Check out the new design

Ibisobanuro bya qoran ntagatifu - Ibisobanuro bya Qur'an mu rurimi rw'ikinyarwanda - Umuryango w'abayisilamu mu Rwanda. * - Ishakiro ry'ibisobanuro

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Ibisobanuro by'amagambo Isura: Al Waaqi’ah   Umurongo:

Al Waaqi’ah

إِذَا وَقَعَتِ ٱلۡوَاقِعَةُ
Ubwo imperuka izaba igeze,
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَيۡسَ لِوَقۡعَتِهَا كَاذِبَةٌ
Nta we uzashobora guhinyura ukuza kwayo.
Ibisobanuro by'icyarabu:
خَافِضَةٞ رَّافِعَةٌ
Izacisha bugufi (abazajya mu muriro), inashyire hejuru (abazajya mu ijuru).
Ibisobanuro by'icyarabu:
إِذَا رُجَّتِ ٱلۡأَرۡضُ رَجّٗا
Ubwo isi izatigiswa n’umutingito ukomeye.
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَبُسَّتِ ٱلۡجِبَالُ بَسّٗا
N’imisozi igahindurwa ubuvungukira.
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَكَانَتۡ هَبَآءٗ مُّنۢبَثّٗا
Maze ikaba umukungugu utumuka.
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَكُنتُمۡ أَزۡوَٰجٗا ثَلَٰثَةٗ
(Icyo gihe) muzaba muri mu byiciro bitatu:
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَأَصۡحَٰبُ ٱلۡمَيۡمَنَةِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡمَيۡمَنَةِ
Hari ab’iburyo;[1] abo bantu b’iburyo ni bantu ki?
[1] Abantu b’iburyo ni abakoze ibikorwa byiza, bazahabwa igitabo mu kuboko kwabo kw’iburyo gikubiyemo ibikorwa bakoze bakiri ku isi. Naho ab’ibumoso ni abakoze ibikorwa bibi, bazahabwa icyo gitabo mu kuboko kw’ibumoso.
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلۡمَشۡـَٔمَةِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡمَشۡـَٔمَةِ
N’ab’ibumoso; abo bantu b’ibumoso ni bantu ki?
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَٱلسَّٰبِقُونَ ٱلسَّٰبِقُونَ
N’aba mbere (ni ababimburiye abandi mu gukurikiza amategeko ya Allah bakiri ku isi), abo bazaba ari bo ba mbere (mu kwinjira mu Ijuru).
Ibisobanuro by'icyarabu:
أُوْلَٰٓئِكَ ٱلۡمُقَرَّبُونَ
Abo ni bo bazaba bari hafi (ya Allah).
Ibisobanuro by'icyarabu:
فِي جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu ijuru ryuje ingabire.
Ibisobanuro by'icyarabu:
ثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
Abenshi (muri bo) bazaba ari itsinda rinini ryo mu bantu bo hambere (mbere y’Intumwa Muhamadi).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَقَلِيلٞ مِّنَ ٱلۡأٓخِرِينَ
Na bake mu bantu bo hanyuma (bakurikiye Intumwa Muhamadi).
Ibisobanuro by'icyarabu:
عَلَىٰ سُرُرٖ مَّوۡضُونَةٖ
Bazaba bari ku bitanda bitatswe na zahabu,
Ibisobanuro by'icyarabu:
مُّتَّكِـِٔينَ عَلَيۡهَا مُتَقَٰبِلِينَ
Babyegamyeho, berekeranye.
Ibisobanuro by'icyarabu:
يَطُوفُ عَلَيۡهِمۡ وِلۡدَٰنٞ مُّخَلَّدُونَ
Bazaba bazengurukwamo n’abana b’abahungu bahoraho (badasaza cyangwa ngo bapfe),
Ibisobanuro by'icyarabu:
بِأَكۡوَابٖ وَأَبَارِيقَ وَكَأۡسٖ مِّن مَّعِينٖ
(Bazaba babazengurutsamo) ibikombe, amabirika n’ibirahuri birimo ibinyobwa (byiza) byo mu masoko yo mu ijuru),
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَّا يُصَدَّعُونَ عَنۡهَا وَلَا يُنزِفُونَ
Ntibizabatera kurwara umutwe ndetse nta n’ubwo bizabasindisha.
