የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም * - የትርጉሞች ማዉጫ

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አል ዋቂዓህ   አንቀጽ:

Al Waaqi’ah (Ikiza)

إِذَا وَقَعَتِ ٱلۡوَاقِعَةُ
Ubwo imperuka izaba igeze,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَيۡسَ لِوَقۡعَتِهَا كَاذِبَةٌ
Nta we uzashobora guhinyura ukuza kwayo.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
خَافِضَةٞ رَّافِعَةٌ
Izacisha bugufi (abazajya mu muriro), inashyire hejuru (abazajya mu ijuru).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِذَا رُجَّتِ ٱلۡأَرۡضُ رَجّٗا
Ubwo isi izatigiswa n’umutingito ukomeye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَبُسَّتِ ٱلۡجِبَالُ بَسّٗا
N’imisozi igahindurwa ubuvungukira.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَكَانَتۡ هَبَآءٗ مُّنۢبَثّٗا
Maze ikaba umukungugu utumuka.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَكُنتُمۡ أَزۡوَٰجٗا ثَلَٰثَةٗ
(Icyo gihe) muzaba muri mu byiciro bitatu:
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَصۡحَٰبُ ٱلۡمَيۡمَنَةِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡمَيۡمَنَةِ
Hari ab’iburyo;[1] abo bantu b’iburyo ni bantu ki?
[1] Abantu b’iburyo ni abakoze ibikorwa byiza, bazahabwa igitabo mu kuboko kwabo kw’iburyo gikubiyemo ibikorwa bakoze bakiri ku isi. Naho ab’ibumoso ni abakoze ibikorwa bibi, bazahabwa icyo gitabo mu kuboko kw’ibumoso.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلۡمَشۡـَٔمَةِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡمَشۡـَٔمَةِ
N’ab’ibumoso; abo bantu b’ibumoso ni bantu ki?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلسَّٰبِقُونَ ٱلسَّٰبِقُونَ
N’aba mbere (ni ababimburiye abandi mu gukurikiza amategeko ya Allah bakiri ku isi), abo bazaba ari bo ba mbere (mu kwinjira mu Ijuru).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أُوْلَٰٓئِكَ ٱلۡمُقَرَّبُونَ
Abo ni bo bazaba bari hafi (ya Allah).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فِي جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu ijuru ryuje ingabire.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
Abenshi (muri bo) bazaba ari itsinda rinini ryo mu bantu bo hambere (mbere y’Intumwa Muhamadi).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَقَلِيلٞ مِّنَ ٱلۡأٓخِرِينَ
Na bake mu bantu bo hanyuma (bakurikiye Intumwa Muhamadi).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
عَلَىٰ سُرُرٖ مَّوۡضُونَةٖ
Bazaba bari ku bitanda bitatswe na zahabu,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
مُّتَّكِـِٔينَ عَلَيۡهَا مُتَقَٰبِلِينَ
Babyegamyeho, berekeranye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
يَطُوفُ عَلَيۡهِمۡ وِلۡدَٰنٞ مُّخَلَّدُونَ
Bazaba bazengurukwamo n’abana b’abahungu bahoraho (badasaza cyangwa ngo bapfe),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
بِأَكۡوَابٖ وَأَبَارِيقَ وَكَأۡسٖ مِّن مَّعِينٖ
(Bazaba babazengurutsamo) ibikombe, amabirika n’ibirahuri birimo ibinyobwa (byiza) byo mu masoko yo mu ijuru),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَّا يُصَدَّعُونَ عَنۡهَا وَلَا يُنزِفُونَ
Ntibizabatera kurwara umutwe ndetse nta n’ubwo bizabasindisha.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَفَٰكِهَةٖ مِّمَّا يَتَخَيَّرُونَ
(Bazaba banazengurutswamo) imbuto bazihitiramo,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَحۡمِ طَيۡرٖ مِّمَّا يَشۡتَهُونَ
Ndetse n’inyama z’inyoni bazifuza.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَحُورٌ عِينٞ
Kandi (hazaba hari) ba Huur ul-a’in (abagore bo mu Ijuru b’igikundiro n’amaso manini).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
كَأَمۡثَٰلِ ٱللُّؤۡلُوِٕ ٱلۡمَكۡنُونِ
Bameze nk’inigi zishashagirana (Lu’ulu’u) zikiri mu bubiko bwazo.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
