Traduction des sens du Noble Coran - الترجمة الكينيارواندية * - Lexique des traductions

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Traduction des sens Sourate: AL-MA’ÂRIJ   Verset:

Almaarij (Inzego)

سَأَلَ سَآئِلُۢ بِعَذَابٖ وَاقِعٖ
Usaba yasabye ko ibihano bigomba kuzabaho bisohora,
Les exégèses en arabe:
لِّلۡكَٰفِرِينَ لَيۡسَ لَهُۥ دَافِعٞ
(Nyamara ibyo bihano) nta kizabibuza kugera ku bahakanyi,
Les exégèses en arabe:
مِّنَ ٱللَّهِ ذِي ٱلۡمَعَارِجِ
(Bizabageraho ku munsi w’imperuka) biturutse kwa Allah, nyir’amayira azamuka (agana mu ijuru).
Les exégèses en arabe:
تَعۡرُجُ ٱلۡمَلَٰٓئِكَةُ وَٱلرُّوحُ إِلَيۡهِ فِي يَوۡمٖ كَانَ مِقۡدَارُهُۥ خَمۡسِينَ أَلۡفَ سَنَةٖ
Abamalayika ndetse na Roho (Malayika Jibrilu) bazamuka iwe (Allah) mu gihe cy’umunsi umwe ungana n’imyaka ibihumbi mirongo itanu (ya hano ku isi, abandi batari bo bakoresha muri urwo rugendo).
Les exégèses en arabe:
فَٱصۡبِرۡ صَبۡرٗا جَمِيلًا
Bityo, ihangane (yewe Muhamadi) wifashishije ukwihangana kwiza.
Les exégèses en arabe:
إِنَّهُمۡ يَرَوۡنَهُۥ بَعِيدٗا
Mu by’ukuri bo babona (imperuka) iri kure,
Les exégèses en arabe:
وَنَرَىٰهُ قَرِيبٗا
Nyamara twe tukabona iri hafi.
Les exégèses en arabe:
يَوۡمَ تَكُونُ ٱلسَّمَآءُ كَٱلۡمُهۡلِ
Umunsi ikirere kizaba nk’umushongi w’umuringa.
Les exégèses en arabe:
وَتَكُونُ ٱلۡجِبَالُ كَٱلۡعِهۡنِ
N’imisozi ikaba nk’ubwoya (bukemurwa ku matungo bukorwamo imyambaro)
Les exégèses en arabe:
وَلَا يَسۡـَٔلُ حَمِيمٌ حَمِيمٗا
Kandi nta nshuti izigera ibaza iby’inshuti yayo,
Les exégèses en arabe:
يُبَصَّرُونَهُمۡۚ يَوَدُّ ٱلۡمُجۡرِمُ لَوۡ يَفۡتَدِي مِنۡ عَذَابِ يَوۡمِئِذِۭ بِبَنِيهِ
N’ubwo bazaba barebana (ndetse bakanamenyana, ariko nta cyo bazamarirana). Kubera ibihano by’uwo munsi, umunyabyaha azifuza gutangaho incungu abana be,
Les exégèses en arabe:
وَصَٰحِبَتِهِۦ وَأَخِيهِ
Umugore we, umuvandimwe we,
Les exégèses en arabe:
وَفَصِيلَتِهِ ٱلَّتِي تُـٔۡوِيهِ
N’umuryango we yahungiragaho (akiri ku isi igihe ahuye n’ibimuteye ubwoba).
Les exégèses en arabe:
وَمَن فِي ٱلۡأَرۡضِ جَمِيعٗا ثُمَّ يُنجِيهِ
Ndetse n’abari mu isi bose (azifuza kubatangaho incungu) kugira ngo arokoke.
Les exégèses en arabe:
كَلَّآۖ إِنَّهَا لَظَىٰ
Ariko nta cyo bizamumarira! Ahubwo azajya mu muriro ugurumana,
Les exégèses en arabe:
نَزَّاعَةٗ لِّلشَّوَىٰ
Uhubuzaho uruhu rw’agahanga,
Les exégèses en arabe:
تَدۡعُواْ مَنۡ أَدۡبَرَ وَتَوَلَّىٰ
Uzaba uhamagara uwo ari we wese wateraga umugongo akanirengagiza (ukuri gukubiye muri Qur’an),
Les exégèses en arabe:
وَجَمَعَ فَأَوۡعَىٰٓ
Akanakusanya (umutungo) akawuhunika (ntawukoreshe mu nzira ya Allah).
Les exégèses en arabe:
۞ إِنَّ ٱلۡإِنسَٰنَ خُلِقَ هَلُوعًا
Mu by’ukuri umuntu yaremanywe ukutihangana,
Les exégèses en arabe:
إِذَا مَسَّهُ ٱلشَّرُّ جَزُوعٗا
Iyo ikibi kimugezeho, ariheba cyane.
Les exégèses en arabe:
وَإِذَا مَسَّهُ ٱلۡخَيۡرُ مَنُوعًا
Naho icyiza cyamugeraho, akaba umunyabugugu cyane.
Les exégèses en arabe:
إِلَّا ٱلۡمُصَلِّينَ
Uretse abakora iswala,
Les exégèses en arabe:
ٱلَّذِينَ هُمۡ عَلَىٰ صَلَاتِهِمۡ دَآئِمُونَ
Ba bandi bahozaho iswala zabo,
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِينَ فِيٓ أَمۡوَٰلِهِمۡ حَقّٞ مَّعۡلُومٞ
Na ba bandi bagena umugabane uzwi (Zakat) mu mitungo yabo,
Les exégèses en arabe:
لِّلسَّآئِلِ وَٱلۡمَحۡرُومِ
Wagenewe usaba n’uwiyumanganyije (nyamara akeneye ubufasha);
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِينَ يُصَدِّقُونَ بِيَوۡمِ ٱلدِّينِ
Na ba bandi bemera ko umunsi w’ibihembo ari ukuri,
