የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም * - የትርጉሞች ማዉጫ

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አት ተክዊር   አንቀጽ:

Attak’wiir (Kuzinga)

إِذَا ٱلشَّمۡسُ كُوِّرَتۡ
Igihe izuba rizazingwazingwa (urumuri rwaryo rukazimira),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلنُّجُومُ ٱنكَدَرَتۡ
N’igihe inyenyeri zizijima,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلۡجِبَالُ سُيِّرَتۡ
N’igihe imisozi izakurwa mu myanya yayo,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلۡعِشَارُ عُطِّلَتۡ
N’igihe ingamiya zihaka zizarekwa (ntizitabweho),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلۡوُحُوشُ حُشِرَتۡ
N’igihe inyamaswa z’inkanzi zizakoranyirizwa hamwe,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلۡبِحَارُ سُجِّرَتۡ
N’igihe inyanja zizaka umuriro,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلنُّفُوسُ زُوِّجَتۡ
N’igihe roho zizasubizwa mu mibiri yazo (abeza bakajya ukwabo n’ababi bakajya ukwabo).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلۡمَوۡءُۥدَةُ سُئِلَتۡ
N’igihe umwana w’umukobwa wahambwe ari muzima azabazwa,[1]
[1] Mbere y’uko Intumwa y’Imana Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha) ihabwa ubutumwa, Abarabu b’icyo gihe iyo babyaraga umwana w’umukobwa, bamuhambaga ari muzima kuko byabaga ari igisebo ku muryango ngo kuko babonaga nta cyo amaze! Ariko nyuma y’aho Intumwa y’Imana iziye, ibyo byaraciwe. Kuba ari we uzabazwa ni ibigaragaza uburemere bw’icyaha cy’uwamwishe uzaba agiye guhura n’urubanza rukomeye ku munsi w’ibarura.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
بِأَيِّ ذَنۢبٖ قُتِلَتۡ
Icyaha yakoze cyatumye yicwa,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلصُّحُفُ نُشِرَتۡ
N’igihe ibitabo (bikubiyemo ibikorwa byiza n’ibibi bya buri muntu) bizaramburwa (bigakwirakwizwa),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلسَّمَآءُ كُشِطَتۡ
N’igihe ikirere kizakurwaho igishishwa cyacyo (inyenyeri zavuyeho),
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلۡجَحِيمُ سُعِّرَتۡ
N’igihe umuriro wa Jahanamu uzenyegezwa,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَإِذَا ٱلۡجَنَّةُ أُزۡلِفَتۡ
N’igihe Ijuru rizigizwa hafi,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
عَلِمَتۡ نَفۡسٞ مَّآ أَحۡضَرَتۡ
Icyo gihe buri muntu azamenya ibyo yakoze.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِٱلۡخُنَّسِ
Bityo, ndahiye inyenyeri zitagaragara ku manywa zikongera kugaragara nijoro,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ٱلۡجَوَارِ ٱلۡكُنَّسِ
Zigenda zihuta kandi zikanihisha,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلَّيۡلِ إِذَا عَسۡعَسَ
Nanarahiye ijoro igihe riguye,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَٱلصُّبۡحِ إِذَا تَنَفَّسَ
N’igitondo igihe gitangaje,
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنَّهُۥ لَقَوۡلُ رَسُولٖ كَرِيمٖ
Mu by’ukuri (Qur’an) ni ijambo ryazanywe n’Intumwa yubahitse [(Malayika Jibrilu), (riturutse kwa Allah)],
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
ذِي قُوَّةٍ عِندَ ذِي ٱلۡعَرۡشِ مَكِينٖ
(Iyo ntumwa) ifite imbaraga (n’urwego rwo hejuru) yahawe na nyiri Ar’shi[1] y’icyubahiro (Allah).
[1] Reba uko twasobanuye iri jambo muri Surat ul A’araf, aya ya 54.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
مُّطَاعٖ ثَمَّ أَمِينٖ
Yumvirwa (n’abamalayika mu ijuru) kandi ikaba yizewe (kwa Allah).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَا صَاحِبُكُم بِمَجۡنُونٖ
Kandi (yemwe bahakanyi) mugenzi wanyu (Intumwa Muhamadi ibakomokamo) si umusazi.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَلَقَدۡ رَءَاهُ بِٱلۡأُفُقِ ٱلۡمُبِينِ
Kandi rwose yamubonye (Malayika Jibrilu) ari mu kirere gikeye.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَا هُوَ عَلَى ٱلۡغَيۡبِ بِضَنِينٖ
Kandi (Intumwa Muhamadi) ntigundira ibyo yahishuriwe (ngo ireke kubyigisha abantu).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَا هُوَ بِقَوۡلِ شَيۡطَٰنٖ رَّجِيمٖ
Kandi (Qur’an) si ijambo rya Shitani wavumwe.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
فَأَيۡنَ تَذۡهَبُونَ
None se muragana he?
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
إِنۡ هُوَ إِلَّا ذِكۡرٞ لِّلۡعَٰلَمِينَ
Mu by’ukuri iyi (Qur’an) nta kindi iri cyo usibye kuba ari urwibutso ku biremwa (byose).
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
لِمَن شَآءَ مِنكُمۡ أَن يَسۡتَقِيمَ
Kuri wa wundi muri mwe ushaka gukurikira inzira igororotse.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
وَمَا تَشَآءُونَ إِلَّآ أَن يَشَآءَ ٱللَّهُ رَبُّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Kandi nta cyo mwashaka (ngo kibe) keretse Allah, Nyagasani w’ibiremwa (byose) aramutse agishatse.
የአረብኛ ቁርኣን ማብራሪያ:
 
የይዘት ትርጉም ምዕራፍ: ሱረቱ አት ተክዊር
የምዕራፎች ማውጫ የገፅ ቁጥር
 
የቅዱስ ቁርዓን ይዘት ትርጉም - ኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የትርጉሞች ማዉጫ

የተከበረው ቁርአን ኪንያርዋንድኛ ቋንቋ መልዕክተ ትርጉም - በሩዋንዳ ሙስሊሞች ማህበር

መዝጋት