جَزَآءَۢ بِمَا كَانُواْ يَعۡمَلُونَ
Bizaba ari ibihembo by’ibyo bakoraga.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَا يَسۡمَعُونَ فِيهَا لَغۡوٗا وَلَا تَأۡثِيمًا
Muri ryo (Ijuru) nta magambo adafite akamaro cyangwa se ayatuma bakora ibyaha bazumvamo,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِلَّا قِيلٗا سَلَٰمٗا سَلَٰمٗا
Uretse (imvugo yo kuramukanya, igira iti) “Salamu, Salamu (amahoro, amahoro)!”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلۡيَمِينِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡيَمِينِ
Naho ab’iburyo; ni bantu ki (mbega ibihembo by’abantu b’iburyo)?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فِي سِدۡرٖ مَّخۡضُودٖ
Bazaba mu (ijuru ririmo) ibiti bya Sidiri bidafite amahwa,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَطَلۡحٖ مَّنضُودٖ
N’insina zifite ibitoki by’amaseri agerekeranye,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَظِلّٖ مَّمۡدُودٖ
No mu gicucu cyagutse (kandi gihoraho),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَآءٖ مَّسۡكُوبٖ
N’amazi ahora atemba,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَفَٰكِهَةٖ كَثِيرَةٖ
Ndetse n’imbuto nyinshi,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَّا مَقۡطُوعَةٖ وَلَا مَمۡنُوعَةٖ
Ntizizahundura (bitewe n’ihinduka ry’ibihe cyangwa ngo zigire igihe cyo kwera), kandi ntizizaba zibujijwe (kuri bo).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَفُرُشٖ مَّرۡفُوعَةٍ
Bazaba banafite ibitanda biri hejuru.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّآ أَنشَأۡنَٰهُنَّ إِنشَآءٗ
Mu by’ukuri (abagore bo ku isi bazajya mu ijuru) tuzabarema bundi bushya.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَجَعَلۡنَٰهُنَّ أَبۡكَارًا
Maze tubagire amasugi.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
عُرُبًا أَتۡرَابٗا
Bakunda (abagabo babo gusa), kandi ari urungano.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لِّأَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Ibi byose) byateganyirijwe abantu b’iburyo.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
Abenshi (muri bo) bazaba ari itsinda rinini ryo mu bantu bo hambere (mbere y’Intumwa Muhamadi).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأٓخِرِينَ
Na benshi mu bantu bo hanyuma (bakurikiye Intumwa Muhamadi).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلشِّمَالِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلشِّمَالِ
Naho abantu b’ibumoso; ni bantu ki (mbega ibihano by’abantu b’ibumoso)?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فِي سَمُومٖ وَحَمِيمٖ
Bazaba bari mu muyaga utwika ndetse n’amazi yatuye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَظِلّٖ مِّن يَحۡمُومٖ
No mu gicucu cy’umwotsi w’umukara.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَّا بَارِدٖ وَلَا كَرِيمٍ
(Icyo gicucu) nta mafu kizatanga ndetse nta n’icyiza kizagiturukaho.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّهُمۡ كَانُواْ قَبۡلَ ذَٰلِكَ مُتۡرَفِينَ
Mu by’ukuri mbere bari babayeho mu buzima bwo kwinezeza (bigomeka kuri Allah).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَكَانُواْ يُصِرُّونَ عَلَى ٱلۡحِنثِ ٱلۡعَظِيمِ
Kandi bajyaga batsimbarara ku cyaha gihambaye (cyo kubangikanya Imana, ntibagire umugambi wo kubyicuza).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَكَانُواْ يَقُولُونَ أَئِذَا مِتۡنَا وَكُنَّا تُرَابٗا وَعِظَٰمًا أَءِنَّا لَمَبۡعُوثُونَ
Kandi bajyaga bavuga bati “ Ese nidupfa tugahinduka igitaka n’amagufa (akabora), tuzazurwa koko?”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَوَءَابَآؤُنَا ٱلۡأَوَّلُونَ
“N’abakurambere bacu (bazazurwa) se?”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
