Check out the new design

Kur'an-ı Kerim meal tercümesi - Kinyarwanda Tercüme - Ruanda Müslümanları Derneği * - Mealler fihristi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Anlam tercümesi Sure: Sûretu'n-Necm   Ayet:

Annajmi

وَٱلنَّجۡمِ إِذَا هَوَىٰ
Ndahiye inyenyeri igihe irenga!
Arapça tefsirler:
مَا ضَلَّ صَاحِبُكُمۡ وَمَا غَوَىٰ
(Ko uyu) mugenzi wanyu (Intumwa Muhamadi) atigeze ayoba ndetse ko atigeze anateshuka (ku nzira y’ukuri).
Arapça tefsirler:
وَمَا يَنطِقُ عَنِ ٱلۡهَوَىٰٓ
Nta n’ubwo avuga ashingiye ku marangamutima ye.
Arapça tefsirler:
إِنۡ هُوَ إِلَّا وَحۡيٞ يُوحَىٰ
Ahubwo (ibyo avuga) ni ibyo ahishurirwa (na Allah).
Arapça tefsirler:
عَلَّمَهُۥ شَدِيدُ ٱلۡقُوَىٰ
Yigishijwe (iyi Qur’an) n’umunyembaraga cyane (Malayika Jibrilu),
Arapça tefsirler:
ذُو مِرَّةٖ فَٱسۡتَوَىٰ
Ufite ububasha kandi utagira inenge, wagaragariye (Intumwa Muhamadi) mu ishusho ye y’ukuri,
Arapça tefsirler:
وَهُوَ بِٱلۡأُفُقِ ٱلۡأَعۡلَىٰ
Ubwo (Malayika Jibrilu) yari mu kirere cyo hejuru.
Arapça tefsirler:
ثُمَّ دَنَا فَتَدَلَّىٰ
Nuko yegera (Intumwa Muhamadi), maze aramanuka akomeza kuyegera,
Arapça tefsirler:
فَكَانَ قَابَ قَوۡسَيۡنِ أَوۡ أَدۡنَىٰ
(Yamwegereye) mu ntera ingana n’iri hagati y’amahembe abiri y’umuheto cyangwa bugufi kurushaho.
Arapça tefsirler:
فَأَوۡحَىٰٓ إِلَىٰ عَبۡدِهِۦ مَآ أَوۡحَىٰ
Nuko (Allah) ahishurira umugaragu we (Muhamadi, abinyujije kuri Malayika Jibrilu) ibyo yagombaga kumuhishurira byose.
Arapça tefsirler:
مَا كَذَبَ ٱلۡفُؤَادُ مَا رَأَىٰٓ
Umutima (wa Muhamadi) ntiwigeze ubeshya ku byo wabonye.
Arapça tefsirler:
أَفَتُمَٰرُونَهُۥ عَلَىٰ مَا يَرَىٰ
None se muramugisha impaka ku byo yabonye (ubwo yazamukaga mu ijuru rya karindwi)?
Arapça tefsirler:
وَلَقَدۡ رَءَاهُ نَزۡلَةً أُخۡرَىٰ
Kandi rwose (Muhamadi) yaramubonye (Malayika Jibrilu) ubwo yamanukaga ku yindi nshuro,
Arapça tefsirler:
عِندَ سِدۡرَةِ ٱلۡمُنتَهَىٰ
Ubwo yari kuri Sidrat-il-Muntaha (Igiti cya nyuma),[1]
[1] Sidratil-Mun’tahaa: Ni igiti kiri hafi ya Ar’shi, cyiswe igiti cya nyuma kuko nta kiremwa na kimwe kikirenga.
Arapça tefsirler:
عِندَهَا جَنَّةُ ٱلۡمَأۡوَىٰٓ
Ni na ho hari ubuturo bw’ijuru (ry’abemeramana).
Arapça tefsirler:
إِذۡ يَغۡشَى ٱلسِّدۡرَةَ مَا يَغۡشَىٰ
