Check out the new design

Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda * - Indise ng mga Salin

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Salin ng mga Kahulugan Surah: Al-Qiyāmah   Ayah:
كَلَّا بَلۡ تُحِبُّونَ ٱلۡعَاجِلَةَ
(Ibyo mukeka ko mutazazurwa mukanabazwa ibyo mwakoze) si ko biri; ahubwo mukunda ubuzima bwo ku isi butaramba,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَتَذَرُونَ ٱلۡأٓخِرَةَ
Mukirengagiza imperuka.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٖ نَّاضِرَةٌ
Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba burabagirana,
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَىٰ رَبِّهَا نَاظِرَةٞ
Bureba Nyagasani wabwo.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَوُجُوهٞ يَوۡمَئِذِۭ بَاسِرَةٞ
Kuri uwo munsi kandi, uburanga (bw’abahakanyi) buzaba bwijimye,
Ang mga Tafsir na Arabe:
تَظُنُّ أَن يُفۡعَلَ بِهَا فَاقِرَةٞ
Bibaza ko bagiye guhura n’ishyano.
Ang mga Tafsir na Arabe:
كَلَّآ إِذَا بَلَغَتِ ٱلتَّرَاقِيَ
Uramenye (utazarutisha isi imperuka, kuko) iyo (roho) igeze mu ngoto (igihe cyo gupfa),
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَقِيلَ مَنۡۜ رَاقٖ
Hanyuma hakavugwa ngo “Ni nde wamutabara (akamurinda urupfu)?”
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَظَنَّ أَنَّهُ ٱلۡفِرَاقُ
Nuko (ugiye gupfa) akamenya ko igihe cyo gutandukana (gupfa) cyageze.
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَٱلۡتَفَّتِ ٱلسَّاقُ بِٱلسَّاقِ
Maze (kubera ububabare bwo gukurwamo roho), ukuguru kwe kuzahuzwa n’ukundi.
Ang mga Tafsir na Arabe:
إِلَىٰ رَبِّكَ يَوۡمَئِذٍ ٱلۡمَسَاقُ
Kuri uwo munsi, (wowe muntu ukuwemo roho) uzerekezwa kwa Nyagasani wawe.
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَلَا صَدَّقَ وَلَا صَلَّىٰ
Ariko (umuhakanyi) ntiyigeze yemera ndetse nta n’ubwo yigeze asali,
Ang mga Tafsir na Arabe:
وَلَٰكِن كَذَّبَ وَتَوَلَّىٰ
Ahubwo yahinyuye (Qur’an) maze ayitera umugongo,
Ang mga Tafsir na Arabe:
ثُمَّ ذَهَبَ إِلَىٰٓ أَهۡلِهِۦ يَتَمَطَّىٰٓ
Hanyuma akagenda yibona yerekeza mu muryango we,
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَوۡلَىٰ لَكَ فَأَوۡلَىٰ
Ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi na none ufite akaga!
Ang mga Tafsir na Arabe:
ثُمَّ أَوۡلَىٰ لَكَ فَأَوۡلَىٰٓ
Nyamara ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi ufite akaga!
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَيَحۡسَبُ ٱلۡإِنسَٰنُ أَن يُتۡرَكَ سُدًى
Ese umuntu yibwira ko azarekwa gusa (atabajijwe ibyo yakoze ngo abihemberwe cyangwa ngo abihanirwe)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَلَمۡ يَكُ نُطۡفَةٗ مِّن مَّنِيّٖ يُمۡنَىٰ
Ese ntiyari intanga mu masohoro asohowe?
Ang mga Tafsir na Arabe:
ثُمَّ كَانَ عَلَقَةٗ فَخَلَقَ فَسَوَّىٰ
Hanyuma akaba urusoro rw’amaraso, maze Allah akamurema, akanamutunganya (akaba umuntu wuzuye)?
Ang mga Tafsir na Arabe:
فَجَعَلَ مِنۡهُ ٱلزَّوۡجَيۡنِ ٱلذَّكَرَ وَٱلۡأُنثَىٰٓ
Maze akamuremamo ibitsina bibiri: gabo na gore,
Ang mga Tafsir na Arabe:
أَلَيۡسَ ذَٰلِكَ بِقَٰدِرٍ عَلَىٰٓ أَن يُحۡـِۧيَ ٱلۡمَوۡتَىٰ
Ese uwo (Allah ukora ibyo) si We ushoboye kuzura abapfuye?
Ang mga Tafsir na Arabe:
 
Salin ng mga Kahulugan Surah: Al-Qiyāmah
Indise ng mga Surah Numero ng Pahina
 
Salin ng mga Kahulugan ng Marangal na Qur'an - Salin sa Wikang Kinyarwanda ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda - Indise ng mga Salin

Inilabas ng Kapisanan ng mga Muslim ng Rwanda.

Isara