Check out the new design

Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda * - Indise ng mga Salin

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt   Ayah:

Aswafati

وَٱلصَّٰٓفَّٰتِ صَفّٗا
Ndahiye (abamalayika bahagaze) ku mirongo itunganye (basenga).
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱلزَّٰجِرَٰتِ زَجۡرٗا
N’abajyana ibicu (babyerekeza aho Allah ashaka).
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱلتَّٰلِيَٰتِ ذِكۡرًا
N’abasoma (amagambo ya Allah) basingiza (Nyagasani wabo).
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّ إِلَٰهَكُمۡ لَوَٰحِدٞ
Mu by’ukuri Imana yanyu ni imwe.
Ang mga Tafsir na Arabe:
رَّبُّ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِ وَمَا بَيۡنَهُمَا وَرَبُّ ٱلۡمَشَٰرِقِ
Nyagasani w’ibirere n’isi ndetse n’ibiri hagati yabyo, akaba na Nyagasani w’uburasirazuba bwose.[1]
[1] Izuba rirasira mu duce 365, rikanarengera mu duce 365, ari byo bingana n’iminsi igize umwaka. Buri munsi rirasira mu gice gishya kugeza umwaka urangiye, hanyuma rikazagaruka aho ryahereye nyuma y’umwaka.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّا زَيَّنَّا ٱلسَّمَآءَ ٱلدُّنۡيَا بِزِينَةٍ ٱلۡكَوَاكِبِ
Mu by’ukuri ikirere cyegereye isi twagitakishije inyenyeri.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَحِفۡظٗا مِّن كُلِّ شَيۡطَٰنٖ مَّارِدٖ
Tunakirinda buri shitani ryose ryigometse (dukoresheje ibishashi by’umuriro).
Ang mga Tafsir na Arabe:
لَّا يَسَّمَّعُونَ إِلَى ٱلۡمَلَإِ ٱلۡأَعۡلَىٰ وَيُقۡذَفُونَ مِن كُلِّ جَانِبٖ
Ntashobora (amashitani) kumviriza (ibivugwa n’) abanyacyubahiro bo hejuru (abamalayika), kubera ko aterwa (ibishashi) mu mpande zose.
Ang mga Tafsir na Arabe:
دُحُورٗاۖ وَلَهُمۡ عَذَابٞ وَاصِبٌ
Bigamije kuyirukana. Kandi (no ku munsi w’imperuka) azahanishwa ibihano bihoraho.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا مَنۡ خَطِفَ ٱلۡخَطۡفَةَ فَأَتۡبَعَهُۥ شِهَابٞ ثَاقِبٞ
Usibye iribashije kwiba (ibanga) bwangu nuko rigakurikizwa ibishashi by’umuriro.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱسۡتَفۡتِهِمۡ أَهُمۡ أَشَدُّ خَلۡقًا أَم مَّنۡ خَلَقۡنَآۚ إِنَّا خَلَقۡنَٰهُم مِّن طِينٖ لَّازِبِۭ
Ngaho (yewe Muhamadi) babaze (abahakanyi b’i Maka) niba iremwa ryabo ari ryo rikomeye kurusha ibyo twaremye (ibirere n’isi ndetse n’imisozi). Mu by’ukuri twabaremye mu ibumba rimatira.
Ang mga Tafsir na Arabe:
بَلۡ عَجِبۡتَ وَيَسۡخَرُونَ
Ahubwo uratangazwa (no kuba bahakana izuka) naho bo banannyega (ubutumwa bwawe).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَإِذَا ذُكِّرُواْ لَا يَذۡكُرُونَ
N’iyo bibukijwe (amagambo ya Allah) ntibibuka.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَإِذَا رَأَوۡاْ ءَايَةٗ يَسۡتَسۡخِرُونَ
N’iyo babonye igitangaza (giturutse kwa Allah) bashishikarizanya kukinnyega.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَقَالُوٓاْ إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا سِحۡرٞ مُّبِينٌ
Maze bakavuga bati “Iki si ikindi usibye ko ari uburozi bugaragara.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَءِذَا مِتۡنَا وَكُنَّا تُرَابٗا وَعِظَٰمًا أَءِنَّا لَمَبۡعُوثُونَ
“Ese nidupfa tugahinduka igitaka ndetse n’amagufa (akabora) tuzazurwa koko?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَوَءَابَآؤُنَا ٱلۡأَوَّلُونَ
“N’abakurambere bacu (bazazurwa) se?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
قُلۡ نَعَمۡ وَأَنتُمۡ دَٰخِرُونَ
Vuga (yewe Muhamadi) uti “Yego! (muzazurwa), kandi muzaba musuzuguritse.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَإِنَّمَا هِيَ زَجۡرَةٞ وَٰحِدَةٞ فَإِذَا هُمۡ يَنظُرُونَ
Mu by’ukuri impanda izavuzwa rimwe, maze (bazurwe) babone (ibyo basezeranyijwe).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَقَالُواْ يَٰوَيۡلَنَا هَٰذَا يَوۡمُ ٱلدِّينِ
Nuko bavuge bati “Mbega ishyano tubonye! Uyu ni umunsi w’ibihembo.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
هَٰذَا يَوۡمُ ٱلۡفَصۡلِ ٱلَّذِي كُنتُم بِهِۦ تُكَذِّبُونَ
Uyu ni wo munsi w’urubanza mwajyaga muhinyura.
Ang mga Tafsir na Arabe:
۞ ٱحۡشُرُواْ ٱلَّذِينَ ظَلَمُواْ وَأَزۡوَٰجَهُمۡ وَمَا كَانُواْ يَعۡبُدُونَ
(Abamalayika bazababwira) bati “Mukoranye inkozi z’ibibi n’abambari bazo ndetse n’ibyo basengaga,
Ang mga Tafsir na Arabe:
مِن دُونِ ٱللَّهِ فَٱهۡدُوهُمۡ إِلَىٰ صِرَٰطِ ٱلۡجَحِيمِ
“Bitari Allah, maze muberekeze mu nzira igana umuriro ugurumana”,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَقِفُوهُمۡۖ إِنَّهُم مَّسۡـُٔولُونَ
“Munabahagarike kuko mu by’ukuri bagomba (kubanza) kubazwa.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda - Indise ng mga Salin

Inilabas ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda.

Isara