Check out the new design

《古兰经》译解 - 卢旺达文翻译 - 卢旺达穆斯林协会 * - 译解目录

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

含义的翻译 章: 隋法提   段:
وَجَعَلۡنَا ذُرِّيَّتَهُۥ هُمُ ٱلۡبَاقِينَ
Maze dusigaza abamukomokaho.
阿拉伯语经注:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Tunamuha kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.
阿拉伯语经注:
سَلَٰمٌ عَلَىٰ نُوحٖ فِي ٱلۡعَٰلَمِينَ
Amahoro nabe kuri Nuhu mu biremwa byose.
阿拉伯语经注:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
阿拉伯语经注:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri yari umwe mu bagaragu bacu b’abemeramana (twarokoye).
阿拉伯语经注:
ثُمَّ أَغۡرَقۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma turohamisha abandi (bahakanye).
阿拉伯语经注:
۞ وَإِنَّ مِن شِيعَتِهِۦ لَإِبۡرَٰهِيمَ
Mu by’ukuri no mu bamukurikije harimo Ibrahimu.
阿拉伯语经注:
إِذۡ جَآءَ رَبَّهُۥ بِقَلۡبٖ سَلِيمٍ
Ubwo yaganaga Nyagasani we n’umutima ukeye.
阿拉伯语经注:
إِذۡ قَالَ لِأَبِيهِ وَقَوۡمِهِۦ مَاذَا تَعۡبُدُونَ
Ubwo yabwiraga se n’abantu be ati “Ibi mugaragira ni ibiki?”
阿拉伯语经注:
أَئِفۡكًا ءَالِهَةٗ دُونَ ٱللَّهِ تُرِيدُونَ
“Ese ibigirwamana mwihimbiye muretse Allah ni byo mushaka?”
阿拉伯语经注:
فَمَا ظَنُّكُم بِرَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Ese mutekereza iki kuri Nyagasani w’ibiremwa byose?”
阿拉伯语经注:
فَنَظَرَ نَظۡرَةٗ فِي ٱلنُّجُومِ
Nuko (Ibrahimu) yitegereza inyenyeri.
阿拉伯语经注:
فَقَالَ إِنِّي سَقِيمٞ
Maze aravuga ati “Mu by’ukuri njye ndarwaye”.[1]
[1] Ibyo yabikoze ari amayeri yo kugira ngo asigare aho basengeraga ibigirwamana byabo kugira ngo abijanjagure, ndetse no kugira ngo atajyana na bo mu mihango yabo ya gipagani
阿拉伯语经注:
فَتَوَلَّوۡاْ عَنۡهُ مُدۡبِرِينَ
Nuko barahindukira barigendera.
阿拉伯语经注:
فَرَاغَ إِلَىٰٓ ءَالِهَتِهِمۡ فَقَالَ أَلَا تَأۡكُلُونَ
Maze yinyabya (mu ibanga) ku bigirwamana byabo, nuko aravuga ati “Ese ntimurya (aya mafunguro mwateguriwe)?”
阿拉伯语经注:
مَا لَكُمۡ لَا تَنطِقُونَ
“Bite byanyu ko mutavuga?”
阿拉伯语经注:
فَرَاغَ عَلَيۡهِمۡ ضَرۡبَۢا بِٱلۡيَمِينِ
Maze arabyadukira (mu ibanga) abijanjaguza ukuboko kwe kw’iburyo.
阿拉伯语经注:
فَأَقۡبَلُوٓاْ إِلَيۡهِ يَزِفُّونَ
Nuko (ba babangikanyamana) bagaruka bamugana bihuta.
阿拉伯语经注:
قَالَ أَتَعۡبُدُونَ مَا تَنۡحِتُونَ
Arababwira ati “Ese mugaragira ibyo mwihangiye”,
阿拉伯语经注:
وَٱللَّهُ خَلَقَكُمۡ وَمَا تَعۡمَلُونَ
“Kandi Allah yarabaremye, mwe n’ibyo mukora?”
阿拉伯语经注:
قَالُواْ ٱبۡنُواْ لَهُۥ بُنۡيَٰنٗا فَأَلۡقُوهُ فِي ٱلۡجَحِيمِ
Baravuga bati “Nimumwubakire itanura maze mumujugunye mu muriro ugurumana.”
阿拉伯语经注:
فَأَرَادُواْ بِهِۦ كَيۡدٗا فَجَعَلۡنَٰهُمُ ٱلۡأَسۡفَلِينَ
Bamucuriye umugambi mubisha, nuko turabasuzuguza.
阿拉伯语经注:
وَقَالَ إِنِّي ذَاهِبٌ إِلَىٰ رَبِّي سَيَهۡدِينِ
Nuko (amaze kurokoka umuriro) aravuga ati “Mu by’ukuri ngannye kwa Nyagasani wanjye, azanyobora.”
阿拉伯语经注:
رَبِّ هَبۡ لِي مِنَ ٱلصَّٰلِحِينَ
“Nyagasani wanjye! Mpa (umwana) uzaba umwe mu ntungane.”
阿拉伯语经注:
فَبَشَّرۡنَٰهُ بِغُلَٰمٍ حَلِيمٖ
Nuko tumuha inkuru nziza yo kuzabyara umuhungu witonda (ari we Isimayili).
阿拉伯语经注:
فَلَمَّا بَلَغَ مَعَهُ ٱلسَّعۡيَ قَالَ يَٰبُنَيَّ إِنِّيٓ أَرَىٰ فِي ٱلۡمَنَامِ أَنِّيٓ أَذۡبَحُكَ فَٱنظُرۡ مَاذَا تَرَىٰۚ قَالَ يَٰٓأَبَتِ ٱفۡعَلۡ مَا تُؤۡمَرُۖ سَتَجِدُنِيٓ إِن شَآءَ ٱللَّهُ مِنَ ٱلصَّٰبِرِينَ
Maze (umuhungu we) amaze kugera mu kigero cyo kugendana na we, (ise) aravuga ati “Mwana wanjye! Mu by’ukuri narose nkubaga (ngutangaho igitambo kwa Allah), mbwira uko ubibona. Aravuga ati “Dawe! Kora icyo wategetswe, Allah nabishaka uzansanga mu bihangana.”
阿拉伯语经注:
 
含义的翻译 章: 隋法提
章节目录 页码
 
《古兰经》译解 - 卢旺达文翻译 - 卢旺达穆斯林协会 - 译解目录

由卢旺达穆斯林协会发布。

关闭