የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም * - የትርጉሞች ማዉጫ

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አን ናዚዓት   አንቀጽ:

An –Naazi’at (Abashikanuza)

وَٱلنَّٰزِعَٰتِ غَرۡقٗا
Ndahiye abamalayika bashikanuza (roho z’abahakanyi) n’ubukana buhambaye,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلنَّٰشِطَٰتِ نَشۡطٗا
N’abamalayika bakuramo (roho z’abemeramana) bitonze,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلسَّٰبِحَٰتِ سَبۡحٗا
N’abamalayika bogoga ikirere bihuta (batwaye izo roho),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَٱلسَّٰبِقَٰتِ سَبۡقٗا
N’abamalayika bihutana (ubutumwa babuzaniye Intumwa za Allah ku isi).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَٱلۡمُدَبِّرَٰتِ أَمۡرٗا
N’abamalayika bashyira mu bikorwa ibyo bategetswe.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
يَوۡمَ تَرۡجُفُ ٱلرَّاجِفَةُ
Umunsi (impanda ya mbere izavuzwa), maze isi n’imisozi bigatigita bikabije (buri kiremwa kigapfa),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
تَتۡبَعُهَا ٱلرَّادِفَةُ
(Umutingito wa mbere) uzakurikirwa n’undi mutingito (maze buri kiremwa kizuke),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
قُلُوبٞ يَوۡمَئِذٖ وَاجِفَةٌ
Uwo munsi imitima (ya bamwe) izaba ifite ubwoba n’agahinda,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَبۡصَٰرُهَا خَٰشِعَةٞ
Ndetse n’indoro yabo izaba yaciye bugufi (isuzuguritse).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
يَقُولُونَ أَءِنَّا لَمَرۡدُودُونَ فِي ٱلۡحَافِرَةِ
Bazavuga bati “Ese mu by’ukuri tuzasubizwa mu buzima (bwacu bwo ku isi) twahozemo?”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَءِذَا كُنَّا عِظَٰمٗا نَّخِرَةٗ
“Ese n’iyo twaba twabaye amagufa ashangutse?”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
قَالُواْ تِلۡكَ إِذٗا كَرَّةٌ خَاسِرَةٞ
Bazavuga bati “Uko kugaruka kwacu (ku isi twifuza) kwaba ari igihombo!”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَإِنَّمَا هِيَ زَجۡرَةٞ وَٰحِدَةٞ
Mu by’ukuri hazabaho indi mpanda izavuzwa rimwe gusa.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَإِذَا هُم بِٱلسَّاهِرَةِ
Icyo gihe bazisanga imusozi (bongeye kuba bazima nyuma yo gupfa).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
هَلۡ أَتَىٰكَ حَدِيثُ مُوسَىٰٓ
Ese inkuru ya Musa yakugezeho?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِذۡ نَادَىٰهُ رَبُّهُۥ بِٱلۡوَادِ ٱلۡمُقَدَّسِ طُوًى
Ubwo Nyagasani we yamuhamagaraga ari mu kibaya gitagatifu cya Tuwa (agira ati),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ٱذۡهَبۡ إِلَىٰ فِرۡعَوۡنَ إِنَّهُۥ طَغَىٰ
“Jya kwa Farawo kuko rwose yigometse.”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَقُلۡ هَل لَّكَ إِلَىٰٓ أَن تَزَكَّىٰ
Umubwire uti “Ese ushobora kwiyeza (ukareka icyaha cy’ubuhakanyi, ukaba umwemeramana)?”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَهۡدِيَكَ إِلَىٰ رَبِّكَ فَتَخۡشَىٰ
“Nkakuyobora kwa Nyagasani wawe kugira ngo umutinye?”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَرَىٰهُ ٱلۡأٓيَةَ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Nuko (Musa) amwereka igitangaza gihambaye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَكَذَّبَ وَعَصَىٰ
Ariko (Farawo) yarahinyuye aranigomeka;
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ثُمَّ أَدۡبَرَ يَسۡعَىٰ
Maze atera umugongo akataza (ashishikariza abantu be kudakurikira Musa).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَحَشَرَ فَنَادَىٰ
Nuko akoranya (abantu be), avuga mu ijwi riranguruye,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَقَالَ أَنَا۠ رَبُّكُمُ ٱلۡأَعۡلَىٰ
Agira ati “Ni njye nyagasani wanyu w’ikirenga.”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَخَذَهُ ٱللَّهُ نَكَالَ ٱلۡأٓخِرَةِ وَٱلۡأُولَىٰٓ
Bityo Allah amuhana by’intangarugero kubera icyaha cya nyuma (yakoze) n’icya mbere.[1]
