የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም * - የትርጉሞች ማዉጫ

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አል ሓቃህ   አንቀጽ:

Alhaaqat (Ukuri)

ٱلۡحَآقَّةُ
Ukuri kudakumirwa (umunsi w’izuka).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
مَا ٱلۡحَآقَّةُ
Ukuri kudakumirwa ni iki?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَآ أَدۡرَىٰكَ مَا ٱلۡحَآقَّةُ
Ni iki kizakubwira ukuri kudakumirwa?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
كَذَّبَتۡ ثَمُودُ وَعَادُۢ بِٱلۡقَارِعَةِ
Aba Thamudu n’aba Adi bahinyuye umunsi w’imperuka.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَمَّا ثَمُودُ فَأُهۡلِكُواْ بِٱلطَّاغِيَةِ
Aba Thamudu borekeshejwe urusaku ndengakamere.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَمَّا عَادٞ فَأُهۡلِكُواْ بِرِيحٖ صَرۡصَرٍ عَاتِيَةٖ
Naho aba Adi borekeshwa umuyaga uvuza ubuhuha, usenya.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
سَخَّرَهَا عَلَيۡهِمۡ سَبۡعَ لَيَالٖ وَثَمَٰنِيَةَ أَيَّامٍ حُسُومٗاۖ فَتَرَى ٱلۡقَوۡمَ فِيهَا صَرۡعَىٰ كَأَنَّهُمۡ أَعۡجَازُ نَخۡلٍ خَاوِيَةٖ
(Allah) yawubateje mu gihe cy’amajoro arindwi n’amanywa umunani bikurikiranye. Wabonaga abantu ari imirambo irambaraye imeze nk’ingiga z’ibiti by’imitende (byaranduwe) birangaye (birimo ubusa mo imbere).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَهَلۡ تَرَىٰ لَهُم مِّنۢ بَاقِيَةٖ
Ese urabona hari n’umwe wasigaye muri bo?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَجَآءَ فِرۡعَوۡنُ وَمَن قَبۡلَهُۥ وَٱلۡمُؤۡتَفِكَٰتُ بِٱلۡخَاطِئَةِ
Farawo n’ababayeho mbere ye ndetse n’abo mu midugudu yabirinduwe (abantu ba Loti) bakoze ibyaha,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَعَصَوۡاْ رَسُولَ رَبِّهِمۡ فَأَخَذَهُمۡ أَخۡذَةٗ رَّابِيَةً
Nuko bigomeka ku Ntumwa ya Nyagasani wabo, maze (Allah) abahanisha ibihano bikaze.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّا لَمَّا طَغَا ٱلۡمَآءُ حَمَلۡنَٰكُمۡ فِي ٱلۡجَارِيَةِ
Mu by’ukuri ubwo amazi yarengaga inkombe (mu gihe cy’umwuzure wo ku bwa Nuhu, abamwemeye) twabatwaye mu bwato.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لِنَجۡعَلَهَا لَكُمۡ تَذۡكِرَةٗ وَتَعِيَهَآ أُذُنٞ وَٰعِيَةٞ
Kugira ngo tubigire urwibutso kuri mwe ndetse n’amatwi yumva abizirikane.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَإِذَا نُفِخَ فِي ٱلصُّورِ نَفۡخَةٞ وَٰحِدَةٞ
Ubwo impanda izavuzwa inshuro imwe (ya mbere).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَحُمِلَتِ ٱلۡأَرۡضُ وَٱلۡجِبَالُ فَدُكَّتَا دَكَّةٗ وَٰحِدَةٗ
Isi n’imisozi bigaterurwa, bigahondwa inshuro imwe.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَيَوۡمَئِذٖ وَقَعَتِ ٱلۡوَاقِعَةُ
Kuri uwo munsi, imperuka izaba igeze.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱنشَقَّتِ ٱلسَّمَآءُ فَهِيَ يَوۡمَئِذٖ وَاهِيَةٞ
N’ikirere kizasatagurika, maze uwo munsi kibe cyoroshye (ku buryo cyakwiyasagura).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلۡمَلَكُ عَلَىٰٓ أَرۡجَآئِهَاۚ وَيَحۡمِلُ عَرۡشَ رَبِّكَ فَوۡقَهُمۡ يَوۡمَئِذٖ ثَمَٰنِيَةٞ
