แปล​ความหมาย​อัลกุรอาน​ - คำแปลภาษากินยาร์วันดา * - สารบัญ​คำแปล

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

แปลความหมาย​ สูเราะฮ์: Ash-Shu‘arā’   อายะฮ์:

Ashuarau (Abisizi)

طسٓمٓ
Twaa Siin Miim.[1]
[1] Twaa Siin Miim: Inyuguti nk’izi twazivuzeho mu masura yatambutse.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
تِلۡكَ ءَايَٰتُ ٱلۡكِتَٰبِ ٱلۡمُبِينِ
Iyi ni imirongo y’igitabo gisobanutse (Qur’an).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
لَعَلَّكَ بَٰخِعٞ نَّفۡسَكَ أَلَّا يَكُونُواْ مُؤۡمِنِينَ
Hari ubwo (yewe Muhamadi) wazicwa n’agahinda kubera ko batemeye (ubutumwa bwawe).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِن نَّشَأۡ نُنَزِّلۡ عَلَيۡهِم مِّنَ ٱلسَّمَآءِ ءَايَةٗ فَظَلَّتۡ أَعۡنَٰقُهُمۡ لَهَا خَٰضِعِينَ
Tubishatse twabamanurira igitangaza giturutse mu kirere, maze amajosi yabo agahora acyicishijeho bugufi (baba babishaka cyangwa batabishaka, ariko nta we dushaka guhatira kwemera).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَا يَأۡتِيهِم مِّن ذِكۡرٖ مِّنَ ٱلرَّحۡمَٰنِ مُحۡدَثٍ إِلَّا كَانُواْ عَنۡهُ مُعۡرِضِينَ
Kandi nta rwibutso rushya ruturutse kuri (Allah) Nyirimpuhwe rubageraho ngo babure kurwirengagiza.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَقَدۡ كَذَّبُواْ فَسَيَأۡتِيهِمۡ أَنۢبَٰٓؤُاْ مَا كَانُواْ بِهِۦ يَسۡتَهۡزِءُونَ
Rwose barahakanye; bityo inkuru z’ibyo bakerensaga zizabageraho (bidatinze).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَوَلَمۡ يَرَوۡاْ إِلَى ٱلۡأَرۡضِ كَمۡ أَنۢبَتۡنَا فِيهَا مِن كُلِّ زَوۡجٖ كَرِيمٍ
Ese ntibitegereza uko isi twayimejejeho buri bwoko bwiza (bw’ibimera)?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِذۡ نَادَىٰ رَبُّكَ مُوسَىٰٓ أَنِ ٱئۡتِ ٱلۡقَوۡمَ ٱلظَّٰلِمِينَ
(Unibuke) ubwo Nyagasani wawe yahamagaraga Musa (akamubwira ati) “Jya ku bantu b’inkozi z’ibibi”,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَوۡمَ فِرۡعَوۡنَۚ أَلَا يَتَّقُونَ
Abantu ba Farawo, (ubabwire uti) “Ese ntibakwiye gutinya (ibihano bya Allah, bakareka ibibi barimo)?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ رَبِّ إِنِّيٓ أَخَافُ أَن يُكَذِّبُونِ
(Musa) aravuga ati “Nyagasani! Mu by’ukuri ndatinya ko bazampinyura,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَيَضِيقُ صَدۡرِي وَلَا يَنطَلِقُ لِسَانِي فَأَرۡسِلۡ إِلَىٰ هَٰرُونَ
Maze igituza cyanjye kigafungana (kubera intimba n’agahinda), kandi ururimi rwanjye ntirubanguka (mu gusobanura amagambo). Bityo nyoherereza Haruna (aze amfashe).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَلَهُمۡ عَلَيَّ ذَنۢبٞ فَأَخَافُ أَن يَقۡتُلُونِ
“Kandi (abantu ba Farawo) hari icyaha banshinja, nkaba ntinya ko bazanyica.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ كَلَّاۖ فَٱذۡهَبَا بِـَٔايَٰتِنَآۖ إِنَّا مَعَكُم مُّسۡتَمِعُونَ
(Allah) aravuga ati “Si ko bimeze (ntibazakwica)! Ngaho mwembi nimujyane ibitangaza byacu (kwa Farawo). Mu by’ukuri tuzaba turi kumwe namwe twumva (ibizavugwa byose).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأۡتِيَا فِرۡعَوۡنَ فَقُولَآ إِنَّا رَسُولُ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Mwembi nimujye kwa Farawo mumubwire muti “Mu by’ukuri twe turi Intumwa za Nyagasani w’ibiremwa byose.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَنۡ أَرۡسِلۡ مَعَنَا بَنِيٓ إِسۡرَٰٓءِيلَ
(Adutumye) ngo “Rekura bene Isiraheli tubajyane.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ أَلَمۡ نُرَبِّكَ فِينَا وَلِيدٗا وَلَبِثۡتَ فِينَا مِنۡ عُمُرِكَ سِنِينَ
(Farawo) aravuga ati “Ese ntitwakureze kuva ukiri umwana, ukabana natwe imyaka (myinshi) y’ubuzima bwawe?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَفَعَلۡتَ فَعۡلَتَكَ ٱلَّتِي فَعَلۡتَ وَأَنتَ مِنَ ٱلۡكَٰفِرِينَ
Maze ugakora igikorwa wakoze (cyo kwica umuntu), uri mu ndashima (ineza twakugiriye)!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ فَعَلۡتُهَآ إِذٗا وَأَنَا۠ مِنَ ٱلضَّآلِّينَ
(Musa) aravuga ati “Nagikoze ubwo nari mu bayobye”,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَفَرَرۡتُ مِنكُمۡ لَمَّا خِفۡتُكُمۡ فَوَهَبَ لِي رَبِّي حُكۡمٗا وَجَعَلَنِي مِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
“Nuko ndabahunga kubera kubatinya. Ariko Nyagasani wanjye yampaye ubumenyi (bwo kumusobanukirwa ndetse n’ubuhanuzi), anangira umwe mu ntumwa (ze).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَتِلۡكَ نِعۡمَةٞ تَمُنُّهَا عَلَيَّ أَنۡ عَبَّدتَّ بَنِيٓ إِسۡرَٰٓءِيلَ
Ese ibyo (kundera) ni yo neza uncyurira kandi waragize bene Isiraheli abacakara?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ فِرۡعَوۡنُ وَمَا رَبُّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Farawo aravuga ati “Ese Nyagasani w’ibiremwa byose ni nde?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ رَبُّ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِ وَمَا بَيۡنَهُمَآۖ إِن كُنتُم مُّوقِنِينَ
(Musa) aravuga ati “Ni Nyagasani w’ibirere n’isi ndetse n’ibiri hagati yabyo, niba mudashidikanya (ko ari We wabiremye ngaho nimumwemere).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ لِمَنۡ حَوۡلَهُۥٓ أَلَا تَسۡتَمِعُونَ
