Check out the new design

Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda * - Indise ng mga Salin

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt   Ayah:
مَا لَكُمۡ لَا تَنَاصَرُونَ
(Bazabazwa bati) “Byagenze bite ko mudatabarana (nk’uko mwabigenzaga ku isi)?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
بَلۡ هُمُ ٱلۡيَوۡمَ مُسۡتَسۡلِمُونَ
Ahubwo kuri uwo munsi bazaba baciye bugufi (basuzuguritse).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَسَآءَلُونَ
Nuko bamwe bahindukire berekere ku bandi babazanya
Ang mga Tafsir na Arabe:
قَالُوٓاْ إِنَّكُمۡ كُنتُمۡ تَأۡتُونَنَا عَنِ ٱلۡيَمِينِ
Bavuga bati “Mu by’ukuri ni mwe mwatugeragaho mwitwaje idini kandi mugamije kutuyobya.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
قَالُواْ بَل لَّمۡ تَكُونُواْ مُؤۡمِنِينَ
Abandi babasubize bati “Ahubwo ntabwo mwari abemeramana”,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَمَا كَانَ لَنَا عَلَيۡكُم مِّن سُلۡطَٰنِۭۖ بَلۡ كُنتُمۡ قَوۡمٗا طَٰغِينَ
“Kandi nta bubasha twari tubafiteho; ahubwo mwari abantu barengera (imbibi za Allah).”
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَحَقَّ عَلَيۡنَا قَوۡلُ رَبِّنَآۖ إِنَّا لَذَآئِقُونَ
“None imvugo ya Nyagasani wacu idusohoreyeho ko tugomba kumva ububabare bw’ibihano.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَأَغۡوَيۡنَٰكُمۡ إِنَّا كُنَّا غَٰوِينَ
“Twarabayobeje kuko mu by’ukuri natwe twari twarayobye.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَإِنَّهُمۡ يَوۡمَئِذٖ فِي ٱلۡعَذَابِ مُشۡتَرِكُونَ
Kuri uwo munsi bose bazaba bafatanyije ibihano.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَفۡعَلُ بِٱلۡمُجۡرِمِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugenza inkozi z’ibibi,
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّهُمۡ كَانُوٓاْ إِذَا قِيلَ لَهُمۡ لَآ إِلَٰهَ إِلَّا ٱللَّهُ يَسۡتَكۡبِرُونَ
Kuko iyo babwirwaga ko nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse Allah, baribonaga.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَيَقُولُونَ أَئِنَّا لَتَارِكُوٓاْ ءَالِهَتِنَا لِشَاعِرٖ مَّجۡنُونِۭ
Bakanavuga bati “Ese koko tureke imana zacu kubera umusizi w’umusazi?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
بَلۡ جَآءَ بِٱلۡحَقِّ وَصَدَّقَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Ahubwo (Intumwa Muhamadi) yazanye ukuri inahamya iby’Intumwa zayibanjirije.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّكُمۡ لَذَآئِقُواْ ٱلۡعَذَابِ ٱلۡأَلِيمِ
Mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) mugiye kumva ibihano bibabaza.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَمَا تُجۡزَوۡنَ إِلَّا مَا كُنتُمۡ تَعۡمَلُونَ
Kandi nta kindi muri buhemberwe kitari ibyo mwakoze.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Ang mga Tafsir na Arabe:
أُوْلَٰٓئِكَ لَهُمۡ رِزۡقٞ مَّعۡلُومٞ
Abo bazahabwa amafunguro azwi (mu ijuru):
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَوَٰكِهُ وَهُم مُّكۡرَمُونَ
Imbuto; kandi bazaba bubashywe,
Ang mga Tafsir na Arabe:
فِي جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu busitani bwuje inema (Ijuru).
Ang mga Tafsir na Arabe:
عَلَىٰ سُرُرٖ مُّتَقَٰبِلِينَ
Bari ku bitanda berekeranye,
Ang mga Tafsir na Arabe:
يُطَافُ عَلَيۡهِم بِكَأۡسٖ مِّن مَّعِينِۭ
Bazengurutswamo ibirahuri by’inzoga (zidasindisha) zavomwe mu migezi itemba,
Ang mga Tafsir na Arabe:
بَيۡضَآءَ لَذَّةٖ لِّلشَّٰرِبِينَ
Zererana, ziryoheye abazinywa.
Ang mga Tafsir na Arabe:
لَا فِيهَا غَوۡلٞ وَلَا هُمۡ عَنۡهَا يُنزَفُونَ
Nta ngaruka zizabagiraho ndetse nta n’ubwo zizatuma bata ubwenge
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَعِندَهُمۡ قَٰصِرَٰتُ ٱلطَّرۡفِ عِينٞ
Kandi bazaba bafite (abagore) barinda indoro zabo, b’amaso meza manini
Ang mga Tafsir na Arabe:
كَأَنَّهُنَّ بَيۡضٞ مَّكۡنُونٞ
Bameze nk’amagi yarinzwe neza.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَسَآءَلُونَ
Maze bamwe bahindukire barebe abandi babazanye.
Ang mga Tafsir na Arabe:
قَالَ قَآئِلٞ مِّنۡهُمۡ إِنِّي كَانَ لِي قَرِينٞ
Umwe muri bo azavuga ati “Mu by’ukuri nari mfite inshuti magara (ku isi)”,
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda - Indise ng mga Salin

Inilabas ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda.

Isara