அல்குர்ஆன் மொழிபெயர்ப்பு - கின்யருவாண்டா மொழிபெயர்ப்பு * - மொழிபெயர்ப்பு அட்டவணை

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

மொழிபெயர்ப்பு அத்தியாயம்: ஸூரா அந்நஜ்ம்   வசனம்:

Annajmi (Inyenyeri)

وَٱلنَّجۡمِ إِذَا هَوَىٰ
Ndahiye inyenyeri igihe irenga!
அரபு விரிவுரைகள்:
مَا ضَلَّ صَاحِبُكُمۡ وَمَا غَوَىٰ
(Ko uyu) mugenzi wanyu (Intumwa Muhamadi) atigeze ayoba ndetse ko atigeze anateshuka (ku nzira y’ukuri).
அரபு விரிவுரைகள்:
وَمَا يَنطِقُ عَنِ ٱلۡهَوَىٰٓ
Nta n’ubwo avuga ashingiye ku marangamutima ye.
அரபு விரிவுரைகள்:
إِنۡ هُوَ إِلَّا وَحۡيٞ يُوحَىٰ
Ahubwo (ibyo avuga) ni ibyo ahishurirwa (na Allah).
அரபு விரிவுரைகள்:
عَلَّمَهُۥ شَدِيدُ ٱلۡقُوَىٰ
Yigishijwe (iyi Qur’an) n’umunyembaraga cyane (Malayika Jibrilu),
அரபு விரிவுரைகள்:
ذُو مِرَّةٖ فَٱسۡتَوَىٰ
Ufite ububasha kandi utagira inenge, wagaragariye (Intumwa Muhamadi) mu ishusho ye y’ukuri,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَهُوَ بِٱلۡأُفُقِ ٱلۡأَعۡلَىٰ
Ubwo (Malayika Jibrilu) yari mu kirere cyo hejuru.
அரபு விரிவுரைகள்:
ثُمَّ دَنَا فَتَدَلَّىٰ
Nuko yegera (Intumwa Muhamadi), maze aramanuka akomeza kuyegera,
அரபு விரிவுரைகள்:
فَكَانَ قَابَ قَوۡسَيۡنِ أَوۡ أَدۡنَىٰ
(Yamwegereye) mu ntera ingana n’iri hagati y’amahembe abiri y’umuheto cyangwa bugufi kurushaho.
அரபு விரிவுரைகள்:
فَأَوۡحَىٰٓ إِلَىٰ عَبۡدِهِۦ مَآ أَوۡحَىٰ
Nuko (Allah) ahishurira umugaragu we (Muhamadi, abinyujije kuri Malayika Jibrilu) ibyo yagombaga kumuhishurira byose.
அரபு விரிவுரைகள்:
مَا كَذَبَ ٱلۡفُؤَادُ مَا رَأَىٰٓ
Umutima (wa Muhamadi) ntiwigeze ubeshya ku byo wabonye.
அரபு விரிவுரைகள்:
أَفَتُمَٰرُونَهُۥ عَلَىٰ مَا يَرَىٰ
None se muramugisha impaka ku byo yabonye (ubwo yazamukaga mu ijuru rya karindwi)?
அரபு விரிவுரைகள்:
وَلَقَدۡ رَءَاهُ نَزۡلَةً أُخۡرَىٰ
Kandi rwose (Muhamadi) yaramubonye (Malayika Jibrilu) ubwo yamanukaga ku yindi nshuro,
அரபு விரிவுரைகள்:
عِندَ سِدۡرَةِ ٱلۡمُنتَهَىٰ
Ubwo yari kuri Sidrat-il-Muntaha (Igiti cya nyuma),[1]
[1] Sidratil-Mun’tahaa: Ni igiti kiri hafi ya Ar’shi, cyiswe igiti cya nyuma kuko nta kiremwa na kimwe kikirenga.
அரபு விரிவுரைகள்:
عِندَهَا جَنَّةُ ٱلۡمَأۡوَىٰٓ
Ni na ho hari ubuturo bw’ijuru (ry’abemeramana).
அரபு விரிவுரைகள்:
إِذۡ يَغۡشَى ٱلسِّدۡرَةَ مَا يَغۡشَىٰ
Ubwo icyo giti (Sidrat) cyatwikirwaga n’ibyagitwikiriye (urumuri rutangaje).
அரபு விரிவுரைகள்:
مَا زَاغَ ٱلۡبَصَرُ وَمَا طَغَىٰ
Indoro (y’Intumwa y’Imana) ntiyigeze itana, cyangwa ngo irengere (imbibi yari yashyiriweho).
அரபு விரிவுரைகள்:
لَقَدۡ رَأَىٰ مِنۡ ءَايَٰتِ رَبِّهِ ٱلۡكُبۡرَىٰٓ
Mu by’ukuri (Intumwa Muhamadi) yabonye bimwe mu bitangaza bihambaye bya Nyagasani wayo.
