للإطلاع على الموقع بحلته الجديدة

ترجمة معاني القرآن الكريم - الترجمة الكينيارواندية - جمعية مسلمي رواندا * - فهرس التراجم

PDF XML CSV Excel API
تنزيل الملفات يتضمن الموافقة على هذه الشروط والسياسات

ترجمة معاني سورة: الصافات   آية:
وَجَعَلۡنَا ذُرِّيَّتَهُۥ هُمُ ٱلۡبَاقِينَ
Maze dusigaza abamukomokaho.
التفاسير العربية:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Tunamuha kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.
التفاسير العربية:
سَلَٰمٌ عَلَىٰ نُوحٖ فِي ٱلۡعَٰلَمِينَ
Amahoro nabe kuri Nuhu mu biremwa byose.
التفاسير العربية:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
التفاسير العربية:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri yari umwe mu bagaragu bacu b’abemeramana (twarokoye).
التفاسير العربية:
ثُمَّ أَغۡرَقۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma turohamisha abandi (bahakanye).
التفاسير العربية:
۞ وَإِنَّ مِن شِيعَتِهِۦ لَإِبۡرَٰهِيمَ
Mu by’ukuri no mu bamukurikije harimo Ibrahimu.
التفاسير العربية:
إِذۡ جَآءَ رَبَّهُۥ بِقَلۡبٖ سَلِيمٍ
Ubwo yaganaga Nyagasani we n’umutima ukeye.
التفاسير العربية:
إِذۡ قَالَ لِأَبِيهِ وَقَوۡمِهِۦ مَاذَا تَعۡبُدُونَ
Ubwo yabwiraga se n’abantu be ati “Ibi mugaragira ni ibiki?”
التفاسير العربية:
أَئِفۡكًا ءَالِهَةٗ دُونَ ٱللَّهِ تُرِيدُونَ
“Ese ibigirwamana mwihimbiye muretse Allah ni byo mushaka?”
التفاسير العربية:
فَمَا ظَنُّكُم بِرَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Ese mutekereza iki kuri Nyagasani w’ibiremwa byose?”
التفاسير العربية:
فَنَظَرَ نَظۡرَةٗ فِي ٱلنُّجُومِ
Nuko (Ibrahimu) yitegereza inyenyeri.
التفاسير العربية:
فَقَالَ إِنِّي سَقِيمٞ
Maze aravuga ati “Mu by’ukuri njye ndarwaye”.[1]
[1] Ibyo yabikoze ari amayeri yo kugira ngo asigare aho basengeraga ibigirwamana byabo kugira ngo abijanjagure, ndetse no kugira ngo atajyana na bo mu mihango yabo ya gipagani
التفاسير العربية:
فَتَوَلَّوۡاْ عَنۡهُ مُدۡبِرِينَ
Nuko barahindukira barigendera.
التفاسير العربية:
فَرَاغَ إِلَىٰٓ ءَالِهَتِهِمۡ فَقَالَ أَلَا تَأۡكُلُونَ
Maze yinyabya (mu ibanga) ku bigirwamana byabo, nuko aravuga ati “Ese ntimurya (aya mafunguro mwateguriwe)?”
التفاسير العربية:
مَا لَكُمۡ لَا تَنطِقُونَ
“Bite byanyu ko mutavuga?”
التفاسير العربية:
فَرَاغَ عَلَيۡهِمۡ ضَرۡبَۢا بِٱلۡيَمِينِ
Maze arabyadukira (mu ibanga) abijanjaguza ukuboko kwe kw’iburyo.
التفاسير العربية:
فَأَقۡبَلُوٓاْ إِلَيۡهِ يَزِفُّونَ
Nuko (ba babangikanyamana) bagaruka bamugana bihuta.
التفاسير العربية:
قَالَ أَتَعۡبُدُونَ مَا تَنۡحِتُونَ
Arababwira ati “Ese mugaragira ibyo mwihangiye”,
التفاسير العربية:
وَٱللَّهُ خَلَقَكُمۡ وَمَا تَعۡمَلُونَ
“Kandi Allah yarabaremye, mwe n’ibyo mukora?”
التفاسير العربية:
قَالُواْ ٱبۡنُواْ لَهُۥ بُنۡيَٰنٗا فَأَلۡقُوهُ فِي ٱلۡجَحِيمِ
Baravuga bati “Nimumwubakire itanura maze mumujugunye mu muriro ugurumana.”
التفاسير العربية:
فَأَرَادُواْ بِهِۦ كَيۡدٗا فَجَعَلۡنَٰهُمُ ٱلۡأَسۡفَلِينَ
Bamucuriye umugambi mubisha, nuko turabasuzuguza.
التفاسير العربية:
وَقَالَ إِنِّي ذَاهِبٌ إِلَىٰ رَبِّي سَيَهۡدِينِ
Nuko (amaze kurokoka umuriro) aravuga ati “Mu by’ukuri ngannye kwa Nyagasani wanjye, azanyobora.”
التفاسير العربية:
رَبِّ هَبۡ لِي مِنَ ٱلصَّٰلِحِينَ
“Nyagasani wanjye! Mpa (umwana) uzaba umwe mu ntungane.”
التفاسير العربية:
فَبَشَّرۡنَٰهُ بِغُلَٰمٍ حَلِيمٖ
Nuko tumuha inkuru nziza yo kuzabyara umuhungu witonda (ari we Isimayili).
التفاسير العربية:
فَلَمَّا بَلَغَ مَعَهُ ٱلسَّعۡيَ قَالَ يَٰبُنَيَّ إِنِّيٓ أَرَىٰ فِي ٱلۡمَنَامِ أَنِّيٓ أَذۡبَحُكَ فَٱنظُرۡ مَاذَا تَرَىٰۚ قَالَ يَٰٓأَبَتِ ٱفۡعَلۡ مَا تُؤۡمَرُۖ سَتَجِدُنِيٓ إِن شَآءَ ٱللَّهُ مِنَ ٱلصَّٰبِرِينَ
Maze (umuhungu we) amaze kugera mu kigero cyo kugendana na we, (ise) aravuga ati “Mwana wanjye! Mu by’ukuri narose nkubaga (ngutangaho igitambo kwa Allah), mbwira uko ubibona. Aravuga ati “Dawe! Kora icyo wategetswe, Allah nabishaka uzansanga mu bihangana.”
التفاسير العربية:
 
ترجمة معاني سورة: الصافات
فهرس السور رقم الصفحة
 
ترجمة معاني القرآن الكريم - الترجمة الكينيارواندية - جمعية مسلمي رواندا - فهرس التراجم

صادرة عن جمعية مسلمي روندا.

إغلاق