[1] Icyaha cyo kuba Farawo yaravuze ko ari we Nyagasani w’ikirenga, nk’uko byavuzwe muri iki gice (Surat), umurongo wacyo wa 24. Naho icya mbere ni ukuba yarabwiye ibyegera bye ko atazi ko bafite indi mana itari we nk’uko byavuzwe mu gice (Surat) cya 28, umurongo wacyo wa 38.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَعِبۡرَةٗ لِّمَن يَخۡشَىٰٓ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo isomo kuri buri wese utinya Allah.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ءَأَنتُمۡ أَشَدُّ خَلۡقًا أَمِ ٱلسَّمَآءُۚ بَنَىٰهَا
Ese (yemwe bantu) iremwa ryanyu ni ryo rikomeye, cyangwa ikirere (Allah) yubatse (ni cyo gikomeye)?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
رَفَعَ سَمۡكَهَا فَسَوَّىٰهَا
Yazamuye igisenge cyacyo, maze aragitunganya.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَغۡطَشَ لَيۡلَهَا وَأَخۡرَجَ ضُحَىٰهَا
Ijoro ryacyo arigira umwijima, amanywa yacyo arayakesha.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلۡأَرۡضَ بَعۡدَ ذَٰلِكَ دَحَىٰهَآ
Nyuma y’ibyo arambura isi,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَخۡرَجَ مِنۡهَا مَآءَهَا وَمَرۡعَىٰهَا
Ayisohoramo amazi yayo n’inzuri zayo,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلۡجِبَالَ أَرۡسَىٰهَا
Anashimangira imisozi,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
مَتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَإِذَا جَآءَتِ ٱلطَّآمَّةُ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Ariko igihe icyago gihambaye (umunsi w’imperuka) kizaza,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
يَوۡمَ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ مَا سَعَىٰ
Umunsi umuntu azibuka ibyo yashyizemo umuhate,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَبُرِّزَتِ ٱلۡجَحِيمُ لِمَن يَرَىٰ
Umuriro wa Jahanamu ukagaragarizwa (buri wese) ureba.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَمَّا مَن طَغَىٰ
Ubwo wa wundi wigometse,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَءَاثَرَ ٱلۡحَيَوٰةَ ٱلدُّنۡيَا
Agahitamo ubuzima bwo kuri iyi si (agakurikira ibibi aterwa n’irari rye),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَإِنَّ ٱلۡجَحِيمَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu uzaba ubuturo (bwe).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَمَّا مَنۡ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِۦ وَنَهَى ٱلنَّفۡسَ عَنِ ٱلۡهَوَىٰ
Ariko wa wundi watinye kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, akanabuza umutima we kurarikira ibibi,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَإِنَّ ٱلۡجَنَّةَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri, ubusitani (Ijuru) buzaba ubuturo (bwe).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
يَسۡـَٔلُونَكَ عَنِ ٱلسَّاعَةِ أَيَّانَ مُرۡسَىٰهَا
(Abahakanyi) barakubaza (yewe Muhamadi) ku bijyanye n’igihe imperuka izabera
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فِيمَ أَنتَ مِن ذِكۡرَىٰهَآ
Nta bumenyi ufite bwo kugira icyo uyivugaho,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِلَىٰ رَبِّكَ مُنتَهَىٰهَآ
Ubumenyi bwayo bwihariye Nyagasani wawe.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّمَآ أَنتَ مُنذِرُ مَن يَخۡشَىٰهَا
Ahubwo wowe (Muhamadi) nta kindi uri cyo uretse kuba uri umuburizi w’abatinya (umunsi w’imperuka).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
كَأَنَّهُمۡ يَوۡمَ يَرَوۡنَهَا لَمۡ يَلۡبَثُوٓاْ إِلَّا عَشِيَّةً أَوۡ ضُحَىٰهَا
Umunsi bazawubona, bazamera nk’aho babaye ku isi ikigoroba kimwe cyangwa igitondo kimwe.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
 
የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አን ናዚዓት
የምዕራፎች ማውጫ የገፅ ቁጥር
 
የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የትርጉሞች ማዉጫ

የተከበረው ቁርአን ኪንያርዋንድኛ ቋንቋ መልዕክተ ትርጉም - በሩዋንዳ ሙስሊሞች ማህበር

መዝጋት