அரபு விரிவுரைகள்:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱللَّٰتَ وَٱلۡعُزَّىٰ
Ese ntimutekereza (ku bigirwamana musenga); Laata na Uza,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَمَنَوٰةَ ٱلثَّالِثَةَ ٱلۡأُخۡرَىٰٓ
Ndetse na Manaata, ikindi (kigirwamana) cya gatatu?
அரபு விரிவுரைகள்:
أَلَكُمُ ٱلذَّكَرُ وَلَهُ ٱلۡأُنثَىٰ
Ese mwibwira ko mufite abana b’abahungu naho We (Allah) akagira ab’abakobwa?
அரபு விரிவுரைகள்:
تِلۡكَ إِذٗا قِسۡمَةٞ ضِيزَىٰٓ
Iryo ryaba ari igabana ribogamye.
அரபு விரிவுரைகள்:
إِنۡ هِيَ إِلَّآ أَسۡمَآءٞ سَمَّيۡتُمُوهَآ أَنتُمۡ وَءَابَآؤُكُم مَّآ أَنزَلَ ٱللَّهُ بِهَا مِن سُلۡطَٰنٍۚ إِن يَتَّبِعُونَ إِلَّا ٱلظَّنَّ وَمَا تَهۡوَى ٱلۡأَنفُسُۖ وَلَقَدۡ جَآءَهُم مِّن رَّبِّهِمُ ٱلۡهُدَىٰٓ
Ibyo (bigirwamana) nta kindi biri cyo usibye kuba ari amazina masa mwabihimbiye, mwe n’abakurambere banyu, Allah atigeze abahera uburenganzira. Rwose nta kindi bakurikira kitari ugukekeranya ndetse n’ibyo imitima (yabo) irarikira. Kandi mu by’ukuri bagezweho n’umuyoboro uturutse kwa Nyagasani wabo.
அரபு விரிவுரைகள்:
أَمۡ لِلۡإِنسَٰنِ مَا تَمَنَّىٰ
Ese (mutekereza ko) umuntu yabona ibyo yifuza byose?
அரபு விரிவுரைகள்:
فَلِلَّهِ ٱلۡأٓخِرَةُ وَٱلۡأُولَىٰ
Allah ni We Mugenga w’ubuzima bw’imperuka n’ubw’isi.
அரபு விரிவுரைகள்:
۞ وَكَم مِّن مَّلَكٖ فِي ٱلسَّمَٰوَٰتِ لَا تُغۡنِي شَفَٰعَتُهُمۡ شَيۡـًٔا إِلَّا مِنۢ بَعۡدِ أَن يَأۡذَنَ ٱللَّهُ لِمَن يَشَآءُ وَيَرۡضَىٰٓ
None se ni bangahe mu bamalayika bari mu birere, ubuvugizi bwabo butazigera bugira icyo bumara Allah atabanje kubitangira uburenganzira bikagirira akamaro uwo ashatse kandi yishimira?
அரபு விரிவுரைகள்:
إِنَّ ٱلَّذِينَ لَا يُؤۡمِنُونَ بِٱلۡأٓخِرَةِ لَيُسَمُّونَ ٱلۡمَلَٰٓئِكَةَ تَسۡمِيَةَ ٱلۡأُنثَىٰ
Mu by’ukuri abatemera imperuka bita abamalayika amazina y’igitsina gore,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَمَا لَهُم بِهِۦ مِنۡ عِلۡمٍۖ إِن يَتَّبِعُونَ إِلَّا ٱلظَّنَّۖ وَإِنَّ ٱلظَّنَّ لَا يُغۡنِي مِنَ ٱلۡحَقِّ شَيۡـٔٗا
Kandi ibyo nta bumenyi babifitiye. Ndetse nta kindi bakurikira kitari ugukekeranya, kandi rwose ugukeka nta cyo kuvuze imbere y’ukuri.
அரபு விரிவுரைகள்:
فَأَعۡرِضۡ عَن مَّن تَوَلَّىٰ عَن ذِكۡرِنَا وَلَمۡ يُرِدۡ إِلَّا ٱلۡحَيَوٰةَ ٱلدُّنۡيَا
Bityo, irengagize wa wundi wateye umugongo urwibutso rwacu nta kindi ashaka uretse ubuzima bw’isi.
அரபு விரிவுரைகள்:
ذَٰلِكَ مَبۡلَغُهُم مِّنَ ٱلۡعِلۡمِۚ إِنَّ رَبَّكَ هُوَ أَعۡلَمُ بِمَن ضَلَّ عَن سَبِيلِهِۦ وَهُوَ أَعۡلَمُ بِمَنِ ٱهۡتَدَىٰ
(Ibyo bavuga) ni ho ubumenyi bwabo bugarukira. Mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We uzi neza uwayobye inzira ye, kandi ni na We uzi neza abayobotse.
அரபு விரிவுரைகள்:
وَلِلَّهِ مَا فِي ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَمَا فِي ٱلۡأَرۡضِ لِيَجۡزِيَ ٱلَّذِينَ أَسَٰٓـُٔواْ بِمَا عَمِلُواْ وَيَجۡزِيَ ٱلَّذِينَ أَحۡسَنُواْ بِٱلۡحُسۡنَى
Kandi ibiri mu birere n’ibiri mu isi ni ibya Allah, (yashyizeho ayo mategeko) kugira ngo ahane inkozi z’ibibi kubera ibyo zakoze, ndetse anahembe ibyiza (ijuru) abakora ibyiza,
அரபு விரிவுரைகள்:
ٱلَّذِينَ يَجۡتَنِبُونَ كَبَٰٓئِرَ ٱلۡإِثۡمِ وَٱلۡفَوَٰحِشَ إِلَّا ٱللَّمَمَۚ إِنَّ رَبَّكَ وَٰسِعُ ٱلۡمَغۡفِرَةِۚ هُوَ أَعۡلَمُ بِكُمۡ إِذۡ أَنشَأَكُم مِّنَ ٱلۡأَرۡضِ وَإِذۡ أَنتُمۡ أَجِنَّةٞ فِي بُطُونِ أُمَّهَٰتِكُمۡۖ فَلَا تُزَكُّوٓاْ أَنفُسَكُمۡۖ هُوَ أَعۡلَمُ بِمَنِ ٱتَّقَىٰٓ
Ba bandi birinda ibyaha bikomeye n’ibikozasoni uretse kuba bagwa mu byaha byoroshye; mu by’ukuri imbabazi za Nyagasani wawe ziragutse. Ni We ubazi neza kuva yabarema abakuye mu gitaka, n’igihe mwari insoro muri nyababyeyi za ba nyoko. Bityo, ntimukigire abere kuko ari We uzi neza umugandukira.
அரபு விரிவுரைகள்:
أَفَرَءَيۡتَ ٱلَّذِي تَوَلَّىٰ
Ese (yewe Muhamadi) wabonye wa wundi wateye umugongo (akanga kumvira Allah)?
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَعۡطَىٰ قَلِيلٗا وَأَكۡدَىٰٓ
Akanatanga bike (mu byo twamuhaye), nyuma akabireka burundu?
அரபு விரிவுரைகள்:
أَعِندَهُۥ عِلۡمُ ٱلۡغَيۡبِ فَهُوَ يَرَىٰٓ
Ese yaba afite ubumenyi bw’ibitagaragara akaba abona (ko ibyo Intumwa Muhamadi yahishuriwe atari ukuri)?
அரபு விரிவுரைகள்:
أَمۡ لَمۡ يُنَبَّأۡ بِمَا فِي صُحُفِ مُوسَىٰ
Cyangwa ntiyabwiwe ibiri mu bitabo bya Musa,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَإِبۡرَٰهِيمَ ٱلَّذِي وَفَّىٰٓ
Ndetse n’ibiri mu bya Ibrahimu wasohoje ubutumwa,
அரபு விரிவுரைகள்:
أَلَّا تَزِرُ وَازِرَةٞ وِزۡرَ أُخۡرَىٰ
Ko nta we uzikorera umutwaro w’undi,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَن لَّيۡسَ لِلۡإِنسَٰنِ إِلَّا مَا سَعَىٰ
Kandi ko nta cyo umuntu azabona (ku munsi w’imperuka) usibye ibyo yashyizemo umuhate,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّ سَعۡيَهُۥ سَوۡفَ يُرَىٰ
Kandi ko umuhate we uzagaragara (ku munsi w’imperuka).
அரபு விரிவுரைகள்:
ثُمَّ يُجۡزَىٰهُ ٱلۡجَزَآءَ ٱلۡأَوۡفَىٰ
Maze akazabihemberwa ibihembo byuzuye.
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّ إِلَىٰ رَبِّكَ ٱلۡمُنتَهَىٰ
Kandi ko iherezo (rya buri kintu) ari kwa Nyagasani wawe.
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّهُۥ هُوَ أَضۡحَكَ وَأَبۡكَىٰ
Kandi ko ari We (Allah) utera guseka (kwishima) no kurira (kubabara).
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّهُۥ هُوَ أَمَاتَ وَأَحۡيَا
No kuba ari We wisubiza ubuzima ndetse akanabutanga.
