Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an sa wikang Kinyarwanda. Isinalin ito ng isang pangkat ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda. * - Indise ng mga Salin

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: Al-Ma‘ārij   Ayah:

Almaarij (Inzego)

سَأَلَ سَآئِلُۢ بِعَذَابٖ وَاقِعٖ
Usaba yasabye ko ibihano bigomba kuzabaho bisohora,
Ang mga Tafsir na Arabe:
لِّلۡكَٰفِرِينَ لَيۡسَ لَهُۥ دَافِعٞ
(Nyamara ibyo bihano) nta kizabibuza kugera ku bahakanyi,
Ang mga Tafsir na Arabe:
مِّنَ ٱللَّهِ ذِي ٱلۡمَعَارِجِ
(Bizabageraho ku munsi w’imperuka) biturutse kwa Allah, nyir’amayira azamuka (agana mu ijuru).
Ang mga Tafsir na Arabe:
تَعۡرُجُ ٱلۡمَلَٰٓئِكَةُ وَٱلرُّوحُ إِلَيۡهِ فِي يَوۡمٖ كَانَ مِقۡدَارُهُۥ خَمۡسِينَ أَلۡفَ سَنَةٖ
Abamalayika ndetse na Roho (Malayika Jibrilu) bazamuka iwe (Allah) mu gihe cy’umunsi umwe ungana n’imyaka ibihumbi mirongo itanu (ya hano ku isi, abandi batari bo bakoresha muri urwo rugendo).
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَٱصۡبِرۡ صَبۡرٗا جَمِيلًا
Bityo, ihangane (yewe Muhamadi) wifashishije ukwihangana kwiza.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّهُمۡ يَرَوۡنَهُۥ بَعِيدٗا
Mu by’ukuri bo babona (imperuka) iri kure,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَنَرَىٰهُ قَرِيبٗا
Nyamara twe tukabona iri hafi.
Ang mga Tafsir na Arabe:
يَوۡمَ تَكُونُ ٱلسَّمَآءُ كَٱلۡمُهۡلِ
Umunsi ikirere kizaba nk’umushongi w’umuringa.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَتَكُونُ ٱلۡجِبَالُ كَٱلۡعِهۡنِ
N’imisozi ikaba nk’ubwoya (bukemurwa ku matungo bukorwamo imyambaro)
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَا يَسۡـَٔلُ حَمِيمٌ حَمِيمٗا
Kandi nta nshuti izigera ibaza iby’inshuti yayo,
Ang mga Tafsir na Arabe:
يُبَصَّرُونَهُمۡۚ يَوَدُّ ٱلۡمُجۡرِمُ لَوۡ يَفۡتَدِي مِنۡ عَذَابِ يَوۡمِئِذِۭ بِبَنِيهِ
N’ubwo bazaba barebana (ndetse bakanamenyana, ariko nta cyo bazamarirana). Kubera ibihano by’uwo munsi, umunyabyaha azifuza gutangaho incungu abana be,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَصَٰحِبَتِهِۦ وَأَخِيهِ
Umugore we, umuvandimwe we,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَفَصِيلَتِهِ ٱلَّتِي تُـٔۡوِيهِ
N’umuryango we yahungiragaho (akiri ku isi igihe ahuye n’ibimuteye ubwoba).
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَمَن فِي ٱلۡأَرۡضِ جَمِيعٗا ثُمَّ يُنجِيهِ
Ndetse n’abari mu isi bose (azifuza kubatangaho incungu) kugira ngo arokoke.
Ang mga Tafsir na Arabe:
كَلَّآۖ إِنَّهَا لَظَىٰ
Ariko nta cyo bizamumarira! Ahubwo azajya mu muriro ugurumana,
Ang mga Tafsir na Arabe:
نَزَّاعَةٗ لِّلشَّوَىٰ
Uhubuzaho uruhu rw’agahanga,
Ang mga Tafsir na Arabe:
تَدۡعُواْ مَنۡ أَدۡبَرَ وَتَوَلَّىٰ
Uzaba uhamagara uwo ari we wese wateraga umugongo akanirengagiza (ukuri gukubiye muri Qur’an),
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَجَمَعَ فَأَوۡعَىٰٓ
Akanakusanya (umutungo) akawuhunika (ntawukoreshe mu nzira ya Allah).
Ang mga Tafsir na Arabe:
۞ إِنَّ ٱلۡإِنسَٰنَ خُلِقَ هَلُوعًا
Mu by’ukuri umuntu yaremanywe ukutihangana,
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِذَا مَسَّهُ ٱلشَّرُّ جَزُوعٗا
Iyo ikibi kimugezeho, ariheba cyane.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَإِذَا مَسَّهُ ٱلۡخَيۡرُ مَنُوعًا
Naho icyiza cyamugeraho, akaba umunyabugugu cyane.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا ٱلۡمُصَلِّينَ
Uretse abakora iswala,
Ang mga Tafsir na Arabe:
ٱلَّذِينَ هُمۡ عَلَىٰ صَلَاتِهِمۡ دَآئِمُونَ
Ba bandi bahozaho iswala zabo,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّذِينَ فِيٓ أَمۡوَٰلِهِمۡ حَقّٞ مَّعۡلُومٞ
Na ba bandi bagena umugabane uzwi (Zakat) mu mitungo yabo,
Ang mga Tafsir na Arabe:
لِّلسَّآئِلِ وَٱلۡمَحۡرُومِ
Wagenewe usaba n’uwiyumanganyije (nyamara akeneye ubufasha);
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّذِينَ يُصَدِّقُونَ بِيَوۡمِ ٱلدِّينِ