(Farawo) abwira abamukikije ati “Aho ntimunyumvira (ibyo ari kuvuga)?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ رَبُّكُمۡ وَرَبُّ ءَابَآئِكُمُ ٱلۡأَوَّلِينَ
(Musa) aravuga ati “(Uwo) ni Nyagasani wanyu akaba na Nyagasani w’abakurambere banyu!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ إِنَّ رَسُولَكُمُ ٱلَّذِيٓ أُرۡسِلَ إِلَيۡكُمۡ لَمَجۡنُونٞ
(Farawo) aravuga ati “Mu by’ukuri, iyi ntumwa yanyu yabatumweho ni umusazi!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ رَبُّ ٱلۡمَشۡرِقِ وَٱلۡمَغۡرِبِ وَمَا بَيۡنَهُمَآۖ إِن كُنتُمۡ تَعۡقِلُونَ
(Musa) aravuga ati “(Uwo) ni Nyagasani w’Uburasirazuba n’Uburengerazuba n’ibiri hagati yabyo, (ibyo ni ibyatuma mumwemera) niba mufite ubwenge.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ لَئِنِ ٱتَّخَذۡتَ إِلَٰهًا غَيۡرِي لَأَجۡعَلَنَّكَ مِنَ ٱلۡمَسۡجُونِينَ
(Farawo) aravuga ati “Nuramuka ugize indi mana (wemera) itari njye, rwose ndakugira umwe mu mbohe.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ أَوَلَوۡ جِئۡتُكَ بِشَيۡءٖ مُّبِينٖ
(Musa) aravuga ati “Ese (wamfunga) n’iyo naba nkuzaniye ikintu kigaragara (cyerekana ukuri kwanjye)?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ فَأۡتِ بِهِۦٓ إِن كُنتَ مِنَ ٱلصَّٰدِقِينَ
(Farawo) aravuga ati “Ngaho kizane niba koko uri mu banyakuri.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَلۡقَىٰ عَصَاهُ فَإِذَا هِيَ ثُعۡبَانٞ مُّبِينٞ
Nuko (Musa) anaga inkoni ye hasi, maze ihinduka inzoka igaragara.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَنَزَعَ يَدَهُۥ فَإِذَا هِيَ بَيۡضَآءُ لِلنَّٰظِرِينَ
Anavana ukuboko kwe (mu kwaha), kuza kwererana kugaragarira abareba.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ لِلۡمَلَإِ حَوۡلَهُۥٓ إِنَّ هَٰذَا لَسَٰحِرٌ عَلِيمٞ
(Farawo) abwira ibyegera bye ati “Mu by’ukuri uyu ni umurozi w’umuhanga;
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
يُرِيدُ أَن يُخۡرِجَكُم مِّنۡ أَرۡضِكُم بِسِحۡرِهِۦ فَمَاذَا تَأۡمُرُونَ
Arashaka kubakura mu gihugu cyanyu akoresheje uburozi bwe. Murabivugaho iki?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُوٓاْ أَرۡجِهۡ وَأَخَاهُ وَٱبۡعَثۡ فِي ٱلۡمَدَآئِنِ حَٰشِرِينَ
Baravuga bati “Ba umwihoreye (we) n’umuvandimwe we, maze wohereze abakoranya abantu mu mijyi;
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
يَأۡتُوكَ بِكُلِّ سَحَّارٍ عَلِيمٖ
Bakuzanire buri murozi wese w’umuhanga.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَجُمِعَ ٱلسَّحَرَةُ لِمِيقَٰتِ يَوۡمٖ مَّعۡلُومٖ
Nuko abarozi barakoranywa (bahabwa) igihe n’umunsi byagenwe[1] (byo guhura na Musa).
[1] Igihe bahawe cyari igihe cy’agasusuruko, ku munsi mukuru babaga baruhutseho bagateranira hamwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَقِيلَ لِلنَّاسِ هَلۡ أَنتُم مُّجۡتَمِعُونَ
Maze abantu barabwirwa bati “Ese muraza mu iteraniro?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
لَعَلَّنَا نَتَّبِعُ ٱلسَّحَرَةَ إِن كَانُواْ هُمُ ٱلۡغَٰلِبِينَ
“Hari ubwo twakurikira abarozi (bo ku ruhande rwa Farawo) baramutse ari bo batsinze.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَلَمَّا جَآءَ ٱلسَّحَرَةُ قَالُواْ لِفِرۡعَوۡنَ أَئِنَّ لَنَا لَأَجۡرًا إِن كُنَّا نَحۡنُ ٱلۡغَٰلِبِينَ
Nuko abarozi baje, babwira Farawo bati “Ese hari igihembo tubona nituramuka dutsinze?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ نَعَمۡ وَإِنَّكُمۡ إِذٗا لَّمِنَ ٱلۡمُقَرَّبِينَ
(Farawo) aravuga ati “Yego! Kandi mu by’ukuri muraba mu byegera (byanjye).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ لَهُم مُّوسَىٰٓ أَلۡقُواْ مَآ أَنتُم مُّلۡقُونَ
Musa arababwira ati “Nimunage ibyo mushaka kunaga (bigaragaza ukuri kwanyu)!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَلۡقَوۡاْ حِبَالَهُمۡ وَعِصِيَّهُمۡ وَقَالُواْ بِعِزَّةِ فِرۡعَوۡنَ إِنَّا لَنَحۡنُ ٱلۡغَٰلِبُونَ
Nuko banaga imigozi yabo n’inkoni zabo (bihinduka inzoka nto), baravuga bati “Ku bw’icyubahiro cya Farawo, rwose ni twe dutsinda.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَلۡقَىٰ مُوسَىٰ عَصَاهُ فَإِذَا هِيَ تَلۡقَفُ مَا يَأۡفِكُونَ
Maze Musa anaga inkoni ye (ihinduka inzoka nini), itangira kumiragura ibyo (abarozi) bari bamaze guhimba.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأُلۡقِيَ ٱلسَّحَرَةُ سَٰجِدِينَ
Nuko abarozi bitura hasi bubamye,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُوٓاْ ءَامَنَّا بِرَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Bavuga bati “Twemeye Nyagasani w’ibiremwa byose,”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
رَبِّ مُوسَىٰ وَهَٰرُونَ
“Nyagasani wa Musa na Haruna.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ ءَامَنتُمۡ لَهُۥ قَبۡلَ أَنۡ ءَاذَنَ لَكُمۡۖ إِنَّهُۥ لَكَبِيرُكُمُ ٱلَّذِي عَلَّمَكُمُ ٱلسِّحۡرَ فَلَسَوۡفَ تَعۡلَمُونَۚ لَأُقَطِّعَنَّ أَيۡدِيَكُمۡ وَأَرۡجُلَكُم مِّنۡ خِلَٰفٖ وَلَأُصَلِّبَنَّكُمۡ أَجۡمَعِينَ
