana Muhamadi igaragaza ko ku munsi w’imperuka Allah azereka ibiremwa bye igice cyo hepfo cy’ukuguru kwe (umurundi). Icyo gihe abemeramana bazubamira Allah, ariko abajyaga bubamira Allah ku isi bagamije kwiyerekana, ntibizabashobokera.
تفسیرهای عربی:
خَٰشِعَةً أَبۡصَٰرُهُمۡ تَرۡهَقُهُمۡ ذِلَّةٞۖ وَقَدۡ كَانُواْ يُدۡعَوۡنَ إِلَى ٱلسُّجُودِ وَهُمۡ سَٰلِمُونَ
Bazaba bubitse amaso (kubera ikimwaro), batwikiriwe n’ugusuzugurika. Nyamara bajyaga bahamagarirwa kubamira Allah ari bazima (ntibabikore kubera ubwibone).
تفسیرهای عربی:
فَذَرۡنِي وَمَن يُكَذِّبُ بِهَٰذَا ٱلۡحَدِيثِۖ سَنَسۡتَدۡرِجُهُم مِّنۡ حَيۡثُ لَا يَعۡلَمُونَ
Bityo, (yewe Muhamadi) ndekera uwo ari we wese uhinyura iyi nkuru (Qur’an). Rwose (abo bayihinyura) tuzabatwara buhoro buhoro (tubaganisha mu bihano) mu buryo batazi.
تفسیرهای عربی:
وَأُمۡلِي لَهُمۡۚ إِنَّ كَيۡدِي مَتِينٌ
Nzanabaha igihe (bibwire ko batazahanwa); mu by’ukuri imigambi yanjye irakomeye.
تفسیرهای عربی:
أَمۡ تَسۡـَٔلُهُمۡ أَجۡرٗا فَهُم مِّن مَّغۡرَمٖ مُّثۡقَلُونَ
Cyangwa (bibwira ko wowe Muhamadi) ubasaba igihembo, none bakaba baremererwa n’ubwishyu?
تفسیرهای عربی:
أَمۡ عِندَهُمُ ٱلۡغَيۡبُ فَهُمۡ يَكۡتُبُونَ
Ahubwo se bibwira ko bazi ibitagaragara, bakaba babishingiraho bandika (ibyo bishakiye, badakeneye ibyo ubabwira)?
تفسیرهای عربی:
فَٱصۡبِرۡ لِحُكۡمِ رَبِّكَ وَلَا تَكُن كَصَاحِبِ ٱلۡحُوتِ إِذۡ نَادَىٰ وَهُوَ مَكۡظُومٞ
Bityo (yewe Muhamadi), ihanganire itegeko rya Nyagasani wawe, kandi ntube nk’umwe wamizwe n’ifi (Umuhanuzi Yunusu) ubwo yadutakambiraga n’agahinda kenshi.
تفسیرهای عربی:
لَّوۡلَآ أَن تَدَٰرَكَهُۥ نِعۡمَةٞ مِّن رَّبِّهِۦ لَنُبِذَ بِٱلۡعَرَآءِ وَهُوَ مَذۡمُومٞ
Iyo bitaza kuba ingabire iturutse kwa Nyagasani we yamugezeho, (ifi) yari kumuruka ku musenyi wo ku nkombe kandi umugayo umuriho.
تفسیرهای عربی:
فَٱجۡتَبَٰهُ رَبُّهُۥ فَجَعَلَهُۥ مِنَ ٱلصَّٰلِحِينَ
Nuko Nyagasani we aramutoranya, maze amushyira mu ntungane.
تفسیرهای عربی:
وَإِن يَكَادُ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ لَيُزۡلِقُونَكَ بِأَبۡصَٰرِهِمۡ لَمَّا سَمِعُواْ ٱلذِّكۡرَ وَيَقُولُونَ إِنَّهُۥ لَمَجۡنُونٞ
Kandi iyo abahakanye bumvise urwibutso (Qur’an), bakurebesha indoro ikomeye, bifuza ko wagwa igihunga kugira ngo bavuge bati “Rwose ni umusazi.”
تفسیرهای عربی:
وَمَا هُوَ إِلَّا ذِكۡرٞ لِّلۡعَٰلَمِينَ
Kandi (Qur’an) nta kindi iri cyo usibye kuba ari urwibutso ku biremwa byose.
تفسیرهای عربی:
 
ترجمهٔ معانی سوره: سوره قلم
فهرست سوره ها شماره صفحه
 
ترجمهٔ معانی قرآن کریم - ترجمهٔ رواندایی - لیست ترجمه ها

ترجمهٔ معانی قرآن کریم به زبان رواندایی. ترجمه شده توسط گروه جمعیت مسلمانان رواندا.

بستن