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِينَ هُم مِّنۡ عَذَابِ رَبِّهِم مُّشۡفِقُونَ
Na ba bandi batinya ibihano bya Nyagasani wabo.
Les exégèses en arabe:
إِنَّ عَذَابَ رَبِّهِمۡ غَيۡرُ مَأۡمُونٖ
Kubera ko mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wabo nta n’umwe wakwizera ko bitamugeraho.
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِينَ هُمۡ لِفُرُوجِهِمۡ حَٰفِظُونَ
Na ba bandi barinda ubwambure bwabo (ubusambanyi),
Les exégèses en arabe:
إِلَّا عَلَىٰٓ أَزۡوَٰجِهِمۡ أَوۡ مَا مَلَكَتۡ أَيۡمَٰنُهُمۡ فَإِنَّهُمۡ غَيۡرُ مَلُومِينَ
Uretse ku bagore babo cyangwa se ku bo bafiteho ububasha (abaja). Mu by’ukuri bo ntibabigayirwa.
Les exégèses en arabe:
فَمَنِ ٱبۡتَغَىٰ وَرَآءَ ذَٰلِكَ فَأُوْلَٰٓئِكَ هُمُ ٱلۡعَادُونَ
Ariko abazashaka (kwinezeza) ku batari abo (bavuzwe), rwose abo bazaba batandukiriye.
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِينَ هُمۡ لِأَمَٰنَٰتِهِمۡ وَعَهۡدِهِمۡ رَٰعُونَ
Na ba bandi barinda ibyo baragijwe ndetse bakubahiriza n’amasezerano yabo.
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِينَ هُم بِشَهَٰدَٰتِهِمۡ قَآئِمُونَ
Na ba bandi batanga ubuhamya bw’ukuri.
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِينَ هُمۡ عَلَىٰ صَلَاتِهِمۡ يُحَافِظُونَ
Na ba bandi bahozaho iswala zabo (ku bihe byagenwe);
Les exégèses en arabe:
أُوْلَٰٓئِكَ فِي جَنَّٰتٖ مُّكۡرَمُونَ
Abo bazajya mu busitani (Ijuru) kandi bubashywe,
Les exégèses en arabe:
فَمَالِ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ قِبَلَكَ مُهۡطِعِينَ
None se ni iyihe mpamvu ituma abahakanyi bakugana (yewe Muhamadi) bihuta (bashaka kukumva, kandi batakwemera)?
Les exégèses en arabe:
عَنِ ٱلۡيَمِينِ وَعَنِ ٱلشِّمَالِ عِزِينَ
(Bicaye) mu matsinda iburyo n’ibumoso bwawe?
Les exégèses en arabe:
أَيَطۡمَعُ كُلُّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ أَن يُدۡخَلَ جَنَّةَ نَعِيمٖ
Ese buri wese muri bo ararikiye kuzinjizwa mu Ijuru ryuje ingabire?
Les exégèses en arabe:
كَلَّآۖ إِنَّا خَلَقۡنَٰهُم مِّمَّا يَعۡلَمُونَ
Ntabwo ari ko bimeze! Mu by’ukuri twabaremye tubakomoye mu byo bazi[1] (ariko banga kwemera).
[1] Ibyo bazi bivugwa muri uyu murongo ni igitaka n’intanga umuntu yaremwemo.
Les exégèses en arabe:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِرَبِّ ٱلۡمَشَٰرِقِ وَٱلۡمَغَٰرِبِ إِنَّا لَقَٰدِرُونَ
Bityo, ndahiye ku izina rya Nyagasani w’Uburasirazuba bwose n’Uburengerazuba bwose, ko rwose dushoboye,
Les exégèses en arabe:
عَلَىٰٓ أَن نُّبَدِّلَ خَيۡرٗا مِّنۡهُمۡ وَمَا نَحۡنُ بِمَسۡبُوقِينَ
Kubasimbuza abeza kubarusha, kandi ntibyatunanira.
Les exégèses en arabe:
فَذَرۡهُمۡ يَخُوضُواْ وَيَلۡعَبُواْ حَتَّىٰ يُلَٰقُواْ يَوۡمَهُمُ ٱلَّذِي يُوعَدُونَ
Bityo, bareke bavuge ibidafite umumaro, banikinire kugeza ubwo bazahura n’umunsi wabo basezeranyijwe.
Les exégèses en arabe:
يَوۡمَ يَخۡرُجُونَ مِنَ ٱلۡأَجۡدَاثِ سِرَاعٗا كَأَنَّهُمۡ إِلَىٰ نُصُبٖ يُوفِضُونَ
Umunsi bazasohoka mu mva zabo bihuta, nk’uko bihutaga bagana amabuye ashinze (ibigirwamana byabo).
Les exégèses en arabe:
خَٰشِعَةً أَبۡصَٰرُهُمۡ تَرۡهَقُهُمۡ ذِلَّةٞۚ ذَٰلِكَ ٱلۡيَوۡمُ ٱلَّذِي كَانُواْ يُوعَدُونَ
Bazaba bubitse amaso (kubera ikimwaro), batwikiriwe n’ugusuzugurika. Uwo ni wo munsi bajyaga basezeranywa.
Les exégèses en arabe:
 
Traduction des sens Sourate: AL-MA’ÂRIJ
Lexique des sourates Numéro de la page
 
Traduction des sens du Noble Coran - الترجمة الكينيارواندية - Lexique des traductions

ترجمة معاني القرآن الكريم إلى اللغة الكينيارواندية، ترجمها فريق جمعية مسلمي روندا.

Fermeture