Check out the new design

Traduction des sens du Noble Coran - La traduction kinyarwanda - Association des Musulmans du Rwanda * - Lexique des traductions

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Traduction des sens Sourate: As Shu'âra'   Verset:
فَلَمَّا تَرَٰٓءَا ٱلۡجَمۡعَانِ قَالَ أَصۡحَٰبُ مُوسَىٰٓ إِنَّا لَمُدۡرَكُونَ
Nuko ubwo amatsinda yombi yarebanaga, abantu ba Musa baravuga bati “Mu by’ukuri batugezeho!”
Les exégèses en arabe:
قَالَ كَلَّآۖ إِنَّ مَعِيَ رَبِّي سَيَهۡدِينِ
(Musa) aravuga ati “Si ko bimeze! Mu by’ukuri ndi kumwe na Nyagasani wanjye, aranyobora.”
Les exégèses en arabe:
فَأَوۡحَيۡنَآ إِلَىٰ مُوسَىٰٓ أَنِ ٱضۡرِب بِّعَصَاكَ ٱلۡبَحۡرَۖ فَٱنفَلَقَ فَكَانَ كُلُّ فِرۡقٖ كَٱلطَّوۡدِ ٱلۡعَظِيمِ
Nuko duhishurira Musa (tugira tuti) “Kubita inkoni yawe mu nyanja! (Akubise, inyanja) icikamo ibice (bibiri), buri gice kimera nk’umusozi munini cyane.”
Les exégèses en arabe:
وَأَزۡلَفۡنَا ثَمَّ ٱلۡأٓخَرِينَ
Maze abandi (Farawo n’ingabo ze) tubegereza hafi (na bo bakurikira iyo nzira).
Les exégèses en arabe:
وَأَنجَيۡنَا مُوسَىٰ وَمَن مَّعَهُۥٓ أَجۡمَعِينَ
Nuko turokora Musa n’abari kumwe na we bose.
Les exégèses en arabe:
ثُمَّ أَغۡرَقۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma abandi (Farawo n’ingabo ze) turabaroha.
Les exégèses en arabe:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗۖ وَمَا كَانَ أَكۡثَرُهُم مُّؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo ikimenyetso (kigaragaza ubushobozi bwa Allah), nyamara abenshi muri bo ntibemera.
Les exégèses en arabe:
وَإِنَّ رَبَّكَ لَهُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Kandi mu by’ukuri Nyagasani wawe ni Umunyacyubahiro bihebuje, Nyirimpuhwe.
Les exégèses en arabe:
وَٱتۡلُ عَلَيۡهِمۡ نَبَأَ إِبۡرَٰهِيمَ
(Yewe Muhamadi) unabasomere inkuru ya Ibrahimu.
Les exégèses en arabe:
إِذۡ قَالَ لِأَبِيهِ وَقَوۡمِهِۦ مَا تَعۡبُدُونَ
Ubwo yabwiraga se n’abantu be ati “Ese ibi ni ibiki musenga?”
Les exégèses en arabe:
قَالُواْ نَعۡبُدُ أَصۡنَامٗا فَنَظَلُّ لَهَا عَٰكِفِينَ
Baravuga bati “Tugaragira ibishusho kandi tuzahora tubisenga.”
Les exégèses en arabe:
قَالَ هَلۡ يَسۡمَعُونَكُمۡ إِذۡ تَدۡعُونَ
(Ibrahimu) aravuga ati “Ese iyo mubisabye birabumva?”
Les exégèses en arabe:
أَوۡ يَنفَعُونَكُمۡ أَوۡ يَضُرُّونَ
“Cyangwa hari icyo bibamarira cyangwa ngo bigire icyo bibatwara?”
Les exégèses en arabe:
قَالُواْ بَلۡ وَجَدۡنَآ ءَابَآءَنَا كَذَٰلِكَ يَفۡعَلُونَ
Baravuga bati “(Oya)! Ahubwo twasanze abakurambere bacu babikora batyo.”
Les exégèses en arabe:
قَالَ أَفَرَءَيۡتُم مَّا كُنتُمۡ تَعۡبُدُونَ
(Ibrahimu) aravuga ati “Ese ntimutekereza ku byo musenga?”
Les exégèses en arabe:
أَنتُمۡ وَءَابَآؤُكُمُ ٱلۡأَقۡدَمُونَ
“Mwebwe n’abakurambere banyu bo hambere?”
Les exégèses en arabe:
فَإِنَّهُمۡ عَدُوّٞ لِّيٓ إِلَّا رَبَّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Mu by’ukuri ibyo (musenga) ni abanzi banjye (sinshobora kubisenga), ahubwo (nsenga) Nyagasani w’ibiremwa byose.”
Les exégèses en arabe:
ٱلَّذِي خَلَقَنِي فَهُوَ يَهۡدِينِ
“We wandemye akaba ari na We unyobora.”
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِي هُوَ يُطۡعِمُنِي وَيَسۡقِينِ
“Ni na We umpa icyo kurya n’icyo kunywa.”
Les exégèses en arabe:
وَإِذَا مَرِضۡتُ فَهُوَ يَشۡفِينِ
“N’iyo ndwaye ni We unkiza.”
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِي يُمِيتُنِي ثُمَّ يُحۡيِينِ
“Ni na We uzanyambura ubuzima, hanyuma akazabunsubiza (igihe cy’izuka).
Les exégèses en arabe:
وَٱلَّذِيٓ أَطۡمَعُ أَن يَغۡفِرَ لِي خَطِيٓـَٔتِي يَوۡمَ ٱلدِّينِ
Kandi ni We niringiye ko azambabarira ibyaha byanjye ku munsi w’imperuka.
Les exégèses en arabe:
رَبِّ هَبۡ لِي حُكۡمٗا وَأَلۡحِقۡنِي بِٱلصَّٰلِحِينَ
Nyagasani! Mpa kugira ubumenyi (bwo kugusobanukirwa ndetse n’ubuhanuzi), kandi uzampuze n’abagaragu bawe b’intungane.
Les exégèses en arabe:
 
Traduction des sens Sourate: As Shu'âra'
Lexique des sourates Numéro de la page
 
Traduction des sens du Noble Coran - La traduction kinyarwanda - Association des Musulmans du Rwanda - Lexique des traductions

Émis par l'Association des Musulmans du Rwanda.

Fermeture