Check out the new design

Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda * - Indise ng mga Salin

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt   Ayah:
مَا لَكُمۡ كَيۡفَ تَحۡكُمُونَ
Ese mwabaye mute? Amahitamo yanyu ashingira kuki?
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَفَلَا تَذَكَّرُونَ
Ese ntimutekereza?
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَمۡ لَكُمۡ سُلۡطَٰنٞ مُّبِينٞ
Cyangwa mufite ibimenyetso bigaragara?
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَأۡتُواْ بِكِتَٰبِكُمۡ إِن كُنتُمۡ صَٰدِقِينَ
Ngaho nimuzane igitabo cyanyu, niba muri abanyakuri!
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَجَعَلُواْ بَيۡنَهُۥ وَبَيۡنَ ٱلۡجِنَّةِ نَسَبٗاۚ وَلَقَدۡ عَلِمَتِ ٱلۡجِنَّةُ إِنَّهُمۡ لَمُحۡضَرُونَ
Kandi banashyize isano hagati Ye (Allah) n’amajini, nyamara amajini yo azi neza ko azazanwa (imbere ya Allah kugira ngo acirwe urubanza).
Ang mga Tafsir na Arabe:
سُبۡحَٰنَ ٱللَّهِ عَمَّا يَصِفُونَ
Ubutagatifu ni ubwa Allah, nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera (ni bo batajya bagira ibyo bamwitirira).
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَإِنَّكُمۡ وَمَا تَعۡبُدُونَ
Bityo, mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) ndetse n’ibyo mugaragira bitari Allah,
Ang mga Tafsir na Arabe:
مَآ أَنتُمۡ عَلَيۡهِ بِفَٰتِنِينَ
Nta n’umwe (mu bemeramana) mushobora kuyobya.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا مَنۡ هُوَ صَالِ ٱلۡجَحِيمِ
Uretse abazajya mu muriro ugurumana.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَمَا مِنَّآ إِلَّا لَهُۥ مَقَامٞ مَّعۡلُومٞ
Kandi nta n’umwe muri twe (abamalayika) udafite umwanya uzwi (mu ijuru).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَإِنَّا لَنَحۡنُ ٱلصَّآفُّونَ
Mu by’ukuri twe (abamalayika) dutonda imirongo (dusali nk’uko Abayisilamu babigenza).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَإِنَّا لَنَحۡنُ ٱلۡمُسَبِّحُونَ
Kandi mu by’ukuri ni twe dusingiza (Allah).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَإِن كَانُواْ لَيَقُولُونَ
Kandi mu by’ukuri (ababangikanyamana b’i Maka) bajyaga bavuga bati:
Ang mga Tafsir na Arabe:
لَوۡ أَنَّ عِندَنَا ذِكۡرٗا مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
“Iyo tuza kugira urwibutso tuvanye ku bo hambere (mbere y’uko Intumwa Muhamadi ihabwa ubutumwa),
Ang mga Tafsir na Arabe:
لَكُنَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Mu by’ukuri twari kuba abagaragu ba Allah b’imbonera.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَكَفَرُواْ بِهِۦۖ فَسَوۡفَ يَعۡلَمُونَ
Nyamara (nyuma y’uko Qur’an ibagezeho) barayihakanye kandi vuba aha bazaba bamenya (ukuri).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَقَدۡ سَبَقَتۡ كَلِمَتُنَا لِعِبَادِنَا ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi rwose, isezerano ryacu ku bagaragu bacu b’Intumwa, ryaje mbere
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّهُمۡ لَهُمُ ٱلۡمَنصُورُونَ
Ko mu by’ukuri ari bo bazatabarwa.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَإِنَّ جُندَنَا لَهُمُ ٱلۡغَٰلِبُونَ
Ndetse ko mu by’ukuri ingabo zacu ari zo zizatsinda.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَتَوَلَّ عَنۡهُمۡ حَتَّىٰ حِينٖ
Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَبۡصِرۡهُمۡ فَسَوۡفَ يُبۡصِرُونَ
Maze ubahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَفَبِعَذَابِنَا يَسۡتَعۡجِلُونَ
Ese ibihano byacu ni byo bashaka kwihutisha?
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَإِذَا نَزَلَ بِسَاحَتِهِمۡ فَسَآءَ صَبَاحُ ٱلۡمُنذَرِينَ
Nyamara ubwo bizabamanukiraho, kizaba ari igitondo kibi ku baburiwe.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَتَوَلَّ عَنۡهُمۡ حَتَّىٰ حِينٖ
Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَبۡصِرۡ فَسَوۡفَ يُبۡصِرُونَ
Unabahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).
Ang mga Tafsir na Arabe:
سُبۡحَٰنَ رَبِّكَ رَبِّ ٱلۡعِزَّةِ عَمَّا يَصِفُونَ
Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wawe, Nyagasani Nyiricyubahiro! Nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَسَلَٰمٌ عَلَى ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi amahoro nabe ku Ntumwa (zose za Allah)
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلۡحَمۡدُ لِلَّهِ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Kandi ishimwe n’ikuzo byuzuye ni ibya Allah, Nyagasani w’ibiremwa byose.
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda - Indise ng mga Salin

Inilabas ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda.

Isara