Check out the new design

Traduction des sens du Noble Coran - La traduction kinyarwanda - Association des Musulmans du Rwanda * - Lexique des traductions

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Traduction des sens Sourate: As Sâffât   Verset:
فَكَذَّبُوهُ فَإِنَّهُمۡ لَمُحۡضَرُونَ
Nuko (Iliyasi) baramuhinyura. Mu by’ukuri bazazanwa (kugira ngo bahanwe),
Les exégèses en arabe:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Les exégèses en arabe:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Twanamuhaye kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.
Les exégèses en arabe:
سَلَٰمٌ عَلَىٰٓ إِلۡ يَاسِينَ
Amahoro nabe kuri Iliyasi n’abamukurikiye.
Les exégèses en arabe:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
Les exégèses en arabe:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri (Iliyasi) yari mu bagaragu bacu b’abemeramana.
Les exégèses en arabe:
وَإِنَّ لُوطٗا لَّمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi rwose Lutwi yari umwe mu ntumwa.
Les exégèses en arabe:
إِذۡ نَجَّيۡنَٰهُ وَأَهۡلَهُۥٓ أَجۡمَعِينَ
Ubwo twamurokoraga n’ab’iwe bose,
Les exégèses en arabe:
إِلَّا عَجُوزٗا فِي ٱلۡغَٰبِرِينَ
Usibye gusa umukecuru (umugore we) wabaye mu basigaye (mu bihano),
Les exégèses en arabe:
ثُمَّ دَمَّرۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma abandi (bo mu mudugudu wa Sodoma) turabarimbura.
Les exégèses en arabe:
وَإِنَّكُمۡ لَتَمُرُّونَ عَلَيۡهِم مُّصۡبِحِينَ
Kandi rwose mubanyuraho (ku matongo yabo) mu gitondo,
Les exégèses en arabe:
وَبِٱلَّيۡلِۚ أَفَلَا تَعۡقِلُونَ
Ndetse na nijoro. Ese ntimutekereza?
Les exégèses en arabe:
وَإِنَّ يُونُسَ لَمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi mu by’ukuri Yunusu yari umwe mu ntumwa.
Les exégèses en arabe:
إِذۡ أَبَقَ إِلَى ٱلۡفُلۡكِ ٱلۡمَشۡحُونِ
(Wibuke) ubwo yahungiraga (nta ruhushya rwa Allah) mu bwato bwuzuye (abantu n’ibintu).
Les exégèses en arabe:
فَسَاهَمَ فَكَانَ مِنَ ٱلۡمُدۡحَضِينَ
Maze (akemera) kuba umwe mu batombora (kugira ngo bamenye urohwa mu nyanja), nuko aratsindwa (aba ari we uyirohwamo).
Les exégèses en arabe:
فَٱلۡتَقَمَهُ ٱلۡحُوتُ وَهُوَ مُلِيمٞ
Nuko ifi iramumira agayitse (kuko yari yakoze igikorwa cyo gusiga abantu be atabiherewe uburenganzira na Allah).
Les exégèses en arabe:
فَلَوۡلَآ أَنَّهُۥ كَانَ مِنَ ٱلۡمُسَبِّحِينَ
Iyo aza kuba atari mu basingiza Allah,
Les exégèses en arabe:
لَلَبِثَ فِي بَطۡنِهِۦٓ إِلَىٰ يَوۡمِ يُبۡعَثُونَ
Yari kuguma mu nda yayo kugeza ku munsi (abantu) bazazurirwaho.
Les exégèses en arabe:
۞ فَنَبَذۡنَٰهُ بِٱلۡعَرَآءِ وَهُوَ سَقِيمٞ
Nuko tumujugunya ku butaka bw’agasi ameze nk’umurwayi,
Les exégèses en arabe:
وَأَنۢبَتۡنَا عَلَيۡهِ شَجَرَةٗ مِّن يَقۡطِينٖ
Maze aho yari ari tuhameza uruyuzi rwera ibihaza (kugira ngo rumugirire akamaro)
Les exégèses en arabe:
وَأَرۡسَلۡنَٰهُ إِلَىٰ مِاْئَةِ أَلۡفٍ أَوۡ يَزِيدُونَ
Nuko tumwohereza ku bantu ibihumbi ijana cyangwa banarenga.
Les exégèses en arabe:
فَـَٔامَنُواْ فَمَتَّعۡنَٰهُمۡ إِلَىٰ حِينٖ
Maze baremera, nuko tubaha umunezero w’igihe gito.
Les exégèses en arabe:
فَٱسۡتَفۡتِهِمۡ أَلِرَبِّكَ ٱلۡبَنَاتُ وَلَهُمُ ٱلۡبَنُونَ
Ngaho (yewe Muhamadi) babaze uti “Ese Nyagasani wawe afite abakobwa gusa, hanyuma bo bakagira abahungu?
Les exégèses en arabe:
أَمۡ خَلَقۡنَا ٱلۡمَلَٰٓئِكَةَ إِنَٰثٗا وَهُمۡ شَٰهِدُونَ
Cyangwa twaremye abamalayika b’abakobwa babireba (ikaba ari yo mpamvu bavuga ko abamalayika ari igitsina gore)?
Les exégèses en arabe:
أَلَآ إِنَّهُم مِّنۡ إِفۡكِهِمۡ لَيَقُولُونَ
Mu by’ukuri no mu binyoma byabo (ababangikanyamana b’i Maka) baravuga (bati):
Les exégèses en arabe:
وَلَدَ ٱللَّهُ وَإِنَّهُمۡ لَكَٰذِبُونَ
“Allah yarabyaye (bavugaga ko abamalayika ari abakobwa ba Allah)” Nyamara rwose ni abanyabinyoma!
Les exégèses en arabe:
أَصۡطَفَى ٱلۡبَنَاتِ عَلَى ٱلۡبَنِينَ
None se (ni ukubera iki) yaba yaratonesheje abakobwa akabarutisha abahungu?
Les exégèses en arabe:
 
Traduction des sens Sourate: As Sâffât
Lexique des sourates Numéro de la page
 
Traduction des sens du Noble Coran - La traduction kinyarwanda - Association des Musulmans du Rwanda - Lexique des traductions

Émis par l'Association des Musulmans du Rwanda.

Fermeture