Check out the new design

Қуръони Карим маъноларининг таржимаси - Кинярвандача таржима - Руанда Мусулмонлар Жамияти * - Таржималар мундарижаси

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Маънолар таржимаси Сура: Соффот   Оят:
فَكَذَّبُوهُ فَإِنَّهُمۡ لَمُحۡضَرُونَ
Nuko (Iliyasi) baramuhinyura. Mu by’ukuri bazazanwa (kugira ngo bahanwe),
Арабча тафсирлар:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Арабча тафсирлар:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Twanamuhaye kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.
Арабча тафсирлар:
سَلَٰمٌ عَلَىٰٓ إِلۡ يَاسِينَ
Amahoro nabe kuri Iliyasi n’abamukurikiye.
Арабча тафсирлар:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
Арабча тафсирлар:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri (Iliyasi) yari mu bagaragu bacu b’abemeramana.
Арабча тафсирлар:
وَإِنَّ لُوطٗا لَّمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi rwose Lutwi yari umwe mu ntumwa.
Арабча тафсирлар:
إِذۡ نَجَّيۡنَٰهُ وَأَهۡلَهُۥٓ أَجۡمَعِينَ
Ubwo twamurokoraga n’ab’iwe bose,
Арабча тафсирлар:
إِلَّا عَجُوزٗا فِي ٱلۡغَٰبِرِينَ
Usibye gusa umukecuru (umugore we) wabaye mu basigaye (mu bihano),
Арабча тафсирлар:
ثُمَّ دَمَّرۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma abandi (bo mu mudugudu wa Sodoma) turabarimbura.
Арабча тафсирлар:
وَإِنَّكُمۡ لَتَمُرُّونَ عَلَيۡهِم مُّصۡبِحِينَ
Kandi rwose mubanyuraho (ku matongo yabo) mu gitondo,
Арабча тафсирлар:
وَبِٱلَّيۡلِۚ أَفَلَا تَعۡقِلُونَ
Ndetse na nijoro. Ese ntimutekereza?
Арабча тафсирлар:
وَإِنَّ يُونُسَ لَمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi mu by’ukuri Yunusu yari umwe mu ntumwa.
Арабча тафсирлар:
إِذۡ أَبَقَ إِلَى ٱلۡفُلۡكِ ٱلۡمَشۡحُونِ
(Wibuke) ubwo yahungiraga (nta ruhushya rwa Allah) mu bwato bwuzuye (abantu n’ibintu).
Арабча тафсирлар:
فَسَاهَمَ فَكَانَ مِنَ ٱلۡمُدۡحَضِينَ
Maze (akemera) kuba umwe mu batombora (kugira ngo bamenye urohwa mu nyanja), nuko aratsindwa (aba ari we uyirohwamo).
Арабча тафсирлар:
فَٱلۡتَقَمَهُ ٱلۡحُوتُ وَهُوَ مُلِيمٞ
Nuko ifi iramumira agayitse (kuko yari yakoze igikorwa cyo gusiga abantu be atabiherewe uburenganzira na Allah).
Арабча тафсирлар:
فَلَوۡلَآ أَنَّهُۥ كَانَ مِنَ ٱلۡمُسَبِّحِينَ
Iyo aza kuba atari mu basingiza Allah,
Арабча тафсирлар:
لَلَبِثَ فِي بَطۡنِهِۦٓ إِلَىٰ يَوۡمِ يُبۡعَثُونَ
Yari kuguma mu nda yayo kugeza ku munsi (abantu) bazazurirwaho.
Арабча тафсирлар:
۞ فَنَبَذۡنَٰهُ بِٱلۡعَرَآءِ وَهُوَ سَقِيمٞ
Nuko tumujugunya ku butaka bw’agasi ameze nk’umurwayi,
Арабча тафсирлар:
وَأَنۢبَتۡنَا عَلَيۡهِ شَجَرَةٗ مِّن يَقۡطِينٖ
Maze aho yari ari tuhameza uruyuzi rwera ibihaza (kugira ngo rumugirire akamaro)
Арабча тафсирлар:
وَأَرۡسَلۡنَٰهُ إِلَىٰ مِاْئَةِ أَلۡفٍ أَوۡ يَزِيدُونَ
Nuko tumwohereza ku bantu ibihumbi ijana cyangwa banarenga.
Арабча тафсирлар:
فَـَٔامَنُواْ فَمَتَّعۡنَٰهُمۡ إِلَىٰ حِينٖ
Maze baremera, nuko tubaha umunezero w’igihe gito.
Арабча тафсирлар:
فَٱسۡتَفۡتِهِمۡ أَلِرَبِّكَ ٱلۡبَنَاتُ وَلَهُمُ ٱلۡبَنُونَ
Ngaho (yewe Muhamadi) babaze uti “Ese Nyagasani wawe afite abakobwa gusa, hanyuma bo bakagira abahungu?
Арабча тафсирлар:
أَمۡ خَلَقۡنَا ٱلۡمَلَٰٓئِكَةَ إِنَٰثٗا وَهُمۡ شَٰهِدُونَ
Cyangwa twaremye abamalayika b’abakobwa babireba (ikaba ari yo mpamvu bavuga ko abamalayika ari igitsina gore)?
Арабча тафсирлар:
أَلَآ إِنَّهُم مِّنۡ إِفۡكِهِمۡ لَيَقُولُونَ
Mu by’ukuri no mu binyoma byabo (ababangikanyamana b’i Maka) baravuga (bati):
Арабча тафсирлар:
وَلَدَ ٱللَّهُ وَإِنَّهُمۡ لَكَٰذِبُونَ
“Allah yarabyaye (bavugaga ko abamalayika ari abakobwa ba Allah)” Nyamara rwose ni abanyabinyoma!
Арабча тафсирлар:
أَصۡطَفَى ٱلۡبَنَاتِ عَلَى ٱلۡبَنِينَ
None se (ni ukubera iki) yaba yaratonesheje abakobwa akabarutisha abahungu?
Арабча тафсирлар:
 
Маънолар таржимаси Сура: Соффот
Суралар мундарижаси Бет рақами
 
Қуръони Карим маъноларининг таржимаси - Кинярвандача таржима - Руанда Мусулмонлар Жамияти - Таржималар мундарижаси

Руанда Мусулмонлар Жамиятидан

Ёпиш