Check out the new design

Terjemahan makna Alquran Alkarim - Terjemahan Berbahasa Kinyarwanda - Asosiasi Muslim Ruwanda * - Daftar isi terjemahan

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Terjemahan makna Surah: Al-Burūj   Ayah:

Al Burudji

وَٱلسَّمَآءِ ذَاتِ ٱلۡبُرُوجِ
Ndahiye ikirere gifite inyenyeri nini nyinshi (zimurika nijoro),
Tafsir berbahasa Arab:
وَٱلۡيَوۡمِ ٱلۡمَوۡعُودِ
N’umunsi w’isezerano (umunsi w’imperuka),
Tafsir berbahasa Arab:
وَشَاهِدٖ وَمَشۡهُودٖ
N’umunsi w’ubuhamya (umunsi wa Idjuma) ndetse n’umunsi w’ikoraniro (umunsi wa Arafat).
Tafsir berbahasa Arab:
قُتِلَ أَصۡحَٰبُ ٱلۡأُخۡدُودِ
Abantu bacukuriye abemeramana imyobo (yo kubatwikiramo) baravumwe,[1]
[1] Muri uyu murongo wa Qur’an haravugwamo amateka y’umwami witwa Dhu Nuwasi w’ahitwa Najirani, wategekaga abantu guhakana Imana, maze abanze akabacukurira imyobo ayicanamo umuriro akajya abajugunyamo ari bazima.
Tafsir berbahasa Arab:
ٱلنَّارِ ذَاتِ ٱلۡوَقُودِ
Ubwo bacanaga umuriro ugurumana cyane,
Tafsir berbahasa Arab:
إِذۡ هُمۡ عَلَيۡهَا قُعُودٞ
Ubwo babaga bawicaye impande,
Tafsir berbahasa Arab:
وَهُمۡ عَلَىٰ مَا يَفۡعَلُونَ بِٱلۡمُؤۡمِنِينَ شُهُودٞ
Kandi babaga bashungereye ibyo bakoreraga abemeramana (babatwika).
Tafsir berbahasa Arab:
وَمَا نَقَمُواْ مِنۡهُمۡ إِلَّآ أَن يُؤۡمِنُواْ بِٱللَّهِ ٱلۡعَزِيزِ ٱلۡحَمِيدِ
Kandi nta kindi babahoraga usibye kuba baremeye Allah, Umunyacyubahiro uhebuje, Ushimwa cyane,
Tafsir berbahasa Arab:
ٱلَّذِي لَهُۥ مُلۡكُ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِۚ وَٱللَّهُ عَلَىٰ كُلِّ شَيۡءٖ شَهِيدٌ
Ufite ubwami bw’ibirere n’isi! Kandi Allah ni Umuhamya wa buri kintu.
Tafsir berbahasa Arab:
إِنَّ ٱلَّذِينَ فَتَنُواْ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ وَٱلۡمُؤۡمِنَٰتِ ثُمَّ لَمۡ يَتُوبُواْ فَلَهُمۡ عَذَابُ جَهَنَّمَ وَلَهُمۡ عَذَابُ ٱلۡحَرِيقِ
Mu by’ukuri abatoteje abemeramana n’abemeramanakazi (babakorera iyicarubozo), nyuma ntibicuze (kuri Allah), bazahanishwa ibihano by’umuriro wa Jahanamu, banahanishwe ibihano bitwika.
Tafsir berbahasa Arab:
إِنَّ ٱلَّذِينَ ءَامَنُواْ وَعَمِلُواْ ٱلصَّٰلِحَٰتِ لَهُمۡ جَنَّٰتٞ تَجۡرِي مِن تَحۡتِهَا ٱلۡأَنۡهَٰرُۚ ذَٰلِكَ ٱلۡفَوۡزُ ٱلۡكَبِيرُ
Mu by’ukuri abemeye bakanakora ibikorwa byiza, bazagororerwa ubusitani butembamo imigezi (Ijuru). Iyo ni yo ntsinzi ihebuje.
Tafsir berbahasa Arab:
إِنَّ بَطۡشَ رَبِّكَ لَشَدِيدٌ
Mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wawe (yewe Muhamadi) birakaze.
Tafsir berbahasa Arab:
إِنَّهُۥ هُوَ يُبۡدِئُ وَيُعِيدُ
Mu by’ukuri ni We waremye (ibiremwa bitari biriho) kandi ni na We uzabigarura (ku munsi w’imperuka).
Tafsir berbahasa Arab:
وَهُوَ ٱلۡغَفُورُ ٱلۡوَدُودُ
Kandi ni We Ubabarira ibyaha, Umukunzi (w’abemeramana),
Tafsir berbahasa Arab:
ذُو ٱلۡعَرۡشِ ٱلۡمَجِيدُ
Nyiri Ar’shi[1], Nyirikuzo,
[1] Reba uko twasobanuye iri jambo muri Surat ul A’araf, Aya ya 54.
Tafsir berbahasa Arab:
فَعَّالٞ لِّمَا يُرِيدُ
Ukora ibyo ashaka akanabinoza.
Tafsir berbahasa Arab:
هَلۡ أَتَىٰكَ حَدِيثُ ٱلۡجُنُودِ
Ese wamenye inkuru z’ingabo?
Tafsir berbahasa Arab:
فِرۡعَوۡنَ وَثَمُودَ
Za Farawo n’iz’aba Thamudu?
Tafsir berbahasa Arab:
بَلِ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ فِي تَكۡذِيبٖ
Ahubwo abahakanye (bakomeje) guhinyura (ukuri).
Tafsir berbahasa Arab:
وَٱللَّهُ مِن وَرَآئِهِم مُّحِيطُۢ
Kandi Allah azi neza ibikorwa byabo byose (kandi azabibahanira).
Tafsir berbahasa Arab:
بَلۡ هُوَ قُرۡءَانٞ مَّجِيدٞ
Ahubwo iyi ni Qur’an yubahitse,
Tafsir berbahasa Arab:
فِي لَوۡحٖ مَّحۡفُوظِۭ
(Yanditse) ku rubaho rurinzwe (Lawuhul Mahfudh).
Tafsir berbahasa Arab:
 
Terjemahan makna Surah: Al-Burūj
Daftar surah Nomor Halaman
 
Terjemahan makna Alquran Alkarim - Terjemahan Berbahasa Kinyarwanda - Asosiasi Muslim Ruwanda - Daftar isi terjemahan

Dikeluarkan oleh Asosiasi Muslim Ruwanda.

Tutup