(Farawo) aravuga ati “Mumwemeye mbere y’uko mbibahera uburenganzira. Mu by’ukuri (Musa) ni umukuru wanyu wabigishije uburozi. Rwose muraza kumenya (icyo nza kubakorera)! Rwose ndaza kubaca amaboko n’amaguru byanyu imbusane, maze mbabambe mwese.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُواْ لَا ضَيۡرَۖ إِنَّآ إِلَىٰ رَبِّنَا مُنقَلِبُونَ
Baravuga bati “Nta cyo bitwaye! Mu by’ukuri tuzasubira kwa Nyagasani wacu.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّا نَطۡمَعُ أَن يَغۡفِرَ لَنَا رَبُّنَا خَطَٰيَٰنَآ أَن كُنَّآ أَوَّلَ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri twiringiye ko (Nyagasani) azatubabarira ibyaha byacu kuko tubaye aba mbere mu kwemera (ubutumwa bwa Musa).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
۞ وَأَوۡحَيۡنَآ إِلَىٰ مُوسَىٰٓ أَنۡ أَسۡرِ بِعِبَادِيٓ إِنَّكُم مُّتَّبَعُونَ
Kandi twahishuriye Musa (tugira tuti) “Jyana abagaragu banjye (Abayisiraheli) nijoro! Mu by’ukuri muraza gukurikirwa (na Farawo n’ingabo ze).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَرۡسَلَ فِرۡعَوۡنُ فِي ٱلۡمَدَآئِنِ حَٰشِرِينَ
Maze Farawo (yumvise ko bagiye), yohereza mu mijyi abakoranya (ingabo zo kubakumira).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّ هَٰٓؤُلَآءِ لَشِرۡذِمَةٞ قَلِيلُونَ
(Farawo arababwira ati) “Mu by’ukuri bariya (Bayisiraheli) ni agatsiko k’abantu bake.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّهُمۡ لَنَا لَغَآئِظُونَ
“Kandi rwose baturakaje (kugenda tutabibahereye uburenganzira).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّا لَجَمِيعٌ حَٰذِرُونَ
“Ndetse twese turi maso kandi twiteguye (guhangana na bo).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَخۡرَجۡنَٰهُم مِّن جَنَّٰتٖ وَعُيُونٖ
Nuko (Farawo n’abantu be) tubakura (mu gihugu cye kirimo) ubusitani n’imigezi,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَكُنُوزٖ وَمَقَامٖ كَرِيمٖ
(Tubakura) mu mitungo ndetse no mu nyubako ziyubashye,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
كَذَٰلِكَۖ وَأَوۡرَثۡنَٰهَا بَنِيٓ إِسۡرَٰٓءِيلَ
Uko (kubasohora mu byabo) ni ko twabizunguje bene Isiraheli.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَتۡبَعُوهُم مُّشۡرِقِينَ
Maze (Farawo n’ingabo ze) barabakurikira mu gitondo izuba rirashe (kugira ngo babice).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَلَمَّا تَرَٰٓءَا ٱلۡجَمۡعَانِ قَالَ أَصۡحَٰبُ مُوسَىٰٓ إِنَّا لَمُدۡرَكُونَ
Nuko ubwo amatsinda yombi yarebanaga, abantu ba Musa baravuga bati “Mu by’ukuri batugezeho!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ كَلَّآۖ إِنَّ مَعِيَ رَبِّي سَيَهۡدِينِ
(Musa) aravuga ati “Si ko bimeze! Mu by’ukuri ndi kumwe na Nyagasani wanjye, aranyobora.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَوۡحَيۡنَآ إِلَىٰ مُوسَىٰٓ أَنِ ٱضۡرِب بِّعَصَاكَ ٱلۡبَحۡرَۖ فَٱنفَلَقَ فَكَانَ كُلُّ فِرۡقٖ كَٱلطَّوۡدِ ٱلۡعَظِيمِ
Nuko duhishurira Musa (tugira tuti) “Kubita inkoni yawe mu nyanja! (Akubise, inyanja) icikamo ibice (bibiri), buri gice kimera nk’umusozi munini cyane.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَأَزۡلَفۡنَا ثَمَّ ٱلۡأٓخَرِينَ
Maze abandi (Farawo n’ingabo ze) tubegereza hafi (na bo bakurikira iyo nzira).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَأَنجَيۡنَا مُوسَىٰ وَمَن مَّعَهُۥٓ أَجۡمَعِينَ
Nuko turokora Musa n’abari kumwe na we bose.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ثُمَّ أَغۡرَقۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma abandi (Farawo n’ingabo ze) turabaroha.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni Umunyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱتۡلُ عَلَيۡهِمۡ نَبَأَ إِبۡرَٰهِيمَ
(Yewe Muhamadi) unabasomere inkuru ya Ibrahimu.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِذۡ قَالَ لِأَبِيهِ وَقَوۡمِهِۦ مَا تَعۡبُدُونَ
Ubwo yabwiraga se n’abantu be ati “Ese ibi ni ibiki musenga?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُواْ نَعۡبُدُ أَصۡنَامٗا فَنَظَلُّ لَهَا عَٰكِفِينَ
Baravuga bati “Tugaragira ibishusho kandi tuzahora tubisenga.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ هَلۡ يَسۡمَعُونَكُمۡ إِذۡ تَدۡعُونَ
(Ibrahimu) aravuga ati “Ese iyo mubisabye birabumva?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَوۡ يَنفَعُونَكُمۡ أَوۡ يَضُرُّونَ
“Cyangwa hari icyo bibamarira cyangwa ngo bigire icyo bibatwara?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُواْ بَلۡ وَجَدۡنَآ ءَابَآءَنَا كَذَٰلِكَ يَفۡعَلُونَ
Baravuga bati “(Oya)! Ahubwo twasanze abakurambere bacu babikora batyo.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ أَفَرَءَيۡتُم مَّا كُنتُمۡ تَعۡبُدُونَ
(Ibrahimu) aravuga ati “Ese ntimutekereza ku byo musenga?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَنتُمۡ وَءَابَآؤُكُمُ ٱلۡأَقۡدَمُونَ
“Mwebwe n’abakurambere banyu bo hambere?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَإِنَّهُمۡ عَدُوّٞ لِّيٓ إِلَّا رَبَّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Mu by’ukuri ibyo (musenga) ni abanzi banjye (sinshobora kubisenga), ahubwo (nsenga) Nyagasani w’ibiremwa byose.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ٱلَّذِي خَلَقَنِي فَهُوَ يَهۡدِينِ