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَفَٰكِهَةٖ مِّمَّا يَتَخَيَّرُونَ
(Bazaba banazengurutswamo) imbuto bazihitiramo,
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَلَحۡمِ طَيۡرٖ مِّمَّا يَشۡتَهُونَ
Ndetse n’inyama z’inyoni bazifuza.
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَحُورٌ عِينٞ
Kandi (hazaba hari) ba Huur ul-a’in (abagore bo mu Ijuru b’igikundiro n’amaso manini).
Ibisobanuro by'icyarabu:
كَأَمۡثَٰلِ ٱللُّؤۡلُوِٕ ٱلۡمَكۡنُونِ
Bameze nk’inigi zishashagirana (Lu’ulu’u) zikiri mu bubiko bwazo.
Ibisobanuro by'icyarabu:
جَزَآءَۢ بِمَا كَانُواْ يَعۡمَلُونَ
Bizaba ari ibihembo by’ibyo bakoraga.
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَا يَسۡمَعُونَ فِيهَا لَغۡوٗا وَلَا تَأۡثِيمًا
Muri ryo (Ijuru) nta magambo adafite akamaro cyangwa se ayatuma bakora ibyaha bazumvamo,
Ibisobanuro by'icyarabu:
إِلَّا قِيلٗا سَلَٰمٗا سَلَٰمٗا
Uretse (imvugo yo kuramukanya, igira iti) “Salamu, Salamu (amahoro, amahoro)!”
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلۡيَمِينِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡيَمِينِ
Naho ab’iburyo; ni bantu ki (mbega ibihembo by’abantu b’iburyo)?
Ibisobanuro by'icyarabu:
فِي سِدۡرٖ مَّخۡضُودٖ
Bazaba mu (ijuru ririmo) ibiti bya Sidiri bidafite amahwa,
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَطَلۡحٖ مَّنضُودٖ
N’insina zifite ibitoki by’amaseri agerekeranye,
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَظِلّٖ مَّمۡدُودٖ
No mu gicucu cyagutse (kandi gihoraho),
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَمَآءٖ مَّسۡكُوبٖ
N’amazi ahora atemba,
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَفَٰكِهَةٖ كَثِيرَةٖ
Ndetse n’imbuto nyinshi,
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَّا مَقۡطُوعَةٖ وَلَا مَمۡنُوعَةٖ
Ntizizahundura (bitewe n’ihinduka ry’ibihe cyangwa ngo zigire igihe cyo kwera), kandi ntizizaba zibujijwe (kuri bo).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَفُرُشٖ مَّرۡفُوعَةٍ
Bazaba banafite ibitanda biri hejuru.
Ibisobanuro by'icyarabu:
إِنَّآ أَنشَأۡنَٰهُنَّ إِنشَآءٗ
Mu by’ukuri (abagore bo ku isi bazajya mu ijuru) tuzabarema bundi bushya.
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَجَعَلۡنَٰهُنَّ أَبۡكَارًا
Maze tubagire amasugi.
Ibisobanuro by'icyarabu:
عُرُبًا أَتۡرَابٗا
Bakunda (abagabo babo gusa), kandi ari urungano.
Ibisobanuro by'icyarabu:
لِّأَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Ibi byose) byateganyirijwe abantu b’iburyo.
Ibisobanuro by'icyarabu:
ثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
Abenshi (muri bo) bazaba ari itsinda rinini ryo mu bantu bo hambere (mbere y’Intumwa Muhamadi).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأٓخِرِينَ
Na benshi mu bantu bo hanyuma (bakurikiye Intumwa Muhamadi).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلشِّمَالِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلشِّمَالِ
Naho abantu b’ibumoso; ni bantu ki (mbega ibihano by’abantu b’ibumoso)?