Na ba bandi bemera ko umunsi w’ibihembo ari ukuri,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّذِينَ هُم مِّنۡ عَذَابِ رَبِّهِم مُّشۡفِقُونَ
Na ba bandi batinya ibihano bya Nyagasani wabo.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِنَّ عَذَابَ رَبِّهِمۡ غَيۡرُ مَأۡمُونٖ
Kubera ko mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wabo nta n’umwe wakwizera ko bitamugeraho.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّذِينَ هُمۡ لِفُرُوجِهِمۡ حَٰفِظُونَ
Na ba bandi barinda ubwambure bwabo (ubusambanyi),
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَّا عَلَىٰٓ أَزۡوَٰجِهِمۡ أَوۡ مَا مَلَكَتۡ أَيۡمَٰنُهُمۡ فَإِنَّهُمۡ غَيۡرُ مَلُومِينَ
Uretse ku bagore babo cyangwa se ku bo bafiteho ububasha (abaja). Mu by’ukuri bo ntibabigayirwa.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَمَنِ ٱبۡتَغَىٰ وَرَآءَ ذَٰلِكَ فَأُوْلَٰٓئِكَ هُمُ ٱلۡعَادُونَ
Ariko abazashaka (kwinezeza) ku batari abo (bavuzwe), rwose abo bazaba batandukiriye.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّذِينَ هُمۡ لِأَمَٰنَٰتِهِمۡ وَعَهۡدِهِمۡ رَٰعُونَ
Na ba bandi barinda ibyo baragijwe ndetse bakubahiriza n’amasezerano yabo.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّذِينَ هُم بِشَهَٰدَٰتِهِمۡ قَآئِمُونَ
Na ba bandi batanga ubuhamya bw’ukuri.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلَّذِينَ هُمۡ عَلَىٰ صَلَاتِهِمۡ يُحَافِظُونَ
Na ba bandi bahozaho iswala zabo (ku bihe byagenwe);
Ang mga Tafsir na Arabe:
أُوْلَٰٓئِكَ فِي جَنَّٰتٖ مُّكۡرَمُونَ
Abo bazajya mu busitani (Ijuru) kandi bubashywe,
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَمَالِ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ قِبَلَكَ مُهۡطِعِينَ
None se ni iyihe mpamvu ituma abahakanyi bakugana (yewe Muhamadi) bihuta (bashaka kukumva, kandi batakwemera)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
عَنِ ٱلۡيَمِينِ وَعَنِ ٱلشِّمَالِ عِزِينَ
(Bicaye) mu matsinda iburyo n’ibumoso bwawe?
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَيَطۡمَعُ كُلُّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ أَن يُدۡخَلَ جَنَّةَ نَعِيمٖ
Ese buri wese muri bo ararikiye kuzinjizwa mu Ijuru ryuje ingabire?
Ang mga Tafsir na Arabe:
كَلَّآۖ إِنَّا خَلَقۡنَٰهُم مِّمَّا يَعۡلَمُونَ
Ntabwo ari ko bimeze! Mu by’ukuri twabaremye tubakomoye mu byo bazi[1] (ariko banga kwemera).
[1] Ibyo bazi bivugwa muri uyu murongo ni igitaka n’intanga umuntu yaremwemo.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِرَبِّ ٱلۡمَشَٰرِقِ وَٱلۡمَغَٰرِبِ إِنَّا لَقَٰدِرُونَ
Bityo, ndahiye ku izina rya Nyagasani w’Uburasirazuba bwose n’Uburengerazuba bwose, ko rwose dushoboye,
Ang mga Tafsir na Arabe:
عَلَىٰٓ أَن نُّبَدِّلَ خَيۡرٗا مِّنۡهُمۡ وَمَا نَحۡنُ بِمَسۡبُوقِينَ
Kubasimbuza abeza kubarusha, kandi ntibyatunanira.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَذَرۡهُمۡ يَخُوضُواْ وَيَلۡعَبُواْ حَتَّىٰ يُلَٰقُواْ يَوۡمَهُمُ ٱلَّذِي يُوعَدُونَ
Bityo, bareke bavuge ibidafite umumaro, banikinire kugeza ubwo bazahura n’umunsi wabo basezeranyijwe.
Ang mga Tafsir na Arabe:
يَوۡمَ يَخۡرُجُونَ مِنَ ٱلۡأَجۡدَاثِ سِرَاعٗا كَأَنَّهُمۡ إِلَىٰ نُصُبٖ يُوفِضُونَ
Umunsi bazasohoka mu mva zabo bihuta, nk’uko bihutaga bagana amabuye ashinze (ibigirwamana byabo).
Ang mga Tafsir na Arabe:
خَٰشِعَةً أَبۡصَٰرُهُمۡ تَرۡهَقُهُمۡ ذِلَّةٞۚ ذَٰلِكَ ٱلۡيَوۡمُ ٱلَّذِي كَانُواْ يُوعَدُونَ
Bazaba bubitse amaso (kubera ikimwaro), batwikiriwe n’ugusuzugurika. Uwo ni wo munsi bajyaga basezeranywa.
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: Al-Ma‘ārij
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an sa wikang Kinyarwanda. Isinalin ito ng isang pangkat ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda. - Indise ng mga Salin

ترجمة معاني القرآن الكريم إلى اللغة الكينيارواندية، ترجمها فريق جمعية مسلمي روندا.

Isara