“We wandemye akaba ari na We unyobora.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱلَّذِي هُوَ يُطۡعِمُنِي وَيَسۡقِينِ
“Ni na We umpa icyo kurya n’icyo kunywa.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِذَا مَرِضۡتُ فَهُوَ يَشۡفِينِ
“N’iyo ndwaye ni We unkiza.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱلَّذِي يُمِيتُنِي ثُمَّ يُحۡيِينِ
“Ni na We uzanyambura ubuzima, hanyuma akazabunsubiza (igihe cy’izuka).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱلَّذِيٓ أَطۡمَعُ أَن يَغۡفِرَ لِي خَطِيٓـَٔتِي يَوۡمَ ٱلدِّينِ
Kandi ni We niringiye ko azambabarira ibyaha byanjye ku munsi w’imperuka.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
رَبِّ هَبۡ لِي حُكۡمٗا وَأَلۡحِقۡنِي بِٱلصَّٰلِحِينَ
Nyagasani! Mpa kugira ubumenyi (bwo kugusobanukirwa ndetse n’ubuhanuzi), kandi uzampuze n’abagaragu bawe b’intungane.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱجۡعَل لِّي لِسَانَ صِدۡقٖ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Kandi umpe kuzavugwa neza mu bazaza nyuma.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱجۡعَلۡنِي مِن وَرَثَةِ جَنَّةِ ٱلنَّعِيمِ
Unanshyire mu bazazungura Ijuru ryuje inema.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱغۡفِرۡ لِأَبِيٓ إِنَّهُۥ كَانَ مِنَ ٱلضَّآلِّينَ
Unababarire data kuko mu by’ukuri ari mu bayobye.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَلَا تُخۡزِنِي يَوۡمَ يُبۡعَثُونَ
Kandi ntuzankoze isoni ku munsi (ibiremwa byose) bizazurwa.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
يَوۡمَ لَا يَنفَعُ مَالٞ وَلَا بَنُونَ
Umunsi imitungo n’urubyaro bitazagira icyo bimarira (nyirabyo).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِلَّا مَنۡ أَتَى ٱللَّهَ بِقَلۡبٖ سَلِيمٖ
Usibye gusa uzagera kwa Allah afite umutima usukuye (uzira ibangikanyamana).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَأُزۡلِفَتِ ٱلۡجَنَّةُ لِلۡمُتَّقِينَ
Kandi ijuru rizegerezwa abagandukira Allah.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَبُرِّزَتِ ٱلۡجَحِيمُ لِلۡغَاوِينَ
N’umuriro uzagaragarizwa abayobye (ba nyamujya iyo bijya).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَقِيلَ لَهُمۡ أَيۡنَ مَا كُنتُمۡ تَعۡبُدُونَ
Nuko babwirwe bati “Ibyo mwajyaga musenga biri he?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
مِن دُونِ ٱللَّهِ هَلۡ يَنصُرُونَكُمۡ أَوۡ يَنتَصِرُونَ
“Bitari Allah? Ese bishobora kubatabara cyangwa ngo byitabare ubwabyo?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَكُبۡكِبُواْ فِيهَا هُمۡ وَٱلۡغَاوُۥنَ
Maze bo ndetse n’abayobye bajugunywemo (mu muriro) bacuramye.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَجُنُودُ إِبۡلِيسَ أَجۡمَعُونَ
Ndetse n’ingabo za Ibilisi (Shitani) zose.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُواْ وَهُمۡ فِيهَا يَخۡتَصِمُونَ
Nibawugeramo (abayobye n’ababayobeje) bazavuga batongana bati,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
تَٱللَّهِ إِن كُنَّا لَفِي ضَلَٰلٖ مُّبِينٍ
“Ku izina rya Allah! Rwose twari mu buyobe bugaragara (ubwo twabasengaga).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِذۡ نُسَوِّيكُم بِرَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Ubwo twabareshyeshyaga na Nyagasani w’ibiremwa byose.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَضَلَّنَآ إِلَّا ٱلۡمُجۡرِمُونَ
Kandi nta bandi batuyobeje batari inkozi z’ibibi.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَمَا لَنَا مِن شَٰفِعِينَ
None nta bavugizi dufite (batuvuganira tukava mu bihano).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَلَا صَدِيقٍ حَمِيمٖ
Nta n’inshuti magara dufite (yatugirira impuhwe).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَلَوۡ أَنَّ لَنَا كَرَّةٗ فَنَكُونَ مِنَ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Iyaba twagiraga (amahirwe yo) gusubira ku isi maze ngo tube mu bemeramana.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
كَذَّبَتۡ قَوۡمُ نُوحٍ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Abantu ba Nuhu bahakanye Intumwa.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِذۡ قَالَ لَهُمۡ أَخُوهُمۡ نُوحٌ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo umuvandimwe wabo Nuhu yababwiraga ati “Ese ntimugandukira Allah?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنِّي لَكُمۡ رَسُولٌ أَمِينٞ
“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَسۡـَٔلُكُمۡ عَلَيۡهِ مِنۡ أَجۡرٍۖ إِنۡ أَجۡرِيَ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
۞ قَالُوٓاْ أَنُؤۡمِنُ لَكَ وَٱتَّبَعَكَ ٱلۡأَرۡذَلُونَ
Baravuga bati “Ese twakwemera dute kandi warayobotswe n’abantu basuzuguritse?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ وَمَا عِلۡمِي بِمَا كَانُواْ يَعۡمَلُونَ
(Nuhu) aravuga ati “Ntabwo nshinzwe kumenya ibyo bakora (icyo nshinzwe ni ukubagezaho ubutumwa gusa)”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنۡ حِسَابُهُمۡ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّيۖ لَوۡ تَشۡعُرُونَ
Ibarura ryabo rireba Nyagasani wanjye, iyaba mwari mubizi!
