Check out the new design

Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda * - Indise ng mga Salin

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: An-Najm   Ayah:
وَأَنَّهُۥ خَلَقَ ٱلزَّوۡجَيۡنِ ٱلذَّكَرَ وَٱلۡأُنثَىٰ
No kuba ari we waremye ibitsina byombi, gabo na gore,
Ang mga Tafsir na Arabe:
مِن نُّطۡفَةٍ إِذَا تُمۡنَىٰ
Mu ntanga igihe zisohowe.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَنَّ عَلَيۡهِ ٱلنَّشۡأَةَ ٱلۡأُخۡرَىٰ
No kuba ari We uzarema bundi bushya (azura abapfuye),
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَنَّهُۥ هُوَ أَغۡنَىٰ وَأَقۡنَىٰ
No kuba ari We utanga ubukungu akanatuma abantu bagira ibyo bigezaho,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَنَّهُۥ هُوَ رَبُّ ٱلشِّعۡرَىٰ
No kuba ari We Nyagasani wa Shi’ira,[1]
[1] Shi’ira ni inyenyeri Abarabu b’ababangikanyamana bajyaga basenga mbere y’Ubuyisilamu.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَنَّهُۥٓ أَهۡلَكَ عَادًا ٱلۡأُولَىٰ
No kuba ari We woretse aba Adi bo hambere,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَثَمُودَاْ فَمَآ أَبۡقَىٰ
N’aba Thamudu ntiyagira uwo asigaza,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَقَوۡمَ نُوحٖ مِّن قَبۡلُۖ إِنَّهُمۡ كَانُواْ هُمۡ أَظۡلَمَ وَأَطۡغَىٰ
Na mbere yabo, (yoretse) abantu ba Nuhu. Mu by’ukuri bari inkozi z’ibibi bakaba n’abarengera (amategeko ya Allah) bikabije.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلۡمُؤۡتَفِكَةَ أَهۡوَىٰ
Ndetse n’imidugudu (ya Sodoma) yabirinduwe, ni We wayibirinduye (ibyari hasi bijya hejuru n’ibyari hejuru bijya hasi).
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَغَشَّىٰهَا مَا غَشَّىٰ
Nuko (iyo midugudu) itwikirwa n’ibyayitwikiriye (ibihano bigizwe n’amabuye).
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكَ تَتَمَارَىٰ
None se (yewe muntu) ni izihe nema za Nyagasani wawe ushidikanyaho (ko atari ize)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
هَٰذَا نَذِيرٞ مِّنَ ٱلنُّذُرِ ٱلۡأُولَىٰٓ
Uyu (Muhamadi) ni umwe mu (ruhererekane rw’) ababurizi bo hambere.
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَزِفَتِ ٱلۡأٓزِفَةُ
Umunsi w’imperuka uregereje.
Ang mga Tafsir na Arabe:
لَيۡسَ لَهَا مِن دُونِ ٱللَّهِ كَاشِفَةٌ
Nta kindi cyawukumira usibye Allah (ushobora kuwihutisha cyangwa akawutinza).
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَفَمِنۡ هَٰذَا ٱلۡحَدِيثِ تَعۡجَبُونَ
None se mutangajwe n’aya magambo (ya Qur’an)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَتَضۡحَكُونَ وَلَا تَبۡكُونَ
Mukaba museka (muyihakana) aho kurira!
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَنتُمۡ سَٰمِدُونَ
Muhugiye mu bibarangaza!
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱسۡجُدُواْۤ لِلَّهِۤ وَٱعۡبُدُواْ۩
Bityo, nimwubamire Allah munamugaragire (wenyine).
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: An-Najm
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda - Indise ng mga Salin

Inilabas ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda.

Isara