Ibisobanuro by'icyarabu:
فِي سَمُومٖ وَحَمِيمٖ
Bazaba bari mu muyaga utwika ndetse n’amazi yatuye.
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَظِلّٖ مِّن يَحۡمُومٖ
No mu gicucu cy’umwotsi w’umukara.
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَّا بَارِدٖ وَلَا كَرِيمٍ
(Icyo gicucu) nta mafu kizatanga ndetse nta n’icyiza kizagiturukaho.
Ibisobanuro by'icyarabu:
إِنَّهُمۡ كَانُواْ قَبۡلَ ذَٰلِكَ مُتۡرَفِينَ
Mu by’ukuri mbere bari babayeho mu buzima bwo kwinezeza (bigomeka kuri Allah).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَكَانُواْ يُصِرُّونَ عَلَى ٱلۡحِنثِ ٱلۡعَظِيمِ
Kandi bajyaga batsimbarara ku cyaha gihambaye (cyo kubangikanya Imana, ntibagire umugambi wo kubyicuza).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَكَانُواْ يَقُولُونَ أَئِذَا مِتۡنَا وَكُنَّا تُرَابٗا وَعِظَٰمًا أَءِنَّا لَمَبۡعُوثُونَ
Kandi bajyaga bavuga bati “ Ese nidupfa tugahinduka igitaka n’amagufa (akabora), tuzazurwa koko?”
Ibisobanuro by'icyarabu:
أَوَءَابَآؤُنَا ٱلۡأَوَّلُونَ
“N’abakurambere bacu (bazazurwa) se?”
Ibisobanuro by'icyarabu:
قُلۡ إِنَّ ٱلۡأَوَّلِينَ وَٱلۡأٓخِرِينَ
Vuga (yewe Muhamadi) uti “(Yego) rwose, abo hambere n’abo hanyuma,
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَمَجۡمُوعُونَ إِلَىٰ مِيقَٰتِ يَوۡمٖ مَّعۡلُومٖ
Bazakoranywa ku munsi uzwi, wagenwe (umunsi w’imperuka).”
Ibisobanuro by'icyarabu:
ثُمَّ إِنَّكُمۡ أَيُّهَا ٱلضَّآلُّونَ ٱلۡمُكَذِّبُونَ
Nuko mwe abayobye mukanahinyura ukuri,
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَأٓكِلُونَ مِن شَجَرٖ مِّن زَقُّومٖ
Rwose muzarya ku giti cya Zaqumu,
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَمَالِـُٔونَ مِنۡهَا ٱلۡبُطُونَ
Maze mucyuzuze inda,
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَشَٰرِبُونَ عَلَيۡهِ مِنَ ٱلۡحَمِيمِ
Mukirenzeho amazi yatuye,
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَشَٰرِبُونَ شُرۡبَ ٱلۡهِيمِ
Muzayanywa nk’ingamiya zinywa zidashira inyota.
Ibisobanuro by'icyarabu:
هَٰذَا نُزُلُهُمۡ يَوۡمَ ٱلدِّينِ
Iryo ni ryo zimano ryabo ku munsi w’ibihembo.
Ibisobanuro by'icyarabu:
نَحۡنُ خَلَقۡنَٰكُمۡ فَلَوۡلَا تُصَدِّقُونَ
Ni twe twabaremye. None se kuki mutemera (izuka)?
Ibisobanuro by'icyarabu:
أَفَرَءَيۡتُم مَّا تُمۡنُونَ
Ese mutekereza iki ku byo musohora (amasohoro)?
Ibisobanuro by'icyarabu:
ءَأَنتُمۡ تَخۡلُقُونَهُۥٓ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡخَٰلِقُونَ
Ese ni mwe muyarema cyangwa ni twe Muremyi?
Ibisobanuro by'icyarabu:
نَحۡنُ قَدَّرۡنَا بَيۡنَكُمُ ٱلۡمَوۡتَ وَمَا نَحۡنُ بِمَسۡبُوقِينَ
Ni twe twabageneye urupfu kandi ntitwananirwa,
Ibisobanuro by'icyarabu:
عَلَىٰٓ أَن نُّبَدِّلَ أَمۡثَٰلَكُمۡ وَنُنشِئَكُمۡ فِي مَا لَا تَعۡلَمُونَ
Kubasimbuza abameze nkamwe, maze tukabaremamo (amashusho y’) ibindi mutazi.
