Check out the new design

કુરઆન મજીદના શબ્દોનું ભાષાંતર - કિન્યારુઆન્ડા ભાષામાં અનુવાદ - રોન્દા મુસ્લિમ એસોસિએશન * - ભાષાંતરોની અનુક્રમણિકા

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

શબ્દોનું ભાષાંતર સૂરહ: અન્ નાઝિઆત   આયત:
ٱذۡهَبۡ إِلَىٰ فِرۡعَوۡنَ إِنَّهُۥ طَغَىٰ
“Jya kwa Farawo kuko rwose yigometse.”
અરબી તફસીરો:
فَقُلۡ هَل لَّكَ إِلَىٰٓ أَن تَزَكَّىٰ
Umubwire uti “Ese ushobora kwiyeza (ukareka icyaha cy’ubuhakanyi, ukaba umwemeramana)?”
અરબી તફસીરો:
وَأَهۡدِيَكَ إِلَىٰ رَبِّكَ فَتَخۡشَىٰ
“Nkakuyobora kwa Nyagasani wawe kugira ngo umutinye?”
અરબી તફસીરો:
فَأَرَىٰهُ ٱلۡأٓيَةَ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Nuko (Musa) amwereka igitangaza gihambaye.
અરબી તફસીરો:
فَكَذَّبَ وَعَصَىٰ
Ariko (Farawo) yarahinyuye aranigomeka;
અરબી તફસીરો:
ثُمَّ أَدۡبَرَ يَسۡعَىٰ
Maze atera umugongo akataza (ashishikariza abantu be kudakurikira Musa).
અરબી તફસીરો:
فَحَشَرَ فَنَادَىٰ
Nuko akoranya (abantu be), avuga mu ijwi riranguruye,
અરબી તફસીરો:
فَقَالَ أَنَا۠ رَبُّكُمُ ٱلۡأَعۡلَىٰ
Agira ati “Ni njye nyagasani wanyu w’ikirenga.”
અરબી તફસીરો:
فَأَخَذَهُ ٱللَّهُ نَكَالَ ٱلۡأٓخِرَةِ وَٱلۡأُولَىٰٓ
Bityo Allah amuhana by’intangarugero kubera icyaha cya nyuma (yakoze) n’icya mbere.[1]
[1] Icyaha cyo kuba Farawo yaravuze ko ari we Nyagasani w’ikirenga, nk’uko byavuzwe muri iki gice (Surat), umurongo wacyo wa 24. Naho icya mbere ni ukuba yarabwiye ibyegera bye ko atazi ko bafite indi mana itari we nk’uko byavuzwe mu gice (Surat) cya 28, umurongo wacyo wa 38.
અરબી તફસીરો:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَعِبۡرَةٗ لِّمَن يَخۡشَىٰٓ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo isomo kuri buri wese utinya Allah.
અરબી તફસીરો:
ءَأَنتُمۡ أَشَدُّ خَلۡقًا أَمِ ٱلسَّمَآءُۚ بَنَىٰهَا
Ese (yemwe bantu) iremwa ryanyu ni ryo rikomeye, cyangwa ikirere (Allah) yubatse (ni cyo gikomeye)?
અરબી તફસીરો:
رَفَعَ سَمۡكَهَا فَسَوَّىٰهَا
Yazamuye igisenge cyacyo, maze aragitunganya.
અરબી તફસીરો:
وَأَغۡطَشَ لَيۡلَهَا وَأَخۡرَجَ ضُحَىٰهَا
Ijoro ryacyo arigira umwijima, amanywa yacyo arayakesha.
અરબી તફસીરો:
وَٱلۡأَرۡضَ بَعۡدَ ذَٰلِكَ دَحَىٰهَآ
Nyuma y’ibyo arambura isi,
અરબી તફસીરો:
أَخۡرَجَ مِنۡهَا مَآءَهَا وَمَرۡعَىٰهَا
Ayisohoramo amazi yayo n’inzuri zayo,
અરબી તફસીરો:
وَٱلۡجِبَالَ أَرۡسَىٰهَا
Anashimangira imisozi,
અરબી તફસીરો:
مَتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
અરબી તફસીરો:
فَإِذَا جَآءَتِ ٱلطَّآمَّةُ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Ariko igihe icyago gihambaye (umunsi w’imperuka) kizaza,
અરબી તફસીરો:
يَوۡمَ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ مَا سَعَىٰ
Umunsi umuntu azibuka ibyo yashyizemo umuhate,
અરબી તફસીરો:
وَبُرِّزَتِ ٱلۡجَحِيمُ لِمَن يَرَىٰ
Umuriro wa Jahanamu ukagaragarizwa (buri wese) ureba.
અરબી તફસીરો:
فَأَمَّا مَن طَغَىٰ
Ubwo wa wundi wigometse,
અરબી તફસીરો:
وَءَاثَرَ ٱلۡحَيَوٰةَ ٱلدُّنۡيَا
Agahitamo ubuzima bwo kuri iyi si (agakurikira ibibi aterwa n’irari rye),
અરબી તફસીરો:
فَإِنَّ ٱلۡجَحِيمَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu uzaba ubuturo (bwe).
અરબી તફસીરો:
وَأَمَّا مَنۡ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِۦ وَنَهَى ٱلنَّفۡسَ عَنِ ٱلۡهَوَىٰ
Ariko wa wundi watinye kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, akanabuza umutima we kurarikira ibibi,
અરબી તફસીરો:
فَإِنَّ ٱلۡجَنَّةَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri, ubusitani (Ijuru) buzaba ubuturo (bwe).
અરબી તફસીરો:
يَسۡـَٔلُونَكَ عَنِ ٱلسَّاعَةِ أَيَّانَ مُرۡسَىٰهَا
(Abahakanyi) barakubaza (yewe Muhamadi) ku bijyanye n’igihe imperuka izabera
અરબી તફસીરો:
فِيمَ أَنتَ مِن ذِكۡرَىٰهَآ
Nta bumenyi ufite bwo kugira icyo uyivugaho,
અરબી તફસીરો:
إِلَىٰ رَبِّكَ مُنتَهَىٰهَآ
Ubumenyi bwayo bwihariye Nyagasani wawe.
અરબી તફસીરો:
إِنَّمَآ أَنتَ مُنذِرُ مَن يَخۡشَىٰهَا
Ahubwo wowe (Muhamadi) nta kindi uri cyo uretse kuba uri umuburizi w’abatinya (umunsi w’imperuka).
અરબી તફસીરો:
كَأَنَّهُمۡ يَوۡمَ يَرَوۡنَهَا لَمۡ يَلۡبَثُوٓاْ إِلَّا عَشِيَّةً أَوۡ ضُحَىٰهَا
Umunsi bazawubona, bazamera nk’aho babaye ku isi ikigoroba kimwe cyangwa igitondo kimwe.
અરબી તફસીરો:
 
શબ્દોનું ભાષાંતર સૂરહ: અન્ નાઝિઆત
સૂરહ માટે અનુક્રમણિકા પેજ નંબર
 
કુરઆન મજીદના શબ્દોનું ભાષાંતર - કિન્યારુઆન્ડા ભાષામાં અનુવાદ - રોન્દા મુસ્લિમ એસોસિએશન - ભાષાંતરોની અનુક્રમણિકા

રોન્દા મુસ્લિમ એસોસિએશન દ્વારા પ્રકાશિત.

બંધ કરો