Check out the new design

Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda * - Indise ng mga Salin

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt   Ayah:
يَقُولُ أَءِنَّكَ لَمِنَ ٱلۡمُصَدِّقِينَ
Yajyaga ivuga iti “Ese wowe koko uri mu bemera (izuka)”?
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَءِذَا مِتۡنَا وَكُنَّا تُرَابٗا وَعِظَٰمًا أَءِنَّا لَمَدِينُونَ
“Ese nidupfa tugahinduka igitaka n’amagufa (akabora), tuzabazwa ibyo twakoze koko?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
قَالَ هَلۡ أَنتُم مُّطَّلِعُونَ
Avuge ati “Ese mushobora kureba (mu muriro)?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱطَّلَعَ فَرَءَاهُ فِي سَوَآءِ ٱلۡجَحِيمِ
Nuko arebe amubone hagati mu muriro ugurumana.
Ang mga Tafsir na Arabe:
قَالَ تَٱللَّهِ إِن كِدتَّ لَتُرۡدِينِ
Avuge ati “Ndahiye ku izina rya Allah! Wari hafi yo kunyoreka.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَوۡلَا نِعۡمَةُ رَبِّي لَكُنتُ مِنَ ٱلۡمُحۡضَرِينَ
“Iyo bitaza kuba ku bw’inema ya Nyagasani wanjye, nanjye nari kuba mu bazanywe (mu muriro nka we).”
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَفَمَا نَحۡنُ بِمَيِّتِينَ
(Abazaba bari mu ijuru bazavuga bati) “Ese ntabwo tuzongera gupfa?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا مَوۡتَتَنَا ٱلۡأُولَىٰ وَمَا نَحۡنُ بِمُعَذَّبِينَ
“Usibye gusa urupfu rwacu rwa mbere, ndetse nta n’ubwo tuzahanwa (nyuma y’uko twinjiye mu ijuru)?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّ هَٰذَا لَهُوَ ٱلۡفَوۡزُ ٱلۡعَظِيمُ
“Mu by’ukuri iyi ni intsinzi ihambaye.”
Ang mga Tafsir na Arabe:
لِمِثۡلِ هَٰذَا فَلۡيَعۡمَلِ ٱلۡعَٰمِلُونَ
Ku rugero nk’uru, ngaho abakora (ibyiza) nibakore.
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَذَٰلِكَ خَيۡرٞ نُّزُلًا أَمۡ شَجَرَةُ ٱلزَّقُّومِ
Ese kwakirwa gutyo si ko kwiza, cyangwa (kwakirizwa) igiti cya Zaqum (kigira imbuto zirura cyane, ni byo byiza)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّا جَعَلۡنَٰهَا فِتۡنَةٗ لِّلظَّٰلِمِينَ
Mu by’ukuri (icyo giti) twakigize ikigeragezo ku bahakanyi.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّهَا شَجَرَةٞ تَخۡرُجُ فِيٓ أَصۡلِ ٱلۡجَحِيمِ
Ni igiti gishibuka mu ndiba y’umuriro ugurumana.
Ang mga Tafsir na Arabe:
طَلۡعُهَا كَأَنَّهُۥ رُءُوسُ ٱلشَّيَٰطِينِ
Imbuto zacyo zimeze nk’imitwe y’amashitani.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَإِنَّهُمۡ لَأٓكِلُونَ مِنۡهَا فَمَالِـُٔونَ مِنۡهَا ٱلۡبُطُونَ
Mu by’ukuri bazazirya bazuzuze inda.
Ang mga Tafsir na Arabe:
ثُمَّ إِنَّ لَهُمۡ عَلَيۡهَا لَشَوۡبٗا مِّنۡ حَمِيمٖ
Maze barenzeho amazi avangiye yatuye.
Ang mga Tafsir na Arabe:
ثُمَّ إِنَّ مَرۡجِعَهُمۡ لَإِلَى ٱلۡجَحِيمِ
Hanyuma ukugaruka kwabo kuzabe kwerekera mu muriro ugurumana.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّهُمۡ أَلۡفَوۡاْ ءَابَآءَهُمۡ ضَآلِّينَ
Mu by’ukuri basanze abakurambere babo barayobye.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَهُمۡ عَلَىٰٓ ءَاثَٰرِهِمۡ يُهۡرَعُونَ
Nuko na bo bihutira kugera ikirenge mu cyabo.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَقَدۡ ضَلَّ قَبۡلَهُمۡ أَكۡثَرُ ٱلۡأَوَّلِينَ
Kandi rwose abenshi mu babayeho mbere yabo barayobye.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَقَدۡ أَرۡسَلۡنَا فِيهِم مُّنذِرِينَ
Kandi mu by’ukuri twaranaboherereje ababurizi.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱنظُرۡ كَيۡفَ كَانَ عَٰقِبَةُ ٱلۡمُنذَرِينَ
Ngaho reba uko iherezo ry’ababuriwe ryagenze.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَقَدۡ نَادَىٰنَا نُوحٞ فَلَنِعۡمَ ٱلۡمُجِيبُونَ
Kandi rwose Nuhu yaratwiyambaje kandi ni twe beza bo gusubiza (uwatwiyambaje).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَنَجَّيۡنَٰهُ وَأَهۡلَهُۥ مِنَ ٱلۡكَرۡبِ ٱلۡعَظِيمِ
Nuko tumurokorana n’abantu be mu makuba ahambaye.
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: As-Sāffāt
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda - Indise ng mga Salin

Inilabas ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda.

Isara