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَلَقَدۡ عَلِمۡتُمُ ٱلنَّشۡأَةَ ٱلۡأُولَىٰ فَلَوۡلَا تَذَكَّرُونَ
Kandi mu by’ukuri mwamenye ukuremwa (kwanyu) kwa mbere. None se kuki mutibuka?
Ibisobanuro by'icyarabu:
أَفَرَءَيۡتُم مَّا تَحۡرُثُونَ
Ese ntimubona ibyo muhinga?
Ibisobanuro by'icyarabu:
ءَأَنتُمۡ تَزۡرَعُونَهُۥٓ أَمۡ نَحۡنُ ٱلزَّٰرِعُونَ
Ese ni mwe mubiha kumera no gukura, cyangwa ni twe tubikora?
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَوۡ نَشَآءُ لَجَعَلۡنَٰهُ حُطَٰمٗا فَظَلۡتُمۡ تَفَكَّهُونَ
Tubishatse twabigira ubushingwe, maze mugakomeza kumirwa.
Ibisobanuro by'icyarabu:
إِنَّا لَمُغۡرَمُونَ
(Muvuga muti) “Rwose (twaruhiye ubusa none) dusigaye mu madeni”;
Ibisobanuro by'icyarabu:
بَلۡ نَحۡنُ مَحۡرُومُونَ
Cyangwa ahubwo turaburaniwe (tubuze byose).
Ibisobanuro by'icyarabu:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱلۡمَآءَ ٱلَّذِي تَشۡرَبُونَ
Ese ntimubona amazi munywa?
Ibisobanuro by'icyarabu:
ءَأَنتُمۡ أَنزَلۡتُمُوهُ مِنَ ٱلۡمُزۡنِ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡمُنزِلُونَ
Ese ni mwe muyamanura mu bicu cyangwa ni twe tuyamanura?
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَوۡ نَشَآءُ جَعَلۡنَٰهُ أُجَاجٗا فَلَوۡلَا تَشۡكُرُونَ
Iyo tuza kubishaka, twari kuyagira urwunyunyu (ntanyobwe). None se kuki mudashimira (Allah).
Ibisobanuro by'icyarabu:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱلنَّارَ ٱلَّتِي تُورُونَ
Ese ntimubona umuriro mucana?
Ibisobanuro by'icyarabu:
ءَأَنتُمۡ أَنشَأۡتُمۡ شَجَرَتَهَآ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡمُنشِـُٔونَ
Ese ni mwe mwaremye igiti cyawo (muwukomoramo) cyangwa ni twe Muremyi?
Ibisobanuro by'icyarabu:
نَحۡنُ جَعَلۡنَٰهَا تَذۡكِرَةٗ وَمَتَٰعٗا لِّلۡمُقۡوِينَ
Ni twe twawugize urwibutso (rw’umuriro wa Jahanamu), ndetse n’ingirakamaro ku bagenzi (n’abandi bose bawukeneye).
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Ngaho singiza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
Ibisobanuro by'icyarabu:
۞ فَلَآ أُقۡسِمُ بِمَوَٰقِعِ ٱلنُّجُومِ
Ndahiye ibyimbo by’inyenyeri (mu isanzure).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَإِنَّهُۥ لَقَسَمٞ لَّوۡ تَعۡلَمُونَ عَظِيمٌ
Kandi rwose iyo ni indahiro ihambaye iyo muza kumenya,
Ibisobanuro by'icyarabu:
إِنَّهُۥ لَقُرۡءَانٞ كَرِيمٞ
Ko mu by’ukuri (iyi) ari Qur’an Ntagatifu,
Ibisobanuro by'icyarabu:
فِي كِتَٰبٖ مَّكۡنُونٖ
Iri mu gitabo kirinzwe neza (mu Ijuru),
Ibisobanuro by'icyarabu:
لَّا يَمَسُّهُۥٓ إِلَّا ٱلۡمُطَهَّرُونَ
Kitajya kigira ugikoraho uretse abejejwe (bafite isuku).