Ubwo icyo giti (Sidrat) cyatwikirwaga n’ibyagitwikiriye (urumuri rutangaje).
Arapça tefsirler:
مَا زَاغَ ٱلۡبَصَرُ وَمَا طَغَىٰ
Indoro (y’Intumwa y’Imana) ntiyigeze itana, cyangwa ngo irengere (imbibi yari yashyiriweho).
Arapça tefsirler:
لَقَدۡ رَأَىٰ مِنۡ ءَايَٰتِ رَبِّهِ ٱلۡكُبۡرَىٰٓ
Mu by’ukuri (Intumwa Muhamadi) yabonye bimwe mu bitangaza bihambaye bya Nyagasani wayo.
Arapça tefsirler:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱللَّٰتَ وَٱلۡعُزَّىٰ
Ese ntimutekereza (ku bigirwamana musenga); Laata na Uza,
Arapça tefsirler:
وَمَنَوٰةَ ٱلثَّالِثَةَ ٱلۡأُخۡرَىٰٓ
Ndetse na Manaata, ikindi (kigirwamana) cya gatatu?
Arapça tefsirler:
أَلَكُمُ ٱلذَّكَرُ وَلَهُ ٱلۡأُنثَىٰ
Ese mwibwira ko mufite abana b’abahungu naho We (Allah) akagira ab’abakobwa?
Arapça tefsirler:
تِلۡكَ إِذٗا قِسۡمَةٞ ضِيزَىٰٓ
Iryo ryaba ari igabana ribogamye.
Arapça tefsirler:
إِنۡ هِيَ إِلَّآ أَسۡمَآءٞ سَمَّيۡتُمُوهَآ أَنتُمۡ وَءَابَآؤُكُم مَّآ أَنزَلَ ٱللَّهُ بِهَا مِن سُلۡطَٰنٍۚ إِن يَتَّبِعُونَ إِلَّا ٱلظَّنَّ وَمَا تَهۡوَى ٱلۡأَنفُسُۖ وَلَقَدۡ جَآءَهُم مِّن رَّبِّهِمُ ٱلۡهُدَىٰٓ
Ibyo (bigirwamana) nta kindi biri cyo usibye kuba ari amazina masa mwabihimbiye, mwe n’abakurambere banyu, Allah atigeze abahera uburenganzira. Rwose nta kindi bakurikira kitari ugukekeranya ndetse n’ibyo imitima (yabo) irarikira. Kandi mu by’ukuri bagezweho n’umuyoboro uturutse kwa Nyagasani wabo.
Arapça tefsirler:
أَمۡ لِلۡإِنسَٰنِ مَا تَمَنَّىٰ
Ese (mutekereza ko) umuntu yabona ibyo yifuza byose?
Arapça tefsirler:
فَلِلَّهِ ٱلۡأٓخِرَةُ وَٱلۡأُولَىٰ
Allah ni We Mugenga w’ubuzima bw’imperuka n’ubw’isi.
Arapça tefsirler:
۞ وَكَم مِّن مَّلَكٖ فِي ٱلسَّمَٰوَٰتِ لَا تُغۡنِي شَفَٰعَتُهُمۡ شَيۡـًٔا إِلَّا مِنۢ بَعۡدِ أَن يَأۡذَنَ ٱللَّهُ لِمَن يَشَآءُ وَيَرۡضَىٰٓ
None se ni bangahe mu bamalayika bari mu birere, ubuvugizi bwabo butazigera bugira icyo bumara Allah atabanje kubitangira uburenganzira bikagirira akamaro uwo ashatse kandi yishimira?
Arapça tefsirler:
 
Anlam tercümesi Sure: Sûretu'n-Necm
Surelerin fihristi Sayfa numarası
 
Kur'an-ı Kerim meal tercümesi - Kinyarwanda Tercüme - Ruanda Müslümanları Derneği - Mealler fihristi

Ruanda Müslümanları Derneği tarafından yayımlanmıştır.

Kapat