Prijevod značenja časnog Kur'ana - الترجمة الكينيارواندية * - Sadržaj prijevodā

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Prijevod značenja Sura: Sura Abese   Ajet:

Abasa (Yazinze Umunya)

عَبَسَ وَتَوَلَّىٰٓ
(Intumwa Muhamadi) yazinze umunya inatera umugongo.
Tefsiri na arapskom jeziku:
أَن جَآءَهُ ٱلۡأَعۡمَىٰ
Ubwo umuntu utabona (Abdullah bin Umm-Maktum) yari aje ayisanga (igihe yigishaga bamwe mu bikomerezwa by’Abakurayishi).
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَمَا يُدۡرِيكَ لَعَلَّهُۥ يَزَّكَّىٰٓ
Ese wabibwirwa n’iki? Wenda arashaka kwiyeza?
Tefsiri na arapskom jeziku:
أَوۡ يَذَّكَّرُ فَتَنفَعَهُ ٱلذِّكۡرَىٰٓ
Cyangwa akakira urwibutso, hanyuma urwibutso rukamugirira akamaro?
Tefsiri na arapskom jeziku:
أَمَّا مَنِ ٱسۡتَغۡنَىٰ
Naho wa wundi wirata yumva ko adakeneye (kuyoboka),
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَأَنتَ لَهُۥ تَصَدَّىٰ
Ni we witaho,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَمَا عَلَيۡكَ أَلَّا يَزَّكَّىٰ
Kandi nta cyo wabazwa aramutse atiyejeje (ngo ave mu buhakanyi, kuko wowe icyo ushinzwe ari ugusohoza ubutumwa bwa Allah gusa).
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَأَمَّا مَن جَآءَكَ يَسۡعَىٰ
Ariko wa wundi uje akugana yihuta,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَهُوَ يَخۡشَىٰ
Kandi akaba atinya (Allah n’ibihano bye),
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَأَنتَ عَنۡهُ تَلَهَّىٰ
Uramwirengagiza (ukita ku bandi),
Tefsiri na arapskom jeziku:
كَلَّآ إِنَّهَا تَذۡكِرَةٞ
Oya ntibikwiye! Mu by’ukuri (iyi Qur’an) ni urwibutso.
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَمَن شَآءَ ذَكَرَهُۥ
Bityo, ubishaka nayizirikane.
Tefsiri na arapskom jeziku:
فِي صُحُفٖ مُّكَرَّمَةٖ
(Iri) mu nyandiko zirinzwe mu cyubahiro (Lawuhul Mahfudh),
Tefsiri na arapskom jeziku:
مَّرۡفُوعَةٖ مُّطَهَّرَةِۭ
Zubahitse kandi zejejwe,
Tefsiri na arapskom jeziku:
بِأَيۡدِي سَفَرَةٖ
Ziri mu maboko y’abanditsi (abamalayika bajyana ubutumwa ku bantu),
Tefsiri na arapskom jeziku:
كِرَامِۭ بَرَرَةٖ
B’abanyacyubahiro kandi b’inyangamugayo.
Tefsiri na arapskom jeziku:
قُتِلَ ٱلۡإِنسَٰنُ مَآ أَكۡفَرَهُۥ
Umuntu (w’umuhakanyi) navumwe! Mbega ukuntu ari umuhakanyi (w’indashima)!
Tefsiri na arapskom jeziku:
مِنۡ أَيِّ شَيۡءٍ خَلَقَهُۥ
Ese (Allah) yamuremye mu ki?
Tefsiri na arapskom jeziku:
مِن نُّطۡفَةٍ خَلَقَهُۥ فَقَدَّرَهُۥ
Yamuremye mu ntanga, arangije amugenera uko azabaho,
Tefsiri na arapskom jeziku:
ثُمَّ ٱلسَّبِيلَ يَسَّرَهُۥ
Nuko amworohereza inzira (y’imibereho ye).
Tefsiri na arapskom jeziku:
ثُمَّ أَمَاتَهُۥ فَأَقۡبَرَهُۥ
Nyuma amugenera urupfu no gushyingurwa,
Tefsiri na arapskom jeziku:
ثُمَّ إِذَا شَآءَ أَنشَرَهُۥ
Kandi igihe azabishakira azamuzura.
Tefsiri na arapskom jeziku:
كَلَّا لَمَّا يَقۡضِ مَآ أَمَرَهُۥ
Oya! Nyamara (umuntu) ntarakora ibyo yamutegetse.
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَلۡيَنظُرِ ٱلۡإِنسَٰنُ إِلَىٰ طَعَامِهِۦٓ
Ngaho umuntu niyitegereze amafunguro ye;
Tefsiri na arapskom jeziku:
أَنَّا صَبَبۡنَا ٱلۡمَآءَ صَبّٗا
Uko tumanura amazi (mu kirere) yisuka ari menshi,
Tefsiri na arapskom jeziku:
ثُمَّ شَقَقۡنَا ٱلۡأَرۡضَ شَقّٗا
Nuko tugasatura ubutaka uko bikwiye (kugira ngo amazi abashe kubwinjiramo n’imbuto zimere),
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَأَنۢبَتۡنَا فِيهَا حَبّٗا
Maze tukabumezamo impeke,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَعِنَبٗا وَقَضۡبٗا
N’imizabibu n’imboga,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَزَيۡتُونٗا وَنَخۡلٗا
N’imizeti n’imitende,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَحَدَآئِقَ غُلۡبٗا
N’imirima igizwe n’ibiti by’inzitane,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَفَٰكِهَةٗ وَأَبّٗا
N’imbuto n’ubwatsi,
Tefsiri na arapskom jeziku:
مَّتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
Tefsiri na arapskom jeziku:
فَإِذَا جَآءَتِ ٱلصَّآخَّةُ
Ariko ubwo urusaku ruziba amatwi (impanda y’imperuka) ruzaza,
Tefsiri na arapskom jeziku:
يَوۡمَ يَفِرُّ ٱلۡمَرۡءُ مِنۡ أَخِيهِ
Uwo munsi umuntu azahunga umuvandimwe we,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَأُمِّهِۦ وَأَبِيهِ
(Ahunge) nyina na se,
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَصَٰحِبَتِهِۦ وَبَنِيهِ
N’umugore we n’abana be,
Tefsiri na arapskom jeziku:
لِكُلِّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ يَوۡمَئِذٖ شَأۡنٞ يُغۡنِيهِ
Kuri uwo munsi, buri muntu azaba afite ibimuhangayikishije (bituma atita ku bandi).
Tefsiri na arapskom jeziku:
وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٖ مُّسۡفِرَةٞ
Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba bwererana,
Tefsiri na arapskom jeziku:
ضَاحِكَةٞ مُّسۡتَبۡشِرَةٞ
Bamwenyura, bishimiye inkuru nziza bahawe (y’Ijuru).
Tefsiri na arapskom jeziku:
وَوُجُوهٞ يَوۡمَئِذٍ عَلَيۡهَا غَبَرَةٞ
Naho uburanga (bw’abahakanyi) kuri uwo munsi buzaba bwuzuye umukungugu,
Tefsiri na arapskom jeziku:
تَرۡهَقُهَا قَتَرَةٌ
Bwarenzwe n’umwijima.
Tefsiri na arapskom jeziku:
أُوْلَٰٓئِكَ هُمُ ٱلۡكَفَرَةُ ٱلۡفَجَرَةُ
Abo ni bo bahakanyi b’inkozi z’ibibi.
Tefsiri na arapskom jeziku:
 
Prijevod značenja Sura: Sura Abese
Indeks sura Broj stranice
 
Prijevod značenja časnog Kur'ana - الترجمة الكينيارواندية - Sadržaj prijevodā

ترجمة معاني القرآن الكريم إلى اللغة الكينيارواندية، ترجمها فريق جمعية مسلمي روندا.

Zatvaranje