Firo maanaaji al-quraan tedduɗo oo - Firo kiñaruwanndi * - Tippudi firooji ɗii

XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore: Simoore kuɗol (al-qalam)   Aaya:

Alqalam (Ikaramu)

نٓۚ وَٱلۡقَلَمِ وَمَا يَسۡطُرُونَ
Nuuni[1] Ndahiye ikaramu n’ibyo (abamalayika n’abantu) bandika!
[1] Inyuguti nk’izi twazivuzeho mu masura yatambutse.
Faccirooji aarabeeji:
مَآ أَنتَ بِنِعۡمَةِ رَبِّكَ بِمَجۡنُونٖ
Ku bw’ingabire za Nyagasani wawe (z’ubutumwa wahawe), ntabwo wowe (Muhamadi) uri umusazi.
Faccirooji aarabeeji:
وَإِنَّ لَكَ لَأَجۡرًا غَيۡرَ مَمۡنُونٖ
Kandi mu by’ukuri uzahabwa ibihembo bidashira (ku bw’ingorane uhura na zo).
Faccirooji aarabeeji:
وَإِنَّكَ لَعَلَىٰ خُلُقٍ عَظِيمٖ
Rwose mu by’ukuri ufite ubupfura buhambaye.
Faccirooji aarabeeji:
فَسَتُبۡصِرُ وَيُبۡصِرُونَ
Bityo vuba aha bidatinze uzabona, n’abo (abahakanyi) babone,
Faccirooji aarabeeji:
بِأَييِّكُمُ ٱلۡمَفۡتُونُ
Umusazi muri mwe (uwo ari we).
Faccirooji aarabeeji:
إِنَّ رَبَّكَ هُوَ أَعۡلَمُ بِمَن ضَلَّ عَن سَبِيلِهِۦ وَهُوَ أَعۡلَمُ بِٱلۡمُهۡتَدِينَ
Mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We uzi neza uwayobye inzira ye, kandi ni na We uzi neza abayobotse.
Faccirooji aarabeeji:
فَلَا تُطِعِ ٱلۡمُكَذِّبِينَ
Bityo, ntukumvire abahinyura.
Faccirooji aarabeeji:
وَدُّواْ لَوۡ تُدۡهِنُ فَيُدۡهِنُونَ
Bifuje ko waborohera (ukabakorera ibyo bashaka) na bo bakakorohera (ntibakurwanye).
Faccirooji aarabeeji:
وَلَا تُطِعۡ كُلَّ حَلَّافٖ مَّهِينٍ
Kandi ntukumvire buri (muntu) urahira kenshi unasuzuguritse,
Faccirooji aarabeeji:
هَمَّازٖ مَّشَّآءِۭ بِنَمِيمٖ
Umuneguzi wa cyane, unabunza amagambo (agenda asebanya),
Faccirooji aarabeeji:
مَّنَّاعٖ لِّلۡخَيۡرِ مُعۡتَدٍ أَثِيمٍ
Ubuza ibyiza, urengera, umunyacyaha,
Faccirooji aarabeeji:
عُتُلِّۭ بَعۡدَ ذَٰلِكَ زَنِيمٍ
Uw’umutima winangiye, hejuru y’ibyo akaba ari ikinyendaro (atazwi inkomoko ye kwa se).[1]
[1] -Umuntu uvugwa muri iyi mirongo ni uwitwa Al Walid ibun al Mughirat, umwe mu babangikanyamana b’i Maka warwanyaga Intumwa y’Imana Muhamadi.
Faccirooji aarabeeji:
أَن كَانَ ذَا مَالٖ وَبَنِينَ
Yitwaza ko afite umutungo mwinshi n’urubyaro (rwinshi),
Faccirooji aarabeeji:
إِذَا تُتۡلَىٰ عَلَيۡهِ ءَايَٰتُنَا قَالَ أَسَٰطِيرُ ٱلۡأَوَّلِينَ
Iyo asomewe amagambo yacu, aravuga ati “Ni inkuru z’abo hambere.”
Faccirooji aarabeeji:
سَنَسِمُهُۥ عَلَى ٱلۡخُرۡطُومِ
Tuzamushyiraho ikimenyetso ku mutonzi (ku zuru rye).
Faccirooji aarabeeji:
إِنَّا بَلَوۡنَٰهُمۡ كَمَا بَلَوۡنَآ أَصۡحَٰبَ ٱلۡجَنَّةِ إِذۡ أَقۡسَمُواْ لَيَصۡرِمُنَّهَا مُصۡبِحِينَ
Mu by’ukuri (abantu b’i Maka), twarabagerageje nk’uko twagerageje abantu bari bafite umurima ubwo barahiraga ko rwose bawusarura mu rukerera.
Faccirooji aarabeeji:
وَلَا يَسۡتَثۡنُونَ
Ariko ntibavuze (In-sha-Allah, Imana nibishaka).
Faccirooji aarabeeji:
فَطَافَ عَلَيۡهَا طَآئِفٞ مِّن رَّبِّكَ وَهُمۡ نَآئِمُونَ
Bityo, ikiza (inkongi y’umuriro) giturutse kwa Nyagasani wawe kirawugota, mu gihe bo bari baryamye.
Faccirooji aarabeeji:
فَأَصۡبَحَتۡ كَٱلصَّرِيمِ
(Umurima wabo) uhinduka nk’uruhira.
Faccirooji aarabeeji:
فَتَنَادَوۡاْ مُصۡبِحِينَ
Nuko bucyeye barahamagarana,
Faccirooji aarabeeji:
أَنِ ٱغۡدُواْ عَلَىٰ حَرۡثِكُمۡ إِن كُنتُمۡ صَٰرِمِينَ
Bagira bati “Nimuzindukire mu murima wanyu niba mugikomeje umugambi wo kuwusarura. ”
Faccirooji aarabeeji:
فَٱنطَلَقُواْ وَهُمۡ يَتَخَٰفَتُونَ
Nuko bagenda bongorerana,
Faccirooji aarabeeji:
أَن لَّا يَدۡخُلَنَّهَا ٱلۡيَوۡمَ عَلَيۡكُم مِّسۡكِينٞ
(Bagira bati) “Uyu munsi ntihagire umukene n’umwe uwubinjiranamo (umurima).
Faccirooji aarabeeji:
وَغَدَوۡاْ عَلَىٰ حَرۡدٖ قَٰدِرِينَ
Nuko bazinduka baganayo (mu murima wabo) biyumvamo ubushobozi (bwo kwima abakene).
Faccirooji aarabeeji:
فَلَمَّا رَأَوۡهَا قَالُوٓاْ إِنَّا لَضَآلُّونَ
Maze bawubonye baravuga bati “Mu by’ukuri twayobye (inzira)!”
Faccirooji aarabeeji:
بَلۡ نَحۡنُ مَحۡرُومُونَ
Ahubwo twimwe (umusaruro wawo kubera umugambi wacu mubi wo kwima abakene).
Faccirooji aarabeeji:
قَالَ أَوۡسَطُهُمۡ أَلَمۡ أَقُل لَّكُمۡ لَوۡلَا تُسَبِّحُونَ
Ushyira mu gaciro muri bo aravuga ati “Sinari nababwiye ko iyo muza gusingiza (Allah mukanamushimira, mukanavuga muti: In-sha-Allah, mutari guhura n’ibi byago)?”
Faccirooji aarabeeji:
قَالُواْ سُبۡحَٰنَ رَبِّنَآ إِنَّا كُنَّا ظَٰلِمِينَ
Baravuga bati “Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wacu, mu by’ukuri twari inkozi z’ibibi!”
Faccirooji aarabeeji:
فَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَلَٰوَمُونَ
Nuko bamwe batangira guhindukirira abandi (bitana bamwana) bavebana,
Faccirooji aarabeeji:
قَالُواْ يَٰوَيۡلَنَآ إِنَّا كُنَّا طَٰغِينَ
Baravuga bati “Mbega ishyano tubonye! Mu by’ukuri twari abarengera (imbibi za Allah).”
Faccirooji aarabeeji:
عَسَىٰ رَبُّنَآ أَن يُبۡدِلَنَا خَيۡرٗا مِّنۡهَآ إِنَّآ إِلَىٰ رَبِّنَا رَٰغِبُونَ
Hari ubwo Nyagasani wacu yadushumbusha (umurima) mwiza kuwuruta. Rwose twerekeje ibyifuzo byacu kwa Nyagasani wacu.
