Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an sa wikang Kinyarwanda. Isinalin ito ng isang pangkat ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda. * - Indise ng mga Salin

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: Al-Fajr   Ayah:

Alfaj’ri (Umuseke)

وَٱلۡفَجۡرِ
Ndahiye umuseke,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَيَالٍ عَشۡرٖ
N’amajoro cumi (ya mbere y’ukwezi gutagatifu kwa Dhul-Hijja),
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلشَّفۡعِ وَٱلۡوَتۡرِ
N’ikitari igiharwe ndetse n’igiharwe (mu biremwa byose bya Allah),
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّيۡلِ إِذَا يَسۡرِ
N’ijoro iyo rihita,
Ang mga Tafsir na Arabe:
هَلۡ فِي ذَٰلِكَ قَسَمٞ لِّذِي حِجۡرٍ
Ese muri izo (ndahiro) ntiharimo ibimenyetso bifatika ku muntu ufite ubwenge (bituma areka ibyaha n’ubuhakanyi)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَلَمۡ تَرَ كَيۡفَ فَعَلَ رَبُّكَ بِعَادٍ
Ese (yewe Muhamadi) ntiwamenye uko Nyagasani wawe yagenje aba Adi?
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِرَمَ ذَاتِ ٱلۡعِمَادِ
(Abantu b’) Irama (bari barebare cyane), bafite n’inyubako ndende (zifite inkingi ndende),
Ang mga Tafsir na Arabe:
ٱلَّتِي لَمۡ يُخۡلَقۡ مِثۡلُهَا فِي ٱلۡبِلَٰدِ
Bo (abo ba Irama) ntihigeze haremwa abandi bameze nka bo mu yindi mijyi.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَثَمُودَ ٱلَّذِينَ جَابُواْ ٱلصَّخۡرَ بِٱلۡوَادِ
N’aba Thamudu bacongaga urutare mu bibaya (bakarukoramo inyubako)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَفِرۡعَوۡنَ ذِي ٱلۡأَوۡتَادِ
Na Farawo wari ufite imambo (yazirikagaho abantu abakorera iyicarubozo)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
ٱلَّذِينَ طَغَوۡاْ فِي ٱلۡبِلَٰدِ
Ba bandi bakoze ubugizi bwa nabi mu mijyi,
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَأَكۡثَرُواْ فِيهَا ٱلۡفَسَادَ
Maze bayikwizamo ubwangizi bukabije,
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَصَبَّ عَلَيۡهِمۡ رَبُّكَ سَوۡطَ عَذَابٍ
Nuko Nyagasani wawe abasukaho ibihano bibabaza,
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّ رَبَّكَ لَبِٱلۡمِرۡصَادِ
Mu by’ukuri Nyagasani wawe yiteguye guhana (inkozi z’ibibi).
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَأَمَّا ٱلۡإِنسَٰنُ إِذَا مَا ٱبۡتَلَىٰهُ رَبُّهُۥ فَأَكۡرَمَهُۥ وَنَعَّمَهُۥ فَيَقُولُ رَبِّيٓ أَكۡرَمَنِ
Iyo Nyagasani agerageje umuntu, akamwubahisha akanamuhundagazaho ingabire, aravuga ati “Nyagasani wanjye yanyubahishije.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَمَّآ إِذَا مَا ٱبۡتَلَىٰهُ فَقَدَرَ عَلَيۡهِ رِزۡقَهُۥ فَيَقُولُ رَبِّيٓ أَهَٰنَنِ
Nyamara yamugerageza akamugabanyiriza amafunguro, akavuga ati “Nyagasani wanjye yaransuzuguje!”
Ang mga Tafsir na Arabe:
كَلَّاۖ بَل لَّا تُكۡرِمُونَ ٱلۡيَتِيمَ
Oya! Ahubwo ntimugirira neza imfubyi,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَا تَحَٰٓضُّونَ عَلَىٰ طَعَامِ ٱلۡمِسۡكِينِ
Ndetse nta n’ubwo mubwirizanya kugaburira abakene!
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَتَأۡكُلُونَ ٱلتُّرَاثَ أَكۡلٗا لَّمّٗا
Kandi murya imirage (y’abandi) mukayimara,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَتُحِبُّونَ ٱلۡمَالَ حُبّٗا جَمّٗا
Ndetse mugakunda imitungo bikabije.
Ang mga Tafsir na Arabe:
كَلَّآۖ إِذَا دُكَّتِ ٱلۡأَرۡضُ دَكّٗا دَكّٗا
Oya! Umunsi isi izasandazwa (igacikamo ibice),
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَجَآءَ رَبُّكَ وَٱلۡمَلَكُ صَفّٗا صَفّٗا
Nuko Nyagasani wawe akaza (guca imanza) ndetse n’abamalayika bari ku mirongo ikurikiranye,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَجِاْيٓءَ يَوۡمَئِذِۭ بِجَهَنَّمَۚ يَوۡمَئِذٖ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ وَأَنَّىٰ لَهُ ٱلذِّكۡرَىٰ
Kandi uwo munsi umuriro wa Jahanamu uzazanwa. Kuri uwo munsi, umuntu azibuka, ariko se uko kwibuka kuzamumarira iki?
Ang mga Tafsir na Arabe:
يَقُولُ يَٰلَيۡتَنِي قَدَّمۡتُ لِحَيَاتِي
Azicuza avuga ati “Iyaba nari narateganyirije ubuzima bwanjye (nkora ibikorwa byiza)!
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَيَوۡمَئِذٖ لَّا يُعَذِّبُ عَذَابَهُۥٓ أَحَدٞ
Kuri uwo munsi ibihano (Allah) azahanisha nta wundi ushobora kubihanisha.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَا يُوثِقُ وَثَاقَهُۥٓ أَحَدٞ
Kandi azanaboha (abahakanyi) ukuboha kutashoborwa n’undi uwo ari we wese.
Ang mga Tafsir na Arabe:
يَٰٓأَيَّتُهَا ٱلنَّفۡسُ ٱلۡمُطۡمَئِنَّةُ
(Umwemeramana azabwirwa ati) “Yewe roho ituje!”
Ang mga Tafsir na Arabe:
ٱرۡجِعِيٓ إِلَىٰ رَبِّكِ رَاضِيَةٗ مَّرۡضِيَّةٗ
“Garuka kwa Nyagasani wawe umwishimiye na We akwishimiye!”
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱدۡخُلِي فِي عِبَٰدِي
“Maze winjire mu bagaragu banjye (b’intungane)”,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱدۡخُلِي جَنَّتِي
“Uninjire mu Ijuru ryanjye!”
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: Al-Fajr
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an sa wikang Kinyarwanda. Isinalin ito ng isang pangkat ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda. - Indise ng mga Salin

ترجمة معاني القرآن الكريم إلى اللغة الكينيارواندية، ترجمها فريق جمعية مسلمي روندا.

Isara