Check out the new design

Bản dịch ý nghĩa nội dung Qur'an - Bản dịch tiếng Kinyarwanda - Hiệp hội Người Muslim Rwanda * - Mục lục các bản dịch

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Ý nghĩa nội dung Chương: Al-Haqah   Câu:
وَجَآءَ فِرۡعَوۡنُ وَمَن قَبۡلَهُۥ وَٱلۡمُؤۡتَفِكَٰتُ بِٱلۡخَاطِئَةِ
Farawo n’ababayeho mbere ye ndetse n’abo mu midugudu yabirinduwe (abantu ba Loti) bakoze ibyaha,
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
فَعَصَوۡاْ رَسُولَ رَبِّهِمۡ فَأَخَذَهُمۡ أَخۡذَةٗ رَّابِيَةً
Nuko bigomeka ku Ntumwa ya Nyagasani wabo, maze (Allah) abahanisha ibihano bikaze.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
إِنَّا لَمَّا طَغَا ٱلۡمَآءُ حَمَلۡنَٰكُمۡ فِي ٱلۡجَارِيَةِ
Mu by’ukuri ubwo amazi yarengaga inkombe (mu gihe cy’umwuzure wo ku bwa Nuhu, abamwemeye) twabatwaye mu bwato.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
لِنَجۡعَلَهَا لَكُمۡ تَذۡكِرَةٗ وَتَعِيَهَآ أُذُنٞ وَٰعِيَةٞ
Kugira ngo tubigire urwibutso kuri mwe ndetse n’amatwi yumva abizirikane.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
فَإِذَا نُفِخَ فِي ٱلصُّورِ نَفۡخَةٞ وَٰحِدَةٞ
Ubwo impanda izavuzwa inshuro imwe (ya mbere).
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
وَحُمِلَتِ ٱلۡأَرۡضُ وَٱلۡجِبَالُ فَدُكَّتَا دَكَّةٗ وَٰحِدَةٗ
Isi n’imisozi bigaterurwa, bigahondwa inshuro imwe.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
فَيَوۡمَئِذٖ وَقَعَتِ ٱلۡوَاقِعَةُ
Kuri uwo munsi, imperuka izaba igeze.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
وَٱنشَقَّتِ ٱلسَّمَآءُ فَهِيَ يَوۡمَئِذٖ وَاهِيَةٞ
N’ikirere kizasatagurika, maze uwo munsi kibe cyoroshye (ku buryo cyakwiyasagura).
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
وَٱلۡمَلَكُ عَلَىٰٓ أَرۡجَآئِهَاۚ وَيَحۡمِلُ عَرۡشَ رَبِّكَ فَوۡقَهُمۡ يَوۡمَئِذٖ ثَمَٰنِيَةٞ
N’abamalayika bazaba bakizengurutse (ikirere) impande zacyo. Kandi kuri uwo munsi abamalayika umunani biyongera kuri abo bazaba bateruye Ar’shi[1] ya Nyagasani wawe.
[1] Reba ibisobanuro by’iri jambo muri Surat ul A’araf, Aya ya 54
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
يَوۡمَئِذٖ تُعۡرَضُونَ لَا تَخۡفَىٰ مِنكُمۡ خَافِيَةٞ
Uwo munsi muzahagarikwa (imbere ya Allah). Nta kintu na kimwe cyanyu kizayoberana.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
فَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِيَمِينِهِۦ فَيَقُولُ هَآؤُمُ ٱقۡرَءُواْ كِتَٰبِيَهۡ
Bityo, uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’iburyo, azavuga (aratira abandi) agira ati “Nimuze musome igitabo cyanjye.”
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
إِنِّي ظَنَنتُ أَنِّي مُلَٰقٍ حِسَابِيَهۡ
Rwose njye nari nzi neza ko nzahura n’ibarura ryanjye nk’iri (kubera ibikorwa byiza nakoze).
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
فَهُوَ فِي عِيشَةٖ رَّاضِيَةٖ
Azaba mu buzima bw’umunezero,
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
فِي جَنَّةٍ عَالِيَةٖ
Mu busitani buhebuje,
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
قُطُوفُهَا دَانِيَةٞ
Imbuto zabwo zizaba ziri bugufi (yabo).
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
كُلُواْ وَٱشۡرَبُواْ هَنِيٓـَٔۢا بِمَآ أَسۡلَفۡتُمۡ فِي ٱلۡأَيَّامِ ٱلۡخَالِيَةِ
(Bazabwirwa bati) “Nimurye munanywe kandi muryoherwe, ibyo ni ukubera ibyo mwakoze mu minsi yahise (mukiri ku isi).”
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
وَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِشِمَالِهِۦ فَيَقُولُ يَٰلَيۡتَنِي لَمۡ أُوتَ كِتَٰبِيَهۡ
Naho uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’ibumoso, azavuga (yicuza n’agahinda kenshi) ati “iyaba ntari mpawe iki gitabo cyanjye!”,
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
وَلَمۡ أَدۡرِ مَا حِسَابِيَهۡ
Sinamenye iby’ibarura ryanjye!
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
يَٰلَيۡتَهَا كَانَتِ ٱلۡقَاضِيَةَ
Iyaba urupfu (rwanjye napfuye mva ku isi) rwari rwo rwa burundu.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
مَآ أَغۡنَىٰ عَنِّي مَالِيَهۡۜ
Umutungo wanjye nta cyo wamariye!
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
هَلَكَ عَنِّي سُلۡطَٰنِيَهۡ
N’ubutware bwanjye bwabaye imfabusa (bwancitse).
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
خُذُوهُ فَغُلُّوهُ
(Abarinzi b’umuriro bazabwirwa bati) “Mumufate mumubohe,
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
ثُمَّ ٱلۡجَحِيمَ صَلُّوهُ
Maze mumutwikire mu muriro,
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
ثُمَّ فِي سِلۡسِلَةٖ ذَرۡعُهَا سَبۡعُونَ ذِرَاعٗا فَٱسۡلُكُوهُ
Nyuma mumuboheshe umunyururu ufite uburebure bwa Dhira’a[1] mirongo irindwi.
[1] Dhira’a ni bumwe mu buryo bwa kera bwifashishwaga mu gupima uburebure bw’ikintu. Dhira’a imwe ingana na santimetero hafi mirongo irindwi n’eshanu (75 cm).
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
إِنَّهُۥ كَانَ لَا يُؤۡمِنُ بِٱللَّهِ ٱلۡعَظِيمِ
Mu by’ukuri ntiyemeraga Allah w’ikirenga.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
وَلَا يَحُضُّ عَلَىٰ طَعَامِ ٱلۡمِسۡكِينِ
Nta n’ubwo yajyaga ashishikariza (abantu) kugaburira abakene.
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
فَلَيۡسَ لَهُ ٱلۡيَوۡمَ هَٰهُنَا حَمِيمٞ
None hano uyu munsi nta nshuti ari bugire (yamuvuganira cyangwa ngo imurinde ibihano)
Các Tafsir tiếng Ả-rập:
 
Ý nghĩa nội dung Chương: Al-Haqah
Mục lục các chương Kinh Số trang
 
Bản dịch ý nghĩa nội dung Qur'an - Bản dịch tiếng Kinyarwanda - Hiệp hội Người Muslim Rwanda - Mục lục các bản dịch

Do Hiệp hội Người Muslim Rwanda phát hành

Đóng lại