Faccirooji aarabeeji:
كَذَٰلِكَ ٱلۡعَذَابُۖ وَلَعَذَابُ ٱلۡأٓخِرَةِ أَكۡبَرُۚ لَوۡ كَانُواْ يَعۡلَمُونَ
Uko ni ko ibihano (bya Allah ku isi) bimera! Ariko ibihano byo ku munsi w’imperuka birahambaye cyane, iyaba bari babizi.
Faccirooji aarabeeji:
إِنَّ لِلۡمُتَّقِينَ عِندَ رَبِّهِمۡ جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu by’ukuri abagandukira (Allah) bazagororerwa Ijuru ryuje ingabire kwa Nyagasani wabo.
Faccirooji aarabeeji:
أَفَنَجۡعَلُ ٱلۡمُسۡلِمِينَ كَٱلۡمُجۡرِمِينَ
Ese abicisha bugufi imbere ya Allah (Abayisilamu) twabafata kimwe n’inkozi z’ibibi?
Faccirooji aarabeeji:
مَا لَكُمۡ كَيۡفَ تَحۡكُمُونَ
Ese mwabaye mute? Mubona ibintu mute?
Faccirooji aarabeeji:
أَمۡ لَكُمۡ كِتَٰبٞ فِيهِ تَدۡرُسُونَ
Cyangwa mwaba mufite igitabo musomamo (ko abicisha bugufi ari kimwe n’inkozi z’ibibi)!
Faccirooji aarabeeji:
إِنَّ لَكُمۡ فِيهِ لَمَا تَخَيَّرُونَ
Mu by’ukuri mukaba mufitemo (muri icyo gitabo) aho mukura ibyo?
Faccirooji aarabeeji:
أَمۡ لَكُمۡ أَيۡمَٰنٌ عَلَيۡنَا بَٰلِغَةٌ إِلَىٰ يَوۡمِ ٱلۡقِيَٰمَةِ إِنَّ لَكُمۡ لَمَا تَحۡكُمُونَ
Cyangwa mudufiteho amasezerano ntakuka afite agaciro kugeza ku munsi w’imperuka yo kuzabona ibyo mwifuza?
Faccirooji aarabeeji:
سَلۡهُمۡ أَيُّهُم بِذَٰلِكَ زَعِيمٌ
Babaze (yewe Muhamadi) uti “Ni nde muri bo wabyishingira (akabibera umuhamya)?”
Faccirooji aarabeeji:
أَمۡ لَهُمۡ شُرَكَآءُ فَلۡيَأۡتُواْ بِشُرَكَآئِهِمۡ إِن كَانُواْ صَٰدِقِينَ
Cyangwa se (abahakanyi) baba bafite ibigirwamana (bizabafasha ku munsi w’imperuka)? Ngaho nibazane ibyo bigirwamana byabo niba ari abanyakuri.
Faccirooji aarabeeji:
يَوۡمَ يُكۡشَفُ عَن سَاقٖ وَيُدۡعَوۡنَ إِلَى ٱلسُّجُودِ فَلَا يَسۡتَطِيعُونَ
(Ibuka) umunsi (ibintu bizaba bikomeye kandi biteye ubwoba), ubwo igice cyo hepfo cy’ukuguru (kwa Allah) kizagaragarizwa (ibiremwa), nuko (abahakanyi) bagahamagarirwa kubamira (Allah) ariko ntibabishobore[1]
[1] -Imyemerere ya Isilamu igaragaza ko Allah afite ibimuranga, bimwe bikaba bihuje inyito n’iby’ibiremwa ariko bidahuje imiterere, kuko Allah atagira icyo asa na cyo. Imvugo y’Intumwa y’Imana Muhamadi igaragaza ko ku munsi w’imperuka Allah azereka ibiremwa bye igice cyo hepfo cy’ukuguru kwe (umurundi). Icyo gihe abemeramana bazubamira Allah, ariko abajyaga bubamira Allah ku isi bagamije kwiyerekana, ntibizabashobokera.
Faccirooji aarabeeji:
خَٰشِعَةً أَبۡصَٰرُهُمۡ تَرۡهَقُهُمۡ ذِلَّةٞۖ وَقَدۡ كَانُواْ يُدۡعَوۡنَ إِلَى ٱلسُّجُودِ وَهُمۡ سَٰلِمُونَ