N’abamalayika bazaba bakizengurutse (ikirere) impande zacyo. Kandi kuri uwo munsi abamalayika umunani biyongera kuri abo bazaba bateruye Ar’shi[1] ya Nyagasani wawe.
[1] Reba ibisobanuro by’iri jambo muri Surat ul A’araf, Aya ya 54
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
يَوۡمَئِذٖ تُعۡرَضُونَ لَا تَخۡفَىٰ مِنكُمۡ خَافِيَةٞ
Uwo munsi muzahagarikwa (imbere ya Allah). Nta kintu na kimwe cyanyu kizayoberana.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِيَمِينِهِۦ فَيَقُولُ هَآؤُمُ ٱقۡرَءُواْ كِتَٰبِيَهۡ
Bityo, uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’iburyo, azavuga (aratira abandi) agira ati “Nimuze musome igitabo cyanjye.”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنِّي ظَنَنتُ أَنِّي مُلَٰقٍ حِسَابِيَهۡ
Rwose njye nari nzi neza ko nzahura n’ibarura ryanjye nk’iri (kubera ibikorwa byiza nakoze).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَهُوَ فِي عِيشَةٖ رَّاضِيَةٖ
Azaba mu buzima bw’umunezero,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فِي جَنَّةٍ عَالِيَةٖ
Mu busitani buhebuje,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
قُطُوفُهَا دَانِيَةٞ
Imbuto zabwo zizaba ziri bugufi (yabo).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
كُلُواْ وَٱشۡرَبُواْ هَنِيٓـَٔۢا بِمَآ أَسۡلَفۡتُمۡ فِي ٱلۡأَيَّامِ ٱلۡخَالِيَةِ
(Bazabwirwa bati) “Nimurye munanywe kandi muryoherwe, ibyo ni ukubera ibyo mwakoze mu minsi yahise (mukiri ku isi).”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِشِمَالِهِۦ فَيَقُولُ يَٰلَيۡتَنِي لَمۡ أُوتَ كِتَٰبِيَهۡ
Naho uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’ibumoso, azavuga (yicuza n’agahinda kenshi) ati “iyaba ntari mpawe iki gitabo cyanjye!”,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَمۡ أَدۡرِ مَا حِسَابِيَهۡ
Sinamenye iby’ibarura ryanjye!
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
يَٰلَيۡتَهَا كَانَتِ ٱلۡقَاضِيَةَ
Iyaba urupfu (rwanjye napfuye mva ku isi) rwari rwo rwa burundu.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
مَآ أَغۡنَىٰ عَنِّي مَالِيَهۡۜ
Umutungo wanjye nta cyo wamariye!
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
هَلَكَ عَنِّي سُلۡطَٰنِيَهۡ
N’ubutware bwanjye bwabaye imfabusa (bwancitse).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
خُذُوهُ فَغُلُّوهُ
(Abarinzi b’umuriro bazabwirwa bati) “Mumufate mumubohe,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ثُمَّ ٱلۡجَحِيمَ صَلُّوهُ
Maze mumutwikire mu muriro,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ثُمَّ فِي سِلۡسِلَةٖ ذَرۡعُهَا سَبۡعُونَ ذِرَاعٗا فَٱسۡلُكُوهُ
Nyuma mumuboheshe umunyururu ufite uburebure bwa Dhira’a[1] mirongo irindwi.
[1] Dhira’a ni bumwe mu buryo bwa kera bwifashishwaga mu gupima uburebure bw’ikintu. Dhira’a imwe ingana na santimetero hafi mirongo irindwi n’eshanu (75 cm).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّهُۥ كَانَ لَا يُؤۡمِنُ بِٱللَّهِ ٱلۡعَظِيمِ
Mu by’ukuri ntiyemeraga Allah w’ikirenga.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَا يَحُضُّ عَلَىٰ طَعَامِ ٱلۡمِسۡكِينِ
