Check out the new design

وه‌رگێڕانی ماناكانی قورئانی پیرۆز - وەرگێڕاوی کینیارواندیە - کۆڕگەی مسوڵمانانی ڕواندا * - پێڕستی وه‌رگێڕاوه‌كان

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

وه‌رگێڕانی ماناكان سوره‌تی: النمل   ئایه‌تی:
وَلَقَدۡ أَرۡسَلۡنَآ إِلَىٰ ثَمُودَ أَخَاهُمۡ صَٰلِحًا أَنِ ٱعۡبُدُواْ ٱللَّهَ فَإِذَا هُمۡ فَرِيقَانِ يَخۡتَصِمُونَ
Kandi rwose twoherereje abantu bo mu bwoko bwa Thamudu umuvandimwe wabo Swalehe, (arababwira ati) “Mugaragire Allah (wenyine).” Nuko bacikamo amatsinda abiri ashyamiranye (irimwemera n’irimuhakana).
تەفسیرە عەرەبیەکان:
قَالَ يَٰقَوۡمِ لِمَ تَسۡتَعۡجِلُونَ بِٱلسَّيِّئَةِ قَبۡلَ ٱلۡحَسَنَةِۖ لَوۡلَا تَسۡتَغۡفِرُونَ ٱللَّهَ لَعَلَّكُمۡ تُرۡحَمُونَ
(Swalehe abwira itsinda ryamuhakanye) ati “Yemwe bantu banjye! Kuki mushaka kwihutisha ikibi (ibihano bya Allah) mbere y’icyiza (impuhwe za Allah)? Kuki mudasaba Allah imbabazi kugira ngo mugirirwe impuhwe?”
تەفسیرە عەرەبیەکان:
قَالُواْ ٱطَّيَّرۡنَا بِكَ وَبِمَن مَّعَكَۚ قَالَ طَٰٓئِرُكُمۡ عِندَ ٱللَّهِۖ بَلۡ أَنتُمۡ قَوۡمٞ تُفۡتَنُونَ
Baravuga bati “Wowe n’abo muri kumwe tubabonamo abateramwaku.” Aravuga ati “Ibyago byanyu bituruka kwa Allah; ahubwo mwe muri abantu bari mu bigeragezo.”
تەفسیرە عەرەبیەکان:
وَكَانَ فِي ٱلۡمَدِينَةِ تِسۡعَةُ رَهۡطٖ يُفۡسِدُونَ فِي ٱلۡأَرۡضِ وَلَا يُصۡلِحُونَ
No muri uwo mujyi hari agatsiko k’abantu icyenda bawukoreragamo ubwangizi aho kugira ngo batunganye.
تەفسیرە عەرەبیەکان:
قَالُواْ تَقَاسَمُواْ بِٱللَّهِ لَنُبَيِّتَنَّهُۥ وَأَهۡلَهُۥ ثُمَّ لَنَقُولَنَّ لِوَلِيِّهِۦ مَا شَهِدۡنَا مَهۡلِكَ أَهۡلِهِۦ وَإِنَّا لَصَٰدِقُونَ
(Bamwe muri bo babwira abandi) bati “Murahire ku izina rya Allah ko turi bumwubikire mu ijoro, we n’abantu be (tukabica), maze tukazabwira abo mu muryango we tuti “Ntitwabonye icyoretse umuryango we, kandi rwose turavuga ukuri.”
تەفسیرە عەرەبیەکان:
وَمَكَرُواْ مَكۡرٗا وَمَكَرۡنَا مَكۡرٗا وَهُمۡ لَا يَشۡعُرُونَ
Nuko bacura umugambi mubisha, maze natwe tuburizamo umugambi wabo batabizi.
تەفسیرە عەرەبیەکان:
فَٱنظُرۡ كَيۡفَ كَانَ عَٰقِبَةُ مَكۡرِهِمۡ أَنَّا دَمَّرۡنَٰهُمۡ وَقَوۡمَهُمۡ أَجۡمَعِينَ
Ngaho reba uko iherezo ry’umugambi wabo mubisha ryagenze! Mu by’ukuri twabarimburanye n’abantu babo bose.
تەفسیرە عەرەبیەکان:
فَتِلۡكَ بُيُوتُهُمۡ خَاوِيَةَۢ بِمَا ظَلَمُوٓاْۚ إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗ لِّقَوۡمٖ يَعۡلَمُونَ
Ziriya ni ingo zabo zahindutse amatongo kubera ibikorwa byabo bibi. Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso ku bantu bafite ubumenyi.
تەفسیرە عەرەبیەکان:
وَأَنجَيۡنَا ٱلَّذِينَ ءَامَنُواْ وَكَانُواْ يَتَّقُونَ
Nuko turokora abemeye kandi bari abagandukiramana.
تەفسیرە عەرەبیەکان:
وَلُوطًا إِذۡ قَالَ لِقَوۡمِهِۦٓ أَتَأۡتُونَ ٱلۡفَٰحِشَةَ وَأَنتُمۡ تُبۡصِرُونَ
(Unibuke) ubwo Lutwi (Loti) yabwiraga abantu be ati “Ese murakora igikorwa cy’urukozasoni kandi mubona (ububi bwacyo)?”
تەفسیرە عەرەبیەکان:
أَئِنَّكُمۡ لَتَأۡتُونَ ٱلرِّجَالَ شَهۡوَةٗ مِّن دُونِ ٱلنِّسَآءِۚ بَلۡ أَنتُمۡ قَوۡمٞ تَجۡهَلُونَ
“Ese koko muryamana (mukora imibonano) n’abagabo ku bw’irari ryanyu muretse abagore? Ahubwo mwe muri abantu b’injiji!”
تەفسیرە عەرەبیەکان:
 
وه‌رگێڕانی ماناكان سوره‌تی: النمل
پێڕستی سوره‌ته‌كان ژمارەی پەڕە
 
وه‌رگێڕانی ماناكانی قورئانی پیرۆز - وەرگێڕاوی کینیارواندیە - کۆڕگەی مسوڵمانانی ڕواندا - پێڕستی وه‌رگێڕاوه‌كان

بڵاوکراوە لە کۆڕگەی مسوڵمانەكانی ڕوەندا.

داخستن