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّهُۥ خَلَقَ ٱلزَّوۡجَيۡنِ ٱلذَّكَرَ وَٱلۡأُنثَىٰ
No kuba ari we waremye ibitsina byombi, gabo na gore,
அரபு விரிவுரைகள்:
مِن نُّطۡفَةٍ إِذَا تُمۡنَىٰ
Mu ntanga igihe zisohowe.
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّ عَلَيۡهِ ٱلنَّشۡأَةَ ٱلۡأُخۡرَىٰ
No kuba ari We uzarema bundi bushya (azura abapfuye),
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّهُۥ هُوَ أَغۡنَىٰ وَأَقۡنَىٰ
No kuba ari We utanga ubukungu akanatuma abantu bagira ibyo bigezaho,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّهُۥ هُوَ رَبُّ ٱلشِّعۡرَىٰ
No kuba ari We Nyagasani wa Shi’ira,[1]
[1] Shi’ira ni inyenyeri Abarabu b’ababangikanyamana bajyaga basenga mbere y’Ubuyisilamu.
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنَّهُۥٓ أَهۡلَكَ عَادًا ٱلۡأُولَىٰ
No kuba ari We woretse aba Adi bo hambere,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَثَمُودَاْ فَمَآ أَبۡقَىٰ
N’aba Thamudu ntiyagira uwo asigaza,
அரபு விரிவுரைகள்:
وَقَوۡمَ نُوحٖ مِّن قَبۡلُۖ إِنَّهُمۡ كَانُواْ هُمۡ أَظۡلَمَ وَأَطۡغَىٰ
Na mbere yabo, (yoretse) abantu ba Nuhu. Mu by’ukuri bari inkozi z’ibibi bakaba n’abarengera (amategeko ya Allah) bikabije.
அரபு விரிவுரைகள்:
وَٱلۡمُؤۡتَفِكَةَ أَهۡوَىٰ
Ndetse n’imidugudu (ya Sodoma) yabirinduwe, ni We wayibirinduye (ibyari hasi bijya hejuru n’ibyari hejuru bijya hasi).
அரபு விரிவுரைகள்:
فَغَشَّىٰهَا مَا غَشَّىٰ
Nuko (iyo midugudu) itwikirwa n’ibyayitwikiriye (ibihano bigizwe n’amabuye).
அரபு விரிவுரைகள்:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكَ تَتَمَارَىٰ
None se (yewe muntu) ni izihe nema za Nyagasani wawe ushidikanyaho (ko atari ize)?
அரபு விரிவுரைகள்:
هَٰذَا نَذِيرٞ مِّنَ ٱلنُّذُرِ ٱلۡأُولَىٰٓ
Uyu (Muhamadi) ni umwe mu (ruhererekane rw’) ababurizi bo hambere.
அரபு விரிவுரைகள்:
أَزِفَتِ ٱلۡأٓزِفَةُ
Umunsi w’imperuka uregereje.
அரபு விரிவுரைகள்:
لَيۡسَ لَهَا مِن دُونِ ٱللَّهِ كَاشِفَةٌ
Nta kindi cyawukumira usibye Allah (ushobora kuwihutisha cyangwa akawutinza).
அரபு விரிவுரைகள்:
أَفَمِنۡ هَٰذَا ٱلۡحَدِيثِ تَعۡجَبُونَ
None se mutangajwe n’aya magambo (ya Qur’an)?
அரபு விரிவுரைகள்:
وَتَضۡحَكُونَ وَلَا تَبۡكُونَ
Mukaba museka (muyihakana) aho kurira!
அரபு விரிவுரைகள்:
وَأَنتُمۡ سَٰمِدُونَ
Muhugiye mu bibarangaza!
அரபு விரிவுரைகள்:
فَٱسۡجُدُواْۤ لِلَّهِۤ وَٱعۡبُدُواْ۩
Bityo, nimwubamire Allah munamugaragire (wenyine).
அரபு விரிவுரைகள்:
 
மொழிபெயர்ப்பு அத்தியாயம்: ஸூரா அந்நஜ்ம்
அத்தியாயங்களின் அட்டவணை பக்க எண்
 
அல்குர்ஆன் மொழிபெயர்ப்பு - கின்யருவாண்டா மொழிபெயர்ப்பு - மொழிபெயர்ப்பு அட்டவணை

புனித அல் குர்ஆனுக்கான கின்யருவாண்டா மொழிபெயர்ப்பு- ருவாண்டா முஸ்லிம்கள் ஒன்றியத்தின் குழு மூலம் மொழிபெயர்க்கப்பட்டது.

மூடுக