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَنَا۠ بِطَارِدِ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Kandi njye sinshobora kwirukana abemeramana.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنۡ أَنَا۠ إِلَّا نَذِيرٞ مُّبِينٞ
Nta kindi ndi cyo, usibye kuba ndi umuburizi ugaragara.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُواْ لَئِن لَّمۡ تَنتَهِ يَٰنُوحُ لَتَكُونَنَّ مِنَ ٱلۡمَرۡجُومِينَ
Baravuga bati “Yewe Nuhu! Nuramuka utarekeye aho (ibyo wigisha), rwose uzaba mu bazaterwa amabuye (kugeza upfuye).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ رَبِّ إِنَّ قَوۡمِي كَذَّبُونِ
(Nuhu) aravuga ati “Nyagasani! Mu by’ukuri abantu banjye barampakanye”,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱفۡتَحۡ بَيۡنِي وَبَيۡنَهُمۡ فَتۡحٗا وَنَجِّنِي وَمَن مَّعِيَ مِنَ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
“Bityo ca iteka ridasubirwaho hagati yanjye na bo (ririmbura abahakanye), kandi undokorane n’abemeramana turi kumwe.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَنجَيۡنَٰهُ وَمَن مَّعَهُۥ فِي ٱلۡفُلۡكِ ٱلۡمَشۡحُونِ
Nuko tumurokorana n’abari kumwe na we mu nkuge yuzuye (ibiremwa bitandukanye yashyizemo).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ثُمَّ أَغۡرَقۡنَا بَعۡدُ ٱلۡبَاقِينَ
Maze nyuma tworeka abasigaye (abahakanye).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
كَذَّبَتۡ عَادٌ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Aba Adi (na bo) bahinyuye Intumwa.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِذۡ قَالَ لَهُمۡ أَخُوهُمۡ هُودٌ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo umuvandimwe wabo Hudu yababwiraga ati “Ese ntimwatinya (Allah)?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنِّي لَكُمۡ رَسُولٌ أَمِينٞ
“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
126.“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَسۡـَٔلُكُمۡ عَلَيۡهِ مِنۡ أَجۡرٍۖ إِنۡ أَجۡرِيَ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَتَبۡنُونَ بِكُلِّ رِيعٍ ءَايَةٗ تَعۡبَثُونَ
Ese mwubaka (amazu maremare) ahirengeye hose mugamije kunnyega no gusuzugura (abagenzi bayanyuraho)?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَتَتَّخِذُونَ مَصَانِعَ لَعَلَّكُمۡ تَخۡلُدُونَ
Mukanubaka ingoro z’imitamenwa nk’aho muzazibamo ubuziraherezo?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِذَا بَطَشۡتُم بَطَشۡتُمۡ جَبَّارِينَ
N’iyo mugabye igitero (ku wo ari we wese), mukigaba nta mpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱتَّقُواْ ٱلَّذِيٓ أَمَدَّكُم بِمَا تَعۡلَمُونَ
Kandi mugandukire uwabahaye inema (zose) muzi.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَمَدَّكُم بِأَنۡعَٰمٖ وَبَنِينَ
Yabahaye amatungo n’urubyaro,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَجَنَّٰتٖ وَعُيُونٍ
(Anabaha) imirima n’imigezi.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنِّيٓ أَخَافُ عَلَيۡكُمۡ عَذَابَ يَوۡمٍ عَظِيمٖ
(Hudu aravuga ati) “Mu by’ukuri ndatinya ko (nimukomeza guhakana) mwazahanishwa ibihano byo ku munsi uhambaye.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُواْ سَوَآءٌ عَلَيۡنَآ أَوَعَظۡتَ أَمۡ لَمۡ تَكُن مِّنَ ٱلۡوَٰعِظِينَ
Baravuga bati “Watwigisha utatwigisha byose ni kimwe kuri twe (ntidushobora kukwemera).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا خُلُقُ ٱلۡأَوَّلِينَ
Ibi (twemera) si ibindi, usibye ko ari imigenzo n’imyemerere (gakondo) y’abo hambere.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَا نَحۡنُ بِمُعَذَّبِينَ
Kandi ntituzahanwa (nk’uko ubivuga).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَكَذَّبُوهُ فَأَهۡلَكۡنَٰهُمۡۚ إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Nuko baramuhinyura, maze turabarimbura. Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimbabazi.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
كَذَّبَتۡ ثَمُودُ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Abantu bo mu bwoko bwa Thamudu (na bo) bahinyuye Intumwa.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِذۡ قَالَ لَهُمۡ أَخُوهُمۡ صَٰلِحٌ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo umuvandimwe wabo Swalehe yababwiraga ati “Ese ntimwatinya Allah?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنِّي لَكُمۡ رَسُولٌ أَمِينٞ
“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَسۡـَٔلُكُمۡ عَلَيۡهِ مِنۡ أَجۡرٍۖ إِنۡ أَجۡرِيَ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَتُتۡرَكُونَ فِي مَا هَٰهُنَآ ءَامِنِينَ
“Ese (mukeka ko) muzarekerwa mu byo murimo aha (ku isi, ngo mubeho) mutekanye (nta bihano nta no gupfa)?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فِي جَنَّٰتٖ وَعُيُونٖ
“Mu mirima (myiza) ndetse n’imigezi (itemba),”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَزُرُوعٖ وَنَخۡلٖ طَلۡعُهَا هَضِيمٞ
“No mu bihingwa (bitandukanye) n’imitende ifite imigondoro yoroshye?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَتَنۡحِتُونَ مِنَ ٱلۡجِبَالِ بُيُوتٗا فَٰرِهِينَ
