Check out the new design

Traducción de los significados del Sagrado Corán - Traducción al kinyarwanda - Asociación de Musulmanes de Ruanda * - Índice de traducciones

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Traducción de significados Capítulo: As-Saaffaat   Versículo:
مَا لَكُمۡ كَيۡفَ تَحۡكُمُونَ
Ese mwabaye mute? Amahitamo yanyu ashingira kuki?
Las Exégesis Árabes:
أَفَلَا تَذَكَّرُونَ
Ese ntimutekereza?
Las Exégesis Árabes:
أَمۡ لَكُمۡ سُلۡطَٰنٞ مُّبِينٞ
Cyangwa mufite ibimenyetso bigaragara?
Las Exégesis Árabes:
فَأۡتُواْ بِكِتَٰبِكُمۡ إِن كُنتُمۡ صَٰدِقِينَ
Ngaho nimuzane igitabo cyanyu, niba muri abanyakuri!
Las Exégesis Árabes:
وَجَعَلُواْ بَيۡنَهُۥ وَبَيۡنَ ٱلۡجِنَّةِ نَسَبٗاۚ وَلَقَدۡ عَلِمَتِ ٱلۡجِنَّةُ إِنَّهُمۡ لَمُحۡضَرُونَ
Kandi banashyize isano hagati Ye (Allah) n’amajini, nyamara amajini yo azi neza ko azazanwa (imbere ya Allah kugira ngo acirwe urubanza).
Las Exégesis Árabes:
سُبۡحَٰنَ ٱللَّهِ عَمَّا يَصِفُونَ
Ubutagatifu ni ubwa Allah, nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!
Las Exégesis Árabes:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera (ni bo batajya bagira ibyo bamwitirira).
Las Exégesis Árabes:
فَإِنَّكُمۡ وَمَا تَعۡبُدُونَ
Bityo, mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) ndetse n’ibyo mugaragira bitari Allah,
Las Exégesis Árabes:
مَآ أَنتُمۡ عَلَيۡهِ بِفَٰتِنِينَ
Nta n’umwe (mu bemeramana) mushobora kuyobya.
Las Exégesis Árabes:
إِلَّا مَنۡ هُوَ صَالِ ٱلۡجَحِيمِ
Uretse abazajya mu muriro ugurumana.
Las Exégesis Árabes:
وَمَا مِنَّآ إِلَّا لَهُۥ مَقَامٞ مَّعۡلُومٞ
Kandi nta n’umwe muri twe (abamalayika) udafite umwanya uzwi (mu ijuru).
Las Exégesis Árabes:
وَإِنَّا لَنَحۡنُ ٱلصَّآفُّونَ
Mu by’ukuri twe (abamalayika) dutonda imirongo (dusali nk’uko Abayisilamu babigenza).
Las Exégesis Árabes:
وَإِنَّا لَنَحۡنُ ٱلۡمُسَبِّحُونَ
Kandi mu by’ukuri ni twe dusingiza (Allah).
Las Exégesis Árabes:
وَإِن كَانُواْ لَيَقُولُونَ
Kandi mu by’ukuri (ababangikanyamana b’i Maka) bajyaga bavuga bati:
Las Exégesis Árabes:
لَوۡ أَنَّ عِندَنَا ذِكۡرٗا مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
“Iyo tuza kugira urwibutso tuvanye ku bo hambere (mbere y’uko Intumwa Muhamadi ihabwa ubutumwa),
Las Exégesis Árabes:
لَكُنَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Mu by’ukuri twari kuba abagaragu ba Allah b’imbonera.”
Las Exégesis Árabes:
فَكَفَرُواْ بِهِۦۖ فَسَوۡفَ يَعۡلَمُونَ
Nyamara (nyuma y’uko Qur’an ibagezeho) barayihakanye kandi vuba aha bazaba bamenya (ukuri).
Las Exégesis Árabes:
وَلَقَدۡ سَبَقَتۡ كَلِمَتُنَا لِعِبَادِنَا ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi rwose, isezerano ryacu ku bagaragu bacu b’Intumwa, ryaje mbere
Las Exégesis Árabes:
إِنَّهُمۡ لَهُمُ ٱلۡمَنصُورُونَ
Ko mu by’ukuri ari bo bazatabarwa.
Las Exégesis Árabes:
وَإِنَّ جُندَنَا لَهُمُ ٱلۡغَٰلِبُونَ
Ndetse ko mu by’ukuri ingabo zacu ari zo zizatsinda.
Las Exégesis Árabes:
فَتَوَلَّ عَنۡهُمۡ حَتَّىٰ حِينٖ
Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,
Las Exégesis Árabes:
وَأَبۡصِرۡهُمۡ فَسَوۡفَ يُبۡصِرُونَ
Maze ubahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).
Las Exégesis Árabes:
أَفَبِعَذَابِنَا يَسۡتَعۡجِلُونَ
Ese ibihano byacu ni byo bashaka kwihutisha?
Las Exégesis Árabes:
فَإِذَا نَزَلَ بِسَاحَتِهِمۡ فَسَآءَ صَبَاحُ ٱلۡمُنذَرِينَ
Nyamara ubwo bizabamanukiraho, kizaba ari igitondo kibi ku baburiwe.
Las Exégesis Árabes:
وَتَوَلَّ عَنۡهُمۡ حَتَّىٰ حِينٖ
Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,
Las Exégesis Árabes:
وَأَبۡصِرۡ فَسَوۡفَ يُبۡصِرُونَ
Unabahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).
Las Exégesis Árabes:
سُبۡحَٰنَ رَبِّكَ رَبِّ ٱلۡعِزَّةِ عَمَّا يَصِفُونَ
Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wawe, Nyagasani Nyiricyubahiro! Nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!
Las Exégesis Árabes:
وَسَلَٰمٌ عَلَى ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi amahoro nabe ku Ntumwa (zose za Allah)
Las Exégesis Árabes:
وَٱلۡحَمۡدُ لِلَّهِ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Kandi ishimwe n’ikuzo byuzuye ni ibya Allah, Nyagasani w’ibiremwa byose.
Las Exégesis Árabes:
 
Traducción de significados Capítulo: As-Saaffaat
Índice de Capítulos Número de página
 
Traducción de los significados del Sagrado Corán - Traducción al kinyarwanda - Asociación de Musulmanes de Ruanda - Índice de traducciones

Publicada por la Asociación de Musulmanes de Ruanda.

Cerrar