Prijevod značenja časnog Kur'ana - الترجمة الكينيارواندية * - Sadržaj prijevodā

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Prijevod značenja Sura: Sura el-Inšikak   Ajet:

Al In’shiqaq (Ugusandara)

إِذَا ٱلسَّمَآءُ ٱنشَقَّتۡ
Igihe ikirere kizasandara (ku munsi w’imperuka),
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَأَذِنَتۡ لِرَبِّهَا وَحُقَّتۡ
Nuko kikumvira (itegeko rya) Nyagasani wacyo, kandi ibyo birakwiye (ko kimwumvira),
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَإِذَا ٱلۡأَرۡضُ مُدَّتۡ
N’igihe isi izaringanizwa,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَأَلۡقَتۡ مَا فِيهَا وَتَخَلَّتۡ
Maze igasohora ibiyirimo (abapfuye), igasigarira aho,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَأَذِنَتۡ لِرَبِّهَا وَحُقَّتۡ
Nuko ikumvira (itegeko rya) Nyagasani wayo, kandi ibyo birakwiye (ko imwumvira),
Tefsiri na arapskom jeziku:
يَٰٓأَيُّهَا ٱلۡإِنسَٰنُ إِنَّكَ كَادِحٌ إِلَىٰ رَبِّكَ كَدۡحٗا فَمُلَٰقِيهِ
Yewe muntu! Mu by’ukuri ukorana umuhate imirimo yawe ugana kwa Nyagasani wawe, kandi muzahura (ku munsi w’imperuka).
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِيَمِينِهِۦ
Bityo, uzahabwa igitabo cye (cy’ibikorwa bye) mu kuboko kw’iburyo,
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَسَوۡفَ يُحَاسَبُ حِسَابٗا يَسِيرٗا
Azabarurirwa mu buryo bworoshye,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَيَنقَلِبُ إِلَىٰٓ أَهۡلِهِۦ مَسۡرُورٗا
Kandi azasubira mu bantu be (umuryango we wakoze neza ku isi, ndetse n’abagore azagororerwa bo mu ijuru) yishimye!
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ وَرَآءَ ظَهۡرِهِۦ
Naho uzahabwa igitabo cye (cy’ibikorwa bye, akacyakirira) inyuma y’umugongo,
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَسَوۡفَ يَدۡعُواْ ثُبُورٗا
Azisabira kurimbuka,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَيَصۡلَىٰ سَعِيرًا
Kandi azahira mu muriro ugurumana.
Tefsiri na arapskom jeziku:
إِنَّهُۥ كَانَ فِيٓ أَهۡلِهِۦ مَسۡرُورًا
Mu by’ukuri (mu buzima bwo ku isi) yabaga mu muryango we yishimye,
Tefsiri na arapskom jeziku:
إِنَّهُۥ ظَنَّ أَن لَّن يَحُورَ
Mu by’ukuri yibwiraga ko atazagaruka (kwa Nyagasani we).
Tefsiri na arapskom jeziku:
بَلَىٰٓۚ إِنَّ رَبَّهُۥ كَانَ بِهِۦ بَصِيرٗا
Nyamara si byo! Mu by’ukuri Nyagasani we yabaga amubona neza.
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِٱلشَّفَقِ
Bityo, ndahiye igicu gitukura cy’izuba rirenga,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَٱلَّيۡلِ وَمَا وَسَقَ
N’ijoro n’ibyo ritwikira (byose),
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَٱلۡقَمَرِ إِذَا ٱتَّسَقَ
N’ukwezi igihe kuzuye,
Tefsiri na arapskom jeziku:
لَتَرۡكَبُنَّ طَبَقًا عَن طَبَقٖ
Ko rwose muzanyura mu byiciro bitandukanye (mu buzima bwa hano ku isi no ku munsi w’imperuka)
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَمَا لَهُمۡ لَا يُؤۡمِنُونَ
Ese babaye bate, kuki batemera?
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَإِذَا قُرِئَ عَلَيۡهِمُ ٱلۡقُرۡءَانُ لَا يَسۡجُدُونَۤ۩
Ndetse n’iyo basomewe Qur’an ntibajya bubama.
Tefsiri na arapskom jeziku:
بَلِ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ يُكَذِّبُونَ
Ahubwo abahakanye bahinyura (Intumwa Muhamadi n’inyigisho ze).
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَٱللَّهُ أَعۡلَمُ بِمَا يُوعُونَ
Kandi Allah azi neza ibyo bahisha (mu mitima yabo).
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَبَشِّرۡهُم بِعَذَابٍ أَلِيمٍ
Bityo, bagezeho inkuru y’ibihano bibabaza.
Tefsiri na arapskom jeziku:
إِلَّا ٱلَّذِينَ ءَامَنُواْ وَعَمِلُواْ ٱلصَّٰلِحَٰتِ لَهُمۡ أَجۡرٌ غَيۡرُ مَمۡنُونِۭ
Uretse abemeye bakanakora ibikorwa byiza, bazagororerwa ibihembo bidashira (Ijuru).
Tefsiri na arapskom jeziku:
 
Prijevod značenja Sura: Sura el-Inšikak
Indeks sura Broj stranice
 
Prijevod značenja časnog Kur'ana - الترجمة الكينيارواندية - Sadržaj prijevodā

ترجمة معاني القرآن الكريم إلى اللغة الكينيارواندية، ترجمها فريق جمعية مسلمي روندا.

Zatvaranje