“Kandi muhanga amazu mu misozi mu buryo bwa gihanga.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَلَا تُطِيعُوٓاْ أَمۡرَ ٱلۡمُسۡرِفِينَ
“Kandi ntimukumvire amategeko y’inkozi z’ibibi.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ٱلَّذِينَ يُفۡسِدُونَ فِي ٱلۡأَرۡضِ وَلَا يُصۡلِحُونَ
“Ba bandi bakora ubwononnyi ku isi kandi ntibagire ibyo batunganya.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُوٓاْ إِنَّمَآ أَنتَ مِنَ ٱلۡمُسَحَّرِينَ
Baravuga bati “Mu by’ukuri wowe (Swalehe) uri umwe mu bantu barozwe!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
مَآ أَنتَ إِلَّا بَشَرٞ مِّثۡلُنَا فَأۡتِ بِـَٔايَةٍ إِن كُنتَ مِنَ ٱلصَّٰدِقِينَ
“Wowe nta kindi uri cyo usibye ko uri umuntu nkatwe. Ngaho zana ikimenyetso (kigaragaza ko uri Intumwa) niba koko uri mu banyakuri!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ هَٰذِهِۦ نَاقَةٞ لَّهَا شِرۡبٞ وَلَكُمۡ شِرۡبُ يَوۡمٖ مَّعۡلُومٖ
(Swalehe) aravuga ati “Dore iyi ngamiya y’ishashi, izajya inywa amazi umunsi umwe namwe munywe ku wundi munsi uzwi.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَلَا تَمَسُّوهَا بِسُوٓءٖ فَيَأۡخُذَكُمۡ عَذَابُ يَوۡمٍ عَظِيمٖ
“Kandi muramenye ntimuzayigirire nabi mutazavaho mukagerwaho n’ibihano by’umunsi uhambaye.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَعَقَرُوهَا فَأَصۡبَحُواْ نَٰدِمِينَ
Ariko barayishe maze basigara bicuza
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَخَذَهُمُ ٱلۡعَذَابُۚ إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Nuko bagerwaho n’ibihano. Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
كَذَّبَتۡ قَوۡمُ لُوطٍ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Abantu ba Lutwi (Loti) bahinyuye Intumwa (zaboherejweho).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِذۡ قَالَ لَهُمۡ أَخُوهُمۡ لُوطٌ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo umuvandimwe wabo Lutwi yababwiraga ati “Ese ntimwatinya (Allah)?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنِّي لَكُمۡ رَسُولٌ أَمِينٞ
“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَسۡـَٔلُكُمۡ عَلَيۡهِ مِنۡ أَجۡرٍۖ إِنۡ أَجۡرِيَ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَتَأۡتُونَ ٱلذُّكۡرَانَ مِنَ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Kuki muhitamo kuryamana n’abantu b’igitsinagabo (nkamwe),”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَتَذَرُونَ مَا خَلَقَ لَكُمۡ رَبُّكُم مِّنۡ أَزۡوَٰجِكُمۚ بَلۡ أَنتُمۡ قَوۡمٌ عَادُونَ
“Maze mukareka abo Nyagasani wanyu yabaremeye ngo bababere abagore? Ahubwo mwe muri abantu barengera (amategeko ya Allah).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُواْ لَئِن لَّمۡ تَنتَهِ يَٰلُوطُ لَتَكُونَنَّ مِنَ ٱلۡمُخۡرَجِينَ
Baravuga bati “Yewe Lutwi (Loti)! Nutarekera aho (ibyo utubwira), rwose uzaba mu bazirukanwa (mu gihugu cyacu)!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ إِنِّي لِعَمَلِكُم مِّنَ ٱلۡقَالِينَ
(Lutwi) aravuga ati “Mu by’ukuri ibyo mukora ndabyanga cyane.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
رَبِّ نَجِّنِي وَأَهۡلِي مِمَّا يَعۡمَلُونَ
(Lutwi aravuga ati) “Nyagasani! Ndokorana n’umuryango wanjye (uturinde) ibyo bakora.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَنَجَّيۡنَٰهُ وَأَهۡلَهُۥٓ أَجۡمَعِينَ
Nuko tumurokorana n’umuryango we wose,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِلَّا عَجُوزٗا فِي ٱلۡغَٰبِرِينَ
Usibye umukecuru (umugore we) wasigaye (akaba) mu barimbutse.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ثُمَّ دَمَّرۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma turimbura abasigaye bose;
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَأَمۡطَرۡنَا عَلَيۡهِم مَّطَرٗاۖ فَسَآءَ مَطَرُ ٱلۡمُنذَرِينَ
Nuko tubanyagiza imvura (y’amabuye); iba imvura mbi ku baburiwe (ntibumve).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
كَذَّبَ أَصۡحَٰبُ لۡـَٔيۡكَةِ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Abantu bari batuye Ayikati (na bo) bahinyuye Intumwa.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِذۡ قَالَ لَهُمۡ شُعَيۡبٌ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo Shuwayibu yababwiraga ati “Ese ntimwatinya Allah?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنِّي لَكُمۡ رَسُولٌ أَمِينٞ
“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَسۡـَٔلُكُمۡ عَلَيۡهِ مِنۡ أَجۡرٍۖ إِنۡ أَجۡرِيَ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
۞ أَوۡفُواْ ٱلۡكَيۡلَ وَلَا تَكُونُواْ مِنَ ٱلۡمُخۡسِرِينَ
“Mujye mwuzuza ibipimo (by’iminzani) kandi ntimugatere (abandi) igihombo.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَزِنُواْ بِٱلۡقِسۡطَاسِ ٱلۡمُسۡتَقِيمِ
“Kandi mujye mupimisha iminzani itunganye.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَلَا تَبۡخَسُواْ ٱلنَّاسَ أَشۡيَآءَهُمۡ وَلَا تَعۡثَوۡاْ فِي ٱلۡأَرۡضِ مُفۡسِدِينَ
