Check out the new design

Translation of the Meanings of the Noble Qur'an - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association * - Translations’ Index

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Translation of the meanings Surah: An-Nāzi‘āt   Ayah:
ٱذۡهَبۡ إِلَىٰ فِرۡعَوۡنَ إِنَّهُۥ طَغَىٰ
“Jya kwa Farawo kuko rwose yigometse.”
Arabic explanations of the Qur’an:
فَقُلۡ هَل لَّكَ إِلَىٰٓ أَن تَزَكَّىٰ
Umubwire uti “Ese ushobora kwiyeza (ukareka icyaha cy’ubuhakanyi, ukaba umwemeramana)?”
Arabic explanations of the Qur’an:
وَأَهۡدِيَكَ إِلَىٰ رَبِّكَ فَتَخۡشَىٰ
“Nkakuyobora kwa Nyagasani wawe kugira ngo umutinye?”
Arabic explanations of the Qur’an:
فَأَرَىٰهُ ٱلۡأٓيَةَ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Nuko (Musa) amwereka igitangaza gihambaye.
Arabic explanations of the Qur’an:
فَكَذَّبَ وَعَصَىٰ
Ariko (Farawo) yarahinyuye aranigomeka;
Arabic explanations of the Qur’an:
ثُمَّ أَدۡبَرَ يَسۡعَىٰ
Maze atera umugongo akataza (ashishikariza abantu be kudakurikira Musa).
Arabic explanations of the Qur’an:
فَحَشَرَ فَنَادَىٰ
Nuko akoranya (abantu be), avuga mu ijwi riranguruye,
Arabic explanations of the Qur’an:
فَقَالَ أَنَا۠ رَبُّكُمُ ٱلۡأَعۡلَىٰ
Agira ati “Ni njye nyagasani wanyu w’ikirenga.”
Arabic explanations of the Qur’an:
فَأَخَذَهُ ٱللَّهُ نَكَالَ ٱلۡأٓخِرَةِ وَٱلۡأُولَىٰٓ
Bityo Allah amuhana by’intangarugero kubera icyaha cya nyuma (yakoze) n’icya mbere.[1]
[1] Icyaha cyo kuba Farawo yaravuze ko ari we Nyagasani w’ikirenga, nk’uko byavuzwe muri iki gice (Surat), umurongo wacyo wa 24. Naho icya mbere ni ukuba yarabwiye ibyegera bye ko atazi ko bafite indi mana itari we nk’uko byavuzwe mu gice (Surat) cya 28, umurongo wacyo wa 38.
Arabic explanations of the Qur’an:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَعِبۡرَةٗ لِّمَن يَخۡشَىٰٓ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo isomo kuri buri wese utinya Allah.
Arabic explanations of the Qur’an:
ءَأَنتُمۡ أَشَدُّ خَلۡقًا أَمِ ٱلسَّمَآءُۚ بَنَىٰهَا
Ese (yemwe bantu) iremwa ryanyu ni ryo rikomeye, cyangwa ikirere (Allah) yubatse (ni cyo gikomeye)?
Arabic explanations of the Qur’an:
رَفَعَ سَمۡكَهَا فَسَوَّىٰهَا
Yazamuye igisenge cyacyo, maze aragitunganya.
Arabic explanations of the Qur’an:
وَأَغۡطَشَ لَيۡلَهَا وَأَخۡرَجَ ضُحَىٰهَا
Ijoro ryacyo arigira umwijima, amanywa yacyo arayakesha.
Arabic explanations of the Qur’an:
وَٱلۡأَرۡضَ بَعۡدَ ذَٰلِكَ دَحَىٰهَآ
Nyuma y’ibyo arambura isi,
Arabic explanations of the Qur’an:
أَخۡرَجَ مِنۡهَا مَآءَهَا وَمَرۡعَىٰهَا
Ayisohoramo amazi yayo n’inzuri zayo,
Arabic explanations of the Qur’an:
وَٱلۡجِبَالَ أَرۡسَىٰهَا
Anashimangira imisozi,
Arabic explanations of the Qur’an:
مَتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
Arabic explanations of the Qur’an:
فَإِذَا جَآءَتِ ٱلطَّآمَّةُ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Ariko igihe icyago gihambaye (umunsi w’imperuka) kizaza,
Arabic explanations of the Qur’an:
يَوۡمَ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ مَا سَعَىٰ
Umunsi umuntu azibuka ibyo yashyizemo umuhate,
Arabic explanations of the Qur’an:
وَبُرِّزَتِ ٱلۡجَحِيمُ لِمَن يَرَىٰ
Umuriro wa Jahanamu ukagaragarizwa (buri wese) ureba.
Arabic explanations of the Qur’an:
فَأَمَّا مَن طَغَىٰ
Ubwo wa wundi wigometse,
Arabic explanations of the Qur’an:
وَءَاثَرَ ٱلۡحَيَوٰةَ ٱلدُّنۡيَا
Agahitamo ubuzima bwo kuri iyi si (agakurikira ibibi aterwa n’irari rye),
Arabic explanations of the Qur’an:
فَإِنَّ ٱلۡجَحِيمَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu uzaba ubuturo (bwe).
Arabic explanations of the Qur’an:
وَأَمَّا مَنۡ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِۦ وَنَهَى ٱلنَّفۡسَ عَنِ ٱلۡهَوَىٰ
Ariko wa wundi watinye kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, akanabuza umutima we kurarikira ibibi,
Arabic explanations of the Qur’an:
فَإِنَّ ٱلۡجَنَّةَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri, ubusitani (Ijuru) buzaba ubuturo (bwe).
Arabic explanations of the Qur’an:
يَسۡـَٔلُونَكَ عَنِ ٱلسَّاعَةِ أَيَّانَ مُرۡسَىٰهَا
(Abahakanyi) barakubaza (yewe Muhamadi) ku bijyanye n’igihe imperuka izabera
Arabic explanations of the Qur’an:
فِيمَ أَنتَ مِن ذِكۡرَىٰهَآ
Nta bumenyi ufite bwo kugira icyo uyivugaho,
Arabic explanations of the Qur’an:
إِلَىٰ رَبِّكَ مُنتَهَىٰهَآ
Ubumenyi bwayo bwihariye Nyagasani wawe.
Arabic explanations of the Qur’an:
إِنَّمَآ أَنتَ مُنذِرُ مَن