قُلۡ إِنَّ ٱلۡأَوَّلِينَ وَٱلۡأٓخِرِينَ
Vuga (yewe Muhamadi) uti “(Yego) rwose, abo hambere n’abo hanyuma,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَمَجۡمُوعُونَ إِلَىٰ مِيقَٰتِ يَوۡمٖ مَّعۡلُومٖ
Bazakoranywa ku munsi uzwi, wagenwe (umunsi w’imperuka).”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ثُمَّ إِنَّكُمۡ أَيُّهَا ٱلضَّآلُّونَ ٱلۡمُكَذِّبُونَ
Nuko mwe abayobye mukanahinyura ukuri,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَأٓكِلُونَ مِن شَجَرٖ مِّن زَقُّومٖ
Rwose muzarya ku giti cya Zaqumu,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَمَالِـُٔونَ مِنۡهَا ٱلۡبُطُونَ
Maze mucyuzuze inda,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَشَٰرِبُونَ عَلَيۡهِ مِنَ ٱلۡحَمِيمِ
Mukirenzeho amazi yatuye,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَشَٰرِبُونَ شُرۡبَ ٱلۡهِيمِ
Muzayanywa nk’ingamiya zinywa zidashira inyota.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
هَٰذَا نُزُلُهُمۡ يَوۡمَ ٱلدِّينِ
Iryo ni ryo zimano ryabo ku munsi w’ibihembo.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
نَحۡنُ خَلَقۡنَٰكُمۡ فَلَوۡلَا تُصَدِّقُونَ
Ni twe twabaremye. None se kuki mutemera (izuka)?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَفَرَءَيۡتُم مَّا تُمۡنُونَ
Ese mutekereza iki ku byo musohora (amasohoro)?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ءَأَنتُمۡ تَخۡلُقُونَهُۥٓ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡخَٰلِقُونَ
Ese ni mwe muyarema cyangwa ni twe Muremyi?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
نَحۡنُ قَدَّرۡنَا بَيۡنَكُمُ ٱلۡمَوۡتَ وَمَا نَحۡنُ بِمَسۡبُوقِينَ
Ni twe twabageneye urupfu kandi ntitwananirwa,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
عَلَىٰٓ أَن نُّبَدِّلَ أَمۡثَٰلَكُمۡ وَنُنشِئَكُمۡ فِي مَا لَا تَعۡلَمُونَ
Kubasimbuza abameze nkamwe, maze tukabaremamo (amashusho y’) ibindi mutazi.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَقَدۡ عَلِمۡتُمُ ٱلنَّشۡأَةَ ٱلۡأُولَىٰ فَلَوۡلَا تَذَكَّرُونَ
Kandi mu by’ukuri mwamenye ukuremwa (kwanyu) kwa mbere. None se kuki mutibuka?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَفَرَءَيۡتُم مَّا تَحۡرُثُونَ
Ese ntimubona ibyo muhinga?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ءَأَنتُمۡ تَزۡرَعُونَهُۥٓ أَمۡ نَحۡنُ ٱلزَّٰرِعُونَ
Ese ni mwe mubiha kumera no gukura, cyangwa ni twe tubikora?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَوۡ نَشَآءُ لَجَعَلۡنَٰهُ حُطَٰمٗا فَظَلۡتُمۡ تَفَكَّهُونَ
Tubishatse twabigira ubushingwe, maze mugakomeza kumirwa.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّا لَمُغۡرَمُونَ
(Muvuga muti) “Rwose (twaruhiye ubusa none) dusigaye mu madeni”;
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
بَلۡ نَحۡنُ مَحۡرُومُونَ
Cyangwa ahubwo turaburaniwe (tubuze byose).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱلۡمَآءَ ٱلَّذِي تَشۡرَبُونَ
Ese ntimubona amazi munywa?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ءَأَنتُمۡ أَنزَلۡتُمُوهُ مِنَ ٱلۡمُزۡنِ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡمُنزِلُونَ
Ese ni mwe muyamanura mu bicu cyangwa ni twe tuyamanura?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَوۡ نَشَآءُ جَعَلۡنَٰهُ أُجَاجٗا فَلَوۡلَا تَشۡكُرُونَ
Iyo tuza kubishaka, twari kuyagira urwunyunyu (ntanyobwe). None se kuki mudashimira (Allah).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱلنَّارَ ٱلَّتِي تُورُونَ
Ese ntimubona umuriro mucana?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ءَأَنتُمۡ أَنشَأۡتُمۡ شَجَرَتَهَآ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡمُنشِـُٔونَ
Ese ni mwe mwaremye igiti cyawo (muwukomoramo) cyangwa ni twe Muremyi?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
نَحۡنُ جَعَلۡنَٰهَا تَذۡكِرَةٗ وَمَتَٰعٗا لِّلۡمُقۡوِينَ