“Ntimugahuguze abantu mugabanya ku byabo, kandi ntimugakwize ubwangizi ku isi.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱتَّقُواْ ٱلَّذِي خَلَقَكُمۡ وَٱلۡجِبِلَّةَ ٱلۡأَوَّلِينَ
“Munatinye uwabaremye, mwe n’ababayeho mbere (yanyu).”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالُوٓاْ إِنَّمَآ أَنتَ مِنَ ٱلۡمُسَحَّرِينَ
Baravuga bati “Mu by’ukuri wowe (Shuwayibu) uri umwe mu bantu barozwe!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَنتَ إِلَّا بَشَرٞ مِّثۡلُنَا وَإِن نَّظُنُّكَ لَمِنَ ٱلۡكَٰذِبِينَ
Wowe nta kindi uri cyo, usibye kuba uri umuntu nkatwe. Kandi tunakeka ko uri umunyabinyoma.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَأَسۡقِطۡ عَلَيۡنَا كِسَفٗا مِّنَ ٱلسَّمَآءِ إِن كُنتَ مِنَ ٱلصَّٰدِقِينَ
(Baravuga bati) “Ngaho tugusheho ikirere ibice bice niba koko uri umwe mu banyakuri!”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
قَالَ رَبِّيٓ أَعۡلَمُ بِمَا تَعۡمَلُونَ
(Shuwayibu) aravuga ati “Nyagasani wanjye ni We uzi neza ibyo mukora.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَكَذَّبُوهُ فَأَخَذَهُمۡ عَذَابُ يَوۡمِ ٱلظُّلَّةِۚ إِنَّهُۥ كَانَ عَذَابَ يَوۡمٍ عَظِيمٍ
Nuko baramuhinyura, maze bagerwaho n’ibihano by’umunsi w’igicucucucu[1] Mu by’ukuri byari ibihano by’umunsi uhambaye.
[1] Umunsi w’igicucucucu uvugwa muri uyu murongo ni igihe abari batuye ahitwa Ayikati bagerwagaho n’ubushyuhe bukabije, nuko babona igicu babuhungiramo bakeka ko ari igicucucucu gisanzwe, bamaze kwirunda munsi yacyo, Allah yohereza umuriro urabarimbura.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), ariko abenshi muri bo ntibemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّهُۥ لَتَنزِيلُ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Kandi mu by’ukuri iyi (Qur’an) yahishuwe na Nyagasani w’ibiremwa (byose),
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
نَزَلَ بِهِ ٱلرُّوحُ ٱلۡأَمِينُ
Nuko izanwa (ku isi) na Roho w’umwizerwa [Malayika Jibrilu (Gaburiheli)],
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
عَلَىٰ قَلۡبِكَ لِتَكُونَ مِنَ ٱلۡمُنذِرِينَ
(Ayishyitsa) ku mutima wawe (yewe Muhamadi) kugira ngo ube umwe mu baburira,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
بِلِسَانٍ عَرَبِيّٖ مُّبِينٖ
(Yayizanye iri) mu rurimi rw’Icyarabu gisobanutse.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّهُۥ لَفِي زُبُرِ ٱلۡأَوَّلِينَ
Kandi mu by’ukuri iyo (Qur’an) yavuzwe no mu bitabo byahishuriwe Intumwa zo hambere.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَوَلَمۡ يَكُن لَّهُمۡ ءَايَةً أَن يَعۡلَمَهُۥ عُلَمَٰٓؤُاْ بَنِيٓ إِسۡرَٰٓءِيلَ
Ese ntibyababera ikimenyetso (kigaragaza ko Qur’an ari ukuri) kuba abamenyi b’Abayisiraheli barayimenye (nk’iy’ukuri, ndetse bamwe muri bo bakayoboka Isilamu)?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَلَوۡ نَزَّلۡنَٰهُ عَلَىٰ بَعۡضِ ٱلۡأَعۡجَمِينَ
N’iyo (Qur’an) tuza kuyihishurira umwe mu batari Abarabu,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَقَرَأَهُۥ عَلَيۡهِم مَّا كَانُواْ بِهِۦ مُؤۡمِنِينَ
Maze akayibasomera, ntibari kuyemera.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
كَذَٰلِكَ سَلَكۡنَٰهُ فِي قُلُوبِ ٱلۡمُجۡرِمِينَ
Uko ni ko dushyira mu mitima y’inkozi z’ibibi (guhakana Qur’an).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
لَا يُؤۡمِنُونَ بِهِۦ حَتَّىٰ يَرَوُاْ ٱلۡعَذَابَ ٱلۡأَلِيمَ
Ntibazigera bayemera kugeza igihe bazabonera ibihano bibabaza,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَيَأۡتِيَهُم بَغۡتَةٗ وَهُمۡ لَا يَشۡعُرُونَ
Bikabageraho bibatunguye, batabizi.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَيَقُولُواْ هَلۡ نَحۡنُ مُنظَرُونَ
Maze bakavuga bati “Ese ntitwahabwa umwanya (kugira ngo twicuze)?”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَفَبِعَذَابِنَا يَسۡتَعۡجِلُونَ
Ubu koko ibihano byacu (ni byo) basaba ko byihutishwa?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَفَرَءَيۡتَ إِن مَّتَّعۡنَٰهُمۡ سِنِينَ
Urabona (yewe Muhamadi), turamutse tubahaye kubaho igihe kirekire,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ثُمَّ جَآءَهُم مَّا كَانُواْ يُوعَدُونَ
Hanyuma bakagerwaho n’ibyo basezeranyijwe (ibihano),
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
مَآ أَغۡنَىٰ عَنۡهُم مَّا كَانُواْ يُمَتَّعُونَ
Ibyo bahawe ngo babyinezezemo ntibyagira icyo bibamarira.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَآ أَهۡلَكۡنَا مِن قَرۡيَةٍ إِلَّا لَهَا مُنذِرُونَ
Kandi nta mudugudu n’umwe twarimbuye utaragize ababurizi
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ذِكۡرَىٰ وَمَا كُنَّا ظَٰلِمِينَ
(Twohereje) ngo bibutse, kandi ntitwigeze tuba abahemu (ngo tubarimbure tubarenganyije).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَا تَنَزَّلَتۡ بِهِ ٱلشَّيَٰطِينُ
Kandi ntabwo amashitani ari yo yayihishuye (Qur’an),
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَمَا يَنۢبَغِي لَهُمۡ وَمَا يَسۡتَطِيعُونَ
Nta n’ubwo abikwiye ndetse ntiyanabishobora!