Nta n’ubwo yajyaga ashishikariza (abantu) kugaburira abakene.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَلَيۡسَ لَهُ ٱلۡيَوۡمَ هَٰهُنَا حَمِيمٞ
None hano uyu munsi nta nshuti ari bugire (yamuvuganira cyangwa ngo imurinde ibihano)
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَا طَعَامٌ إِلَّا مِنۡ غِسۡلِينٖ
Nta n’ibyo kurya (ari buhabwe) uretse amashyira (y’abantu bo mu muriro),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَّا يَأۡكُلُهُۥٓ إِلَّا ٱلۡخَٰطِـُٔونَ
Nta bandi (bahabwa) ibyo biribwa uretse abanyabyaha.”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِمَا تُبۡصِرُونَ
Rwose ndahiye ibyo mureba,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَا لَا تُبۡصِرُونَ
N’ibyo mutareba.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّهُۥ لَقَوۡلُ رَسُولٖ كَرِيمٖ
Mu by’ukuri iyi (Qur’an) ni ijambo (rya Allah risomwa) n’Intumwa yubahitse (Muhamadi).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَا هُوَ بِقَوۡلِ شَاعِرٖۚ قَلِيلٗا مَّا تُؤۡمِنُونَ
Ntabwo ari imvugo y’umusizi. Dore ko mwemera gake!
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَا بِقَوۡلِ كَاهِنٖۚ قَلِيلٗا مَّا تَذَكَّرُونَ
Nta n’ubwo ari imvugo y’umupfumu. Ariko mwibuka gake!
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
تَنزِيلٞ مِّن رَّبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
(Ahubwo ni igitabo) cyahishuwe giturutse kwa Nyagasani w’ibiremwa.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَوۡ تَقَوَّلَ عَلَيۡنَا بَعۡضَ ٱلۡأَقَاوِيلِ
N’iyo (Muhamadi) aza kugira ibyo aduhimbira (tutavuze),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَأَخَذۡنَا مِنۡهُ بِٱلۡيَمِينِ
Twari kumufatisha imbaraga n’ukuboko kw’iburyo.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ثُمَّ لَقَطَعۡنَا مِنۡهُ ٱلۡوَتِينَ
Maze tukamuca umutsi w’umujyana w’ibanze (uvana amaraso mu mutima uyohereza hose mu mubiri).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَمَا مِنكُم مِّنۡ أَحَدٍ عَنۡهُ حَٰجِزِينَ
Nta n’umwe muri mwe wari kugira icyo amumarira (ngo amutabare).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِنَّهُۥ لَتَذۡكِرَةٞ لِّلۡمُتَّقِينَ
Kandi mu by’ukuri (Qur’an) ni urwibutso ku bagandukira Allah.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِنَّا لَنَعۡلَمُ أَنَّ مِنكُم مُّكَذِّبِينَ
Rwose tuzi neza ko muri mwe hari abahinyura (iyi Qur’an).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِنَّهُۥ لَحَسۡرَةٌ عَلَى ٱلۡكَٰفِرِينَ
Kandi rwose (ku munsi w’imperuka, Qur’an) izaba amakuba ku bahakanyi.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِنَّهُۥ لَحَقُّ ٱلۡيَقِينِ
Kandi mu by’ukuri (Qur’an) ni ukuri kudashidikanywaho.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Bityo, tagatifuza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
 
የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አል ሓቃህ
የምዕራፎች ማውጫ የገፅ ቁጥር
 
የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የትርጉሞች ማዉጫ

የተከበረው ቁርአን ኪንያርዋንድኛ ቋንቋ መልዕክተ ትርጉም - በሩዋንዳ ሙስሊሞች ማህበር

መዝጋት