Ibisobanuro by'icyarabu:
تَنزِيلٞ مِّن رَّبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Ni uguhishurwa kwaturutse kwa Nyagasani w’ibiremwa.
Ibisobanuro by'icyarabu:
أَفَبِهَٰذَا ٱلۡحَدِيثِ أَنتُم مُّدۡهِنُونَ
Ese iyi nkuru (Qur’an) ni yo muhinyura?
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَتَجۡعَلُونَ رِزۡقَكُمۡ أَنَّكُمۡ تُكَذِّبُونَ
Aho (gushimira Allah) ku ngabire abaha, (mumwitura) kumuhakana?
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَلَوۡلَآ إِذَا بَلَغَتِ ٱلۡحُلۡقُومَ
None se (kuki nta cyo mukora) igihe roho (y’umuntu ugiye gupfa) igeze mu muhogo?
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَأَنتُمۡ حِينَئِذٖ تَنظُرُونَ
Icyo gihe muba murebera,
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَنَحۡنُ أَقۡرَبُ إِلَيۡهِ مِنكُمۡ وَلَٰكِن لَّا تُبۡصِرُونَ
Kandi tuba turi hafi ye kubarusha, ariko mwe ntimubibona.
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَلَوۡلَآ إِن كُنتُمۡ غَيۡرَ مَدِينِينَ
None se kuki, niba mwibwira ko nta cyo muzabazwa (mukaba mwibwira ko muri abanyembaraga),
Ibisobanuro by'icyarabu:
تَرۡجِعُونَهَآ إِن كُنتُمۡ صَٰدِقِينَ
Mutayigarura (iyo roho mu mubiri wayo), niba koko muri abanyakuri?
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَأَمَّآ إِن كَانَ مِنَ ٱلۡمُقَرَّبِينَ
Niba (uwo muntu ugiye gupfa) ari mu ba hafi (ya Allah),
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَرَوۡحٞ وَرَيۡحَانٞ وَجَنَّتُ نَعِيمٖ
(Ateganyirijwe) umunezero n’impumuro y’ibyishimo, ndetse n’ubusitani bwuje ingabire (Ijuru).
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَأَمَّآ إِن كَانَ مِنۡ أَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Uwo muntu ugiye gupfa) naba ari mu bantu b’iburyo,
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَسَلَٰمٞ لَّكَ مِنۡ أَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Azabwirwa ati) “Amahoro nabe kuri wowe kuko uri mu bantu b’iburyo.”
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَأَمَّآ إِن كَانَ مِنَ ٱلۡمُكَذِّبِينَ ٱلضَّآلِّينَ
Ariko (uwo muntu ugiye gupfa) naba ari mu bahinyura (izuka), bayobye,
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَنُزُلٞ مِّنۡ حَمِيمٖ
Izimano rye rizaba ari amazi yatuye,
Ibisobanuro by'icyarabu:
وَتَصۡلِيَةُ جَحِيمٍ
No kuzatwikirwa mu muriro.
Ibisobanuro by'icyarabu:
إِنَّ هَٰذَا لَهُوَ حَقُّ ٱلۡيَقِينِ
Mu by’ukuri uku ni ko kuri kudashidikanywaho.
Ibisobanuro by'icyarabu:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Ngaho tagatifuza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
Ibisobanuro by'icyarabu:
 
Ibisobanuro by'amagambo Isura: Al Waaqi’ah
Urutonde rw'amasura numero y'urupapuro
 
Ibisobanuro bya qoran ntagatifu - Ibisobanuro bya Qur'an mu rurimi rw'ikinyarwanda - Umuryango w'abayisilamu mu Rwanda. - Ishakiro ry'ibisobanuro

Byasobanuwe n'umuryango w'abayisilamu mu Rwanda.

Gufunga