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّهُمۡ عَنِ ٱلسَّمۡعِ لَمَعۡزُولُونَ
Mu by’ukuri ayo (mashitani) yakumiriwe kumva (ibivugirwa mu ijuru).
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَلَا تَدۡعُ مَعَ ٱللَّهِ إِلَٰهًا ءَاخَرَ فَتَكُونَ مِنَ ٱلۡمُعَذَّبِينَ
Bityo (uramenye) ntuzabangikanye Allah n’izindi mana, utazavaho ukaba umwe mu bazahanwa.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَأَنذِرۡ عَشِيرَتَكَ ٱلۡأَقۡرَبِينَ
Kandi (yewe Muhamadi) ujye uburira abantu ba hafi mu muryango wawe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱخۡفِضۡ جَنَاحَكَ لِمَنِ ٱتَّبَعَكَ مِنَ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Unicishe bugufi ku bemeramana bakuyobotse.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
فَإِنۡ عَصَوۡكَ فَقُلۡ إِنِّي بَرِيٓءٞ مِّمَّا تَعۡمَلُونَ
Ariko nibaramuka bakwigometseho, uzababwire uti “Mu by’ukuri njye nitandukanyije n’ibyo mukora.”
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَتَوَكَّلۡ عَلَى ٱلۡعَزِيزِ ٱلرَّحِيمِ
Kandi ujye uniringira (Allah), Umunyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
ٱلَّذِي يَرَىٰكَ حِينَ تَقُومُ
We ukureba igihe ubyutse gukora iswala (mu gicuku),
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَتَقَلُّبَكَ فِي ٱلسَّٰجِدِينَ
Ndetse n’ibyo ukora (wunama, ununamuka) uri kumwe n’abubama.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِنَّهُۥ هُوَ ٱلسَّمِيعُ ٱلۡعَلِيمُ
Mu by’ukuri (Allah), ni Uwumva bihebuje, Umumenyi uhebuje.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
هَلۡ أُنَبِّئُكُمۡ عَلَىٰ مَن تَنَزَّلُ ٱلشَّيَٰطِينُ
Ese (mwa bantu mwe!) mbabwire abo amashitani amanukiraho?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
تَنَزَّلُ عَلَىٰ كُلِّ أَفَّاكٍ أَثِيمٖ
Amanukira buri munyabinyoma, w’umunyabyaha,
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
يُلۡقُونَ ٱلسَّمۡعَ وَأَكۡثَرُهُمۡ كَٰذِبُونَ
Yumviriza (amagambo avugwa n’abamalayika mu ijuru akongeramo ibyayo), nyamara amenshi muri yo ni amanyabinyoma.[1]
[1] Uyu murongo mutagatifu uvuga ko amashitani atumviriza amagambo avugwa n’abamalayika ntabwo uhabanye n’uwawubanjirije wa 212 uvuga ko amashitani yakumiriwe kumva (ibivugirwa mu ijuru), ahubwo nk’uko imirongo ya Qur’ani yunganirana kugira ngo umuntu ayisobanukirwe, wifashishije isurat ya 37 (A-Swafati), Ayat ya 7 kugera kuri ayat ya 10 hagaragazwa ko ubusanzwe ikirere cyarinzwe buri shitani, bituma adashobora kumviriza ibivugwa n’abamalayika, usibye ko hari ubwo muri yo hari ayashobora kugira icyo yiba mu mabanga y’ibivugirwa mu ijuru, agakurikizwa ibishashi by’umuriro. Ibi bikaba nabyo byaje mu mvugo zitandukanye z’Intumwa y’Imana (Imana iyihe amahoro n’imigisha) ku byerekeranye n’ibi.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَٱلشُّعَرَآءُ يَتَّبِعُهُمُ ٱلۡغَاوُۥنَ
Naho abasizi bakurikirwa n’abayobye.[1]
[1] Abahakanyi bajyaga bavuga ko Muhamadi ari umusizi, maze Allah arabahinyuza muri uyu murongo wa Qur’ani.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
أَلَمۡ تَرَ أَنَّهُمۡ فِي كُلِّ وَادٖ يَهِيمُونَ
Ese ntubona ko (mu busizi bwabo) bavuga kuri buri ngingo bashimagiza cyangwa basebya?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
وَأَنَّهُمۡ يَقُولُونَ مَا لَا يَفۡعَلُونَ
Kandi ko mu by’ukuri bavuga ibyo badakora?
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
إِلَّا ٱلَّذِينَ ءَامَنُواْ وَعَمِلُواْ ٱلصَّٰلِحَٰتِ وَذَكَرُواْ ٱللَّهَ كَثِيرٗا وَٱنتَصَرُواْ مِنۢ بَعۡدِ مَا ظُلِمُواْۗ وَسَيَعۡلَمُ ٱلَّذِينَ ظَلَمُوٓاْ أَيَّ مُنقَلَبٖ يَنقَلِبُونَ
Usibye gusa ba bandi bemeye bakanakora ibikorwa byiza, bagasingiza Allah cyane, ndetse bakanirwanaho (bakoresheje ibisigo mu kunyomoza abasizi b’abanyabinyoma) nyuma yo kurenganywa (batukwa). Naho inkozi z’ibibi bidatinze zizamenya icyerekezo zizerekeramo.
ตัฟสีรต่างๆ​ ภาษาอาหรับ:
 
แปลความหมาย​ สูเราะฮ์: Ash-Shu‘arā’
สารบัญสูเราะฮ์ หมายเลข​หน้า​
 
แปล​ความหมาย​อัลกุรอาน​ - คำแปลภาษากินยาร์วันดา - สารบัญ​คำแปล

การแปลความหมายอัลกุรอานเป็นภาษากินยาร์วันดา โดย ทีมงานสมาคมมุสลิมรวันดา

ปิด