Check out the new design

ترجمهٔ معانی قرآن کریم - ترجمه‌ى رواندایی - انجمن مسلمانان روندا * - لیست ترجمه ها

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

ترجمهٔ معانی سوره: شعراء   آیه:
قَالَ وَمَا عِلۡمِي بِمَا كَانُواْ يَعۡمَلُونَ
(Nuhu) aravuga ati “Ntabwo nshinzwe kumenya ibyo bakora (icyo nshinzwe ni ukubagezaho ubutumwa gusa)”
تفسیرهای عربی:
إِنۡ حِسَابُهُمۡ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّيۖ لَوۡ تَشۡعُرُونَ
Ibarura ryabo rireba Nyagasani wanjye, iyaba mwari mubizi!
تفسیرهای عربی:
وَمَآ أَنَا۠ بِطَارِدِ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Kandi njye sinshobora kwirukana abemeramana.
تفسیرهای عربی:
إِنۡ أَنَا۠ إِلَّا نَذِيرٞ مُّبِينٞ
Nta kindi ndi cyo, usibye kuba ndi umuburizi ugaragara.
تفسیرهای عربی:
قَالُواْ لَئِن لَّمۡ تَنتَهِ يَٰنُوحُ لَتَكُونَنَّ مِنَ ٱلۡمَرۡجُومِينَ
Baravuga bati “Yewe Nuhu! Nuramuka utarekeye aho (ibyo wigisha), rwose uzaba mu bazaterwa amabuye (kugeza upfuye).”
تفسیرهای عربی:
قَالَ رَبِّ إِنَّ قَوۡمِي كَذَّبُونِ
(Nuhu) aravuga ati “Nyagasani! Mu by’ukuri abantu banjye barampakanye”,
تفسیرهای عربی:
فَٱفۡتَحۡ بَيۡنِي وَبَيۡنَهُمۡ فَتۡحٗا وَنَجِّنِي وَمَن مَّعِيَ مِنَ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
“Bityo ca iteka ridasubirwaho hagati yanjye na bo (ririmbura abahakanye), kandi undokorane n’abemeramana turi kumwe.”
تفسیرهای عربی:
فَأَنجَيۡنَٰهُ وَمَن مَّعَهُۥ فِي ٱلۡفُلۡكِ ٱلۡمَشۡحُونِ
Nuko tumurokorana n’abari kumwe na we mu nkuge yuzuye (ibiremwa bitandukanye yashyizemo).
تفسیرهای عربی:
ثُمَّ أَغۡرَقۡنَا بَعۡدُ ٱلۡبَاقِينَ
Maze nyuma tworeka abasigaye (abahakanye).
تفسیرهای عربی:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera.
تفسیرهای عربی:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Munyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
تفسیرهای عربی:
كَذَّبَتۡ عَادٌ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Aba Adi (na bo) bahinyuye Intumwa.
تفسیرهای عربی:
إِذۡ قَالَ لَهُمۡ أَخُوهُمۡ هُودٌ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo umuvandimwe wabo Hudu yababwiraga ati “Ese ntimwatinya (Allah)?”
تفسیرهای عربی:
إِنِّي لَكُمۡ رَسُولٌ أَمِينٞ
“Mu by’ukuri njye ndi Intumwa yanyu yizewe.”
تفسیرهای عربی:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
126.“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
تفسیرهای عربی:
وَمَآ أَسۡـَٔلُكُمۡ عَلَيۡهِ مِنۡ أَجۡرٍۖ إِنۡ أَجۡرِيَ إِلَّا عَلَىٰ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Kandi ntabwo (kubagezaho ubutumwa) mbibasabira igihembo, kuko ibihembo byanjye biri kwa Nyagasani w’ibiremwa byose.”
تفسیرهای عربی:
أَتَبۡنُونَ بِكُلِّ رِيعٍ ءَايَةٗ تَعۡبَثُونَ
Ese mwubaka (amazu maremare) ahirengeye hose mugamije kunnyega no gusuzugura (abagenzi bayanyuraho)?
تفسیرهای عربی:
وَتَتَّخِذُونَ مَصَانِعَ لَعَلَّكُمۡ تَخۡلُدُونَ
Mukanubaka ingoro z’imitamenwa nk’aho muzazibamo ubuziraherezo?
تفسیرهای عربی:
وَإِذَا بَطَشۡتُم بَطَشۡتُمۡ جَبَّارِينَ
N’iyo mugabye igitero (ku wo ari we wese), mukigaba nta mpuhwe.
تفسیرهای عربی:
فَٱتَّقُواْ ٱللَّهَ وَأَطِيعُونِ
“Bityo nimugandukire Allah kandi munyumvire.”
تفسیرهای عربی:
وَٱتَّقُواْ ٱلَّذِيٓ أَمَدَّكُم بِمَا تَعۡلَمُونَ
Kandi mugandukire uwabahaye inema (zose) muzi.
تفسیرهای عربی:
أَمَدَّكُم بِأَنۡعَٰمٖ وَبَنِينَ
Yabahaye amatungo n’urubyaro,
تفسیرهای عربی:
وَجَنَّٰتٖ وَعُيُونٍ
(Anabaha) imirima n’imigezi.
تفسیرهای عربی:
إِنِّيٓ أَخَافُ عَلَيۡكُمۡ عَذَابَ يَوۡمٍ عَظِيمٖ
(Hudu aravuga ati) “Mu by’ukuri ndatinya ko (nimukomeza guhakana) mwazahanishwa ibihano byo ku munsi uhambaye.”
تفسیرهای عربی:
قَالُواْ سَوَآءٌ عَلَيۡنَآ أَوَعَظۡتَ أَمۡ لَمۡ تَكُن مِّنَ ٱلۡوَٰعِظِينَ
Baravuga bati “Watwigisha utatwigisha byose ni kimwe kuri twe (ntidushobora kukwemera).”
تفسیرهای عربی:
 
ترجمهٔ معانی سوره: شعراء
فهرست سوره ها شماره صفحه
 
ترجمهٔ معانی قرآن کریم - ترجمه‌ى رواندایی - انجمن مسلمانان روندا - لیست ترجمه ها

انجمن مسلمانان روندا آن را منتشر كرده است.

بستن