Ni twe twawugize urwibutso (rw’umuriro wa Jahanamu), ndetse n’ingirakamaro ku bagenzi (n’abandi bose bawukeneye).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Ngaho singiza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
۞ فَلَآ أُقۡسِمُ بِمَوَٰقِعِ ٱلنُّجُومِ
Ndahiye ibyimbo by’inyenyeri (mu isanzure).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِنَّهُۥ لَقَسَمٞ لَّوۡ تَعۡلَمُونَ عَظِيمٌ
Kandi rwose iyo ni indahiro ihambaye iyo muza kumenya,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّهُۥ لَقُرۡءَانٞ كَرِيمٞ
Ko mu by’ukuri (iyi) ari Qur’an Ntagatifu,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فِي كِتَٰبٖ مَّكۡنُونٖ
Iri mu gitabo kirinzwe neza (mu Ijuru),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لَّا يَمَسُّهُۥٓ إِلَّا ٱلۡمُطَهَّرُونَ
Kitajya kigira ugikoraho uretse abejejwe (bafite isuku).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
تَنزِيلٞ مِّن رَّبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Ni uguhishurwa kwaturutse kwa Nyagasani w’ibiremwa.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
أَفَبِهَٰذَا ٱلۡحَدِيثِ أَنتُم مُّدۡهِنُونَ
Ese iyi nkuru (Qur’an) ni yo muhinyura?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَتَجۡعَلُونَ رِزۡقَكُمۡ أَنَّكُمۡ تُكَذِّبُونَ
Aho (gushimira Allah) ku ngabire abaha, (mumwitura) kumuhakana?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَلَوۡلَآ إِذَا بَلَغَتِ ٱلۡحُلۡقُومَ
None se (kuki nta cyo mukora) igihe roho (y’umuntu ugiye gupfa) igeze mu muhogo?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَنتُمۡ حِينَئِذٖ تَنظُرُونَ
Icyo gihe muba murebera,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَنَحۡنُ أَقۡرَبُ إِلَيۡهِ مِنكُمۡ وَلَٰكِن لَّا تُبۡصِرُونَ
Kandi tuba turi hafi ye kubarusha, ariko mwe ntimubibona.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَلَوۡلَآ إِن كُنتُمۡ غَيۡرَ مَدِينِينَ
None se kuki, niba mwibwira ko nta cyo muzabazwa (mukaba mwibwira ko muri abanyembaraga),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
تَرۡجِعُونَهَآ إِن كُنتُمۡ صَٰدِقِينَ
Mutayigarura (iyo roho mu mubiri wayo), niba koko muri abanyakuri?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَمَّآ إِن كَانَ مِنَ ٱلۡمُقَرَّبِينَ
Niba (uwo muntu ugiye gupfa) ari mu ba hafi (ya Allah),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَرَوۡحٞ وَرَيۡحَانٞ وَجَنَّتُ نَعِيمٖ
(Ateganyirijwe) umunezero n’impumuro y’ibyishimo, ndetse n’ubusitani bwuje ingabire (Ijuru).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَمَّآ إِن كَانَ مِنۡ أَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Uwo muntu ugiye gupfa) naba ari mu bantu b’iburyo,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَسَلَٰمٞ لَّكَ مِنۡ أَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Azabwirwa ati) “Amahoro nabe kuri wowe kuko uri mu bantu b’iburyo.”
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَأَمَّآ إِن كَانَ مِنَ ٱلۡمُكَذِّبِينَ ٱلضَّآلِّينَ
Ariko (uwo muntu ugiye gupfa) naba ari mu bahinyura (izuka), bayobye,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَنُزُلٞ مِّنۡ حَمِيمٖ
Izimano rye rizaba ari amazi yatuye,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَتَصۡلِيَةُ جَحِيمٍ
No kuzatwikirwa mu muriro.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّ هَٰذَا لَهُوَ حَقُّ ٱلۡيَقِينِ
Mu by’ukuri uku ni ko kuri kudashidikanywaho.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Ngaho tagatifuza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
 
የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አል ዋቂዓህ
የምዕራፎች ማውጫ የገፅ ቁጥር
 
የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የትርጉሞች ማዉጫ

የተከበረው ቁርአን ኪንያርዋንድኛ ቋንቋ መልዕክተ ትርጉም - በሩዋንዳ ሙስሊሞች ማህበር

መዝጋት