Bazaba bubitse amaso (kubera ikimwaro), batwikiriwe n’ugusuzugurika. Nyamara bajyaga bahamagarirwa kubamira Allah ari bazima (ntibabikore kubera ubwibone).
Faccirooji aarabeeji:
فَذَرۡنِي وَمَن يُكَذِّبُ بِهَٰذَا ٱلۡحَدِيثِۖ سَنَسۡتَدۡرِجُهُم مِّنۡ حَيۡثُ لَا يَعۡلَمُونَ
Bityo, (yewe Muhamadi) ndekera uwo ari we wese uhinyura iyi nkuru (Qur’an). Rwose (abo bayihinyura) tuzabatwara buhoro buhoro (tubaganisha mu bihano) mu buryo batazi.
Faccirooji aarabeeji:
وَأُمۡلِي لَهُمۡۚ إِنَّ كَيۡدِي مَتِينٌ
Nzanabaha igihe (bibwire ko batazahanwa); mu by’ukuri imigambi yanjye irakomeye.
Faccirooji aarabeeji:
أَمۡ تَسۡـَٔلُهُمۡ أَجۡرٗا فَهُم مِّن مَّغۡرَمٖ مُّثۡقَلُونَ
Cyangwa (bibwira ko wowe Muhamadi) ubasaba igihembo, none bakaba baremererwa n’ubwishyu?
Faccirooji aarabeeji:
أَمۡ عِندَهُمُ ٱلۡغَيۡبُ فَهُمۡ يَكۡتُبُونَ
Ahubwo se bibwira ko bazi ibitagaragara, bakaba babishingiraho bandika (ibyo bishakiye, badakeneye ibyo ubabwira)?
Faccirooji aarabeeji:
فَٱصۡبِرۡ لِحُكۡمِ رَبِّكَ وَلَا تَكُن كَصَاحِبِ ٱلۡحُوتِ إِذۡ نَادَىٰ وَهُوَ مَكۡظُومٞ
Bityo (yewe Muhamadi), ihanganire itegeko rya Nyagasani wawe, kandi ntube nk’umwe wamizwe n’ifi (Umuhanuzi Yunusu) ubwo yadutakambiraga n’agahinda kenshi.
Faccirooji aarabeeji:
لَّوۡلَآ أَن تَدَٰرَكَهُۥ نِعۡمَةٞ مِّن رَّبِّهِۦ لَنُبِذَ بِٱلۡعَرَآءِ وَهُوَ مَذۡمُومٞ
Iyo bitaza kuba ingabire iturutse kwa Nyagasani we yamugezeho, (ifi) yari kumuruka ku musenyi wo ku nkombe kandi umugayo umuriho.
Faccirooji aarabeeji:
فَٱجۡتَبَٰهُ رَبُّهُۥ فَجَعَلَهُۥ مِنَ ٱلصَّٰلِحِينَ
Nuko Nyagasani we aramutoranya, maze amushyira mu ntungane.
Faccirooji aarabeeji:
وَإِن يَكَادُ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ لَيُزۡلِقُونَكَ بِأَبۡصَٰرِهِمۡ لَمَّا سَمِعُواْ ٱلذِّكۡرَ وَيَقُولُونَ إِنَّهُۥ لَمَجۡنُونٞ
Kandi iyo abahakanye bumvise urwibutso (Qur’an), bakurebesha indoro ikomeye, bifuza ko wagwa igihunga kugira ngo bavuge bati “Rwose ni umusazi.”
Faccirooji aarabeeji:
وَمَا هُوَ إِلَّا ذِكۡرٞ لِّلۡعَٰلَمِينَ
Kandi (Qur’an) nta kindi iri cyo usibye kuba ari urwibutso ku biremwa byose.
Faccirooji aarabeeji:
 
Firo maanaaji Simoore: Simoore kuɗol (al-qalam)
Tippudi cimooje Tonngoode hello ngoo
 
Firo maanaaji al-quraan tedduɗo oo - Firo kiñaruwanndi - Tippudi firooji ɗii

Firo maanaaji al-quraan tedduɗo oo fayde e ɗemngal keñaranndiiwal, firi ɗum ko fedde juulɓe Ruwannda.

Uddude