Check out the new design

《古兰经》译解 - 卢旺达文翻译 - 卢旺达穆斯林协会 * - 译解目录

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

含义的翻译 章: 穆丹斯拉   段:

Mudathir

يَٰٓأَيُّهَا ٱلۡمُدَّثِّرُ
Yewe uwitwikiriye (uvugwa aha ni Intumwa Muhamadi)!
阿拉伯语经注:
قُمۡ فَأَنذِرۡ
Haguruka uburire (ibiremwa),
阿拉伯语经注:
وَرَبَّكَ فَكَبِّرۡ
Unahe ikuzo Nyagasani wawe.
阿拉伯语经注:
وَثِيَابَكَ فَطَهِّرۡ
Unasukure imyambaro yawe.
阿拉伯语经注:
وَٱلرُّجۡزَ فَٱهۡجُرۡ
Unitarure ibigirwamana.
阿拉伯语经注:
وَلَا تَمۡنُن تَسۡتَكۡثِرُ
Ntukanatange (ikintu) ugamije indonke zitubutse.
阿拉伯语经注:
وَلِرَبِّكَ فَٱصۡبِرۡ
Kandi ujye wihangana kubera Nyagasani wawe.
阿拉伯语经注:
فَإِذَا نُقِرَ فِي ٱلنَّاقُورِ
Ubwo impanda izavuzwa.
阿拉伯语经注:
فَذَٰلِكَ يَوۡمَئِذٖ يَوۡمٌ عَسِيرٌ
Uwo munsi uzaba ari umunsi ukomeye,
阿拉伯语经注:
عَلَى ٱلۡكَٰفِرِينَ غَيۡرُ يَسِيرٖ
Uzaba utoroheye abahakanyi.
阿拉伯语经注:
ذَرۡنِي وَمَنۡ خَلَقۡتُ وَحِيدٗا
(Yewe Muhamadi) ndekera uwo naremye ari wenyine (uvugwa aha ni Al Walid bun al Mughirat),
阿拉伯语经注:
وَجَعَلۡتُ لَهُۥ مَالٗا مَّمۡدُودٗا
Nkamuha imitungo itubutse,
阿拉伯语经注:
وَبَنِينَ شُهُودٗا
N’urubyaro rumukikije,
阿拉伯语经注:
وَمَهَّدتُّ لَهُۥ تَمۡهِيدٗا
Nkanamworohereza ubuzima.
阿拉伯语经注:
ثُمَّ يَطۡمَعُ أَنۡ أَزِيدَ
Nyuma y’ibyo byose, akaba yifuza ko namwongera,
阿拉伯语经注:
كَلَّآۖ إِنَّهُۥ كَانَ لِأٓيَٰتِنَا عَنِيدٗا
Oya! Mu by’ukuri yajyaga ahinyura amagambo yacu cyane.
阿拉伯语经注:
سَأُرۡهِقُهُۥ صَعُودًا
Nzamunaniza muhanisha ibihano bikomeye.
阿拉伯语经注:
إِنَّهُۥ فَكَّرَ وَقَدَّرَ
Mu by’ukuri yaratekereje maze afata umwanzuro (wo gutuka Allah n’Intumwa ye ndetse na Qur’an),
阿拉伯语经注:
فَقُتِلَ كَيۡفَ قَدَّرَ
Bityo, navumwe kubera umwanzuro yafashe!
阿拉伯语经注:
ثُمَّ قُتِلَ كَيۡفَ قَدَّرَ
Niyongere avumwe kubera umwanzuro yafashe!
阿拉伯语经注:
ثُمَّ نَظَرَ
Nuko (yubura amaso) areba (abari bamukikije),
阿拉伯语经注:
ثُمَّ عَبَسَ وَبَسَرَ
Maze azinga umunya, akambya agahanga,
阿拉伯语经注:
ثُمَّ أَدۡبَرَ وَٱسۡتَكۡبَرَ
Nuko atera umugongo (ukuri), maze aribona.
阿拉伯语经注:
فَقَالَ إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا سِحۡرٞ يُؤۡثَرُ
Aravuga ati “Ibi (Muhamadi yigisha) nta kindi biri cyo uretse ko ari uburozi (akomora ku barozi bo hambere bakomeye)!”
阿拉伯语经注:
إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا قَوۡلُ ٱلۡبَشَرِ
“Ibi (Muhamadi yigisha) nta kindi biri cyo uretse ko ari amagambo y’umuntu!”
阿拉伯语经注:
سَأُصۡلِيهِ سَقَرَ
Nzamutwikira mu muriro.
阿拉伯语经注:
وَمَآ أَدۡرَىٰكَ مَا سَقَرُ
N’iki cyakumenyesha uwo muriro?
阿拉伯语经注:
لَا تُبۡقِي وَلَا تَذَرُ
Nta cyo ureka ndetse nta n’icyo usigaza,
阿拉伯语经注:
لَوَّاحَةٞ لِّلۡبَشَرِ
Utwika imibiri ukanayishiririza.
阿拉伯语经注:
عَلَيۡهَا تِسۡعَةَ عَشَرَ
Urinzwe (n’abamalayika) cumi n’icyenda.
阿拉伯语经注:
وَمَا جَعَلۡنَآ أَصۡحَٰبَ ٱلنَّارِ إِلَّا مَلَٰٓئِكَةٗۖ وَمَا جَعَلۡنَا عِدَّتَهُمۡ إِلَّا فِتۡنَةٗ لِّلَّذِينَ كَفَرُواْ لِيَسۡتَيۡقِنَ ٱلَّذِينَ أُوتُواْ ٱلۡكِتَٰبَ وَيَزۡدَادَ ٱلَّذِينَ ءَامَنُوٓاْ إِيمَٰنٗا وَلَا يَرۡتَابَ ٱلَّذِينَ أُوتُواْ ٱلۡكِتَٰبَ وَٱلۡمُؤۡمِنُونَ وَلِيَقُولَ ٱلَّذِينَ فِي قُلُوبِهِم مَّرَضٞ وَٱلۡكَٰفِرُونَ مَاذَآ أَرَادَ ٱللَّهُ بِهَٰذَا مَثَلٗاۚ كَذَٰلِكَ يُضِلُّ ٱللَّهُ مَن يَشَآءُ وَيَهۡدِي مَن يَشَآءُۚ وَمَا يَعۡلَمُ جُنُودَ رَبِّكَ إِلَّا هُوَۚ وَمَا هِيَ إِلَّا ذِكۡرَىٰ لِلۡبَشَرِ
Kandi nta bandi twagize abarinzi b’umuriro batari abamalayika. Ndetse twanashyizeho umubare wabo (cumi n’icyenda) kugira ngo tugerageze abahakanyi, no kugira ngo abahawe ibitabo bemere badashidikanya (ko Qur’an ari ukuri kuko ihuriye kuri uwo mubare wanditse mu bitabo byabo); ndetse no kugira ngo abemeramana barusheho kwemera, no kugira ngo abahawe igitabo n’abemeramana batagira ugushidikanya (ku byo bemeye), ndetse no kugira ngo abafite uburwayi (bw’uburyarya) mu mitima n’abahakanyi bavuge bati “Allah yari agamije iki mu gutanga uru rugero?” Uko ni ko Allah arekera mu buyobe uwo ashaka akanayobora uwo ashaka. Kandi nta wamenya ingabo za Nyagasani wawe utari We. Kandi uyu (muriro) nta kindi uri cyo usibye ko ari urwibutso ku bantu.
阿拉伯语经注:
كَلَّا وَٱلۡقَمَرِ
Oya si ko biri! Ndahiye ukwezi.
阿拉伯语经注:
وَٱلَّيۡلِ إِذۡ أَدۡبَرَ
N’ijoro igihe ricyeye.
阿拉伯语经注:
وَٱلصُّبۡحِ إِذَآ أَسۡفَرَ
N’igitondo igihe gitangaje.
阿拉伯语经注:
إِنَّهَا لَإِحۡدَى ٱلۡكُبَرِ
Mu by’ukuri uwo (muriro) ni kimwe mu (byago) bihambaye,
阿拉伯语经注:
نَذِيرٗا لِّلۡبَشَرِ
Ukaba n’umuburo ku bantu;
阿拉伯语经注:
لِمَن شَآءَ مِنكُمۡ أَن يَتَقَدَّمَ أَوۡ يَتَأَخَّرَ
Ku wo ari we wese muri mwe ushaka kujya imbere (yiyegereza Nyagasani we) cyangwa gusubira inyuma (amwigomekaho).
阿拉伯语经注:
كُلُّ نَفۡسِۭ بِمَا كَسَبَتۡ رَهِينَةٌ
Buri wese azafungirwa (mu muriro) bitewe n’ibibi yakoze.
阿拉伯语经注:
إِلَّآ أَصۡحَٰبَ ٱلۡيَمِينِ
Uretse abantu b’iburyo (b’abemera nyakuri),
阿拉伯语经注:
فِي جَنَّٰتٖ يَتَسَآءَلُونَ
Bazaba bari mu busitani (Ijuru), babazanya
阿拉伯语经注:
عَنِ ٱلۡمُجۡرِمِينَ
Ku byerekeye inkozi z’ibibi, (maze bazibaze bati)
阿拉伯语经注:
مَا سَلَكَكُمۡ فِي سَقَرَ
“Ni iki cyabateye kuba muri mu muriro?”
阿拉伯语经注:
قَالُواْ لَمۡ نَكُ مِنَ ٱلۡمُصَلِّينَ
(Izo nkozi z’ibibi) zizavuga ziti “Ntitwari bamwe mu basenga,”
阿拉伯语经注:
وَلَمۡ نَكُ نُطۡعِمُ ٱلۡمِسۡكِينَ
Nta n’ubwo twajyaga tugaburira abakene,
阿拉伯语经注:
وَكُنَّا نَخُوضُ مَعَ ٱلۡخَآئِضِينَ
Kandi twajyaga tugirana ibiganiro n’abavuga ibidafite umumaro,
阿拉伯语经注:
وَكُنَّا نُكَذِّبُ بِيَوۡمِ ٱلدِّينِ
Ndetse twajyaga duhinyura umunsi w’ibihembo (imperuka).
阿拉伯语经注:
حَتَّىٰٓ أَتَىٰنَا ٱلۡيَقِينُ
Kugeza ubwo ukuri kudashidikanywaho (urupfu) kutugezeho.
阿拉伯语经注:
فَمَا تَنفَعُهُمۡ شَفَٰعَةُ ٱلشَّٰفِعِينَ
Bityo, nta buvugizi bw’abavugizi buzagira icyo bubamarira.
阿拉伯语经注:
فَمَا لَهُمۡ عَنِ ٱلتَّذۡكِرَةِ مُعۡرِضِينَ
None se ni iyihe mpamvu ituma (abahakanyi) batera umugongo urwibutso?
阿拉伯语经注:
كَأَنَّهُمۡ حُمُرٞ مُّسۡتَنفِرَةٞ
Bameze nk’indogobe z’agasozi ziruka (zifite ubwoba),
阿拉伯语经注:
فَرَّتۡ مِن قَسۡوَرَةِۭ
Zihunga intare!
阿拉伯语经注:
بَلۡ يُرِيدُ كُلُّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ أَن يُؤۡتَىٰ صُحُفٗا مُّنَشَّرَةٗ
Ahubwo buri wese muri bo aba ashaka ko yahishurirwa ibitabo birambuye (bishimangira ko Isilamu ari idini ry’ukuri).
阿拉伯语经注:
كَلَّاۖ بَل لَّا يَخَافُونَ ٱلۡأٓخِرَةَ
Oya si ko biri! Ahubwo ntibatinya umunsi w’imperuka.
阿拉伯语经注:
كَلَّآ إِنَّهُۥ تَذۡكِرَةٞ
Oya si ko biri! Mu by’ukuri iyi (Qur’an) ni urwibutso.
阿拉伯语经注:
فَمَن شَآءَ ذَكَرَهُۥ
Bityo, ushaka (ko imubera urwibutso) nayibuke (ayisoma, anatekereza ku nyigisho ziyikubiyemo).
阿拉伯语经注:
وَمَا يَذۡكُرُونَ إِلَّآ أَن يَشَآءَ ٱللَّهُۚ هُوَ أَهۡلُ ٱلتَّقۡوَىٰ وَأَهۡلُ ٱلۡمَغۡفِرَةِ
Kandi ntibashobora kwibuka keretse Allah abishatse. Ni We ukwiriye gutinywa, ndetse ni na We utanga imbabazi.
阿拉伯语经注:
 
含义的翻译 章: 穆丹斯拉
章节目录 页码
 
《古兰经》译解 - 卢旺达文翻译 - 卢旺达穆斯林协会 - 译解目录

由卢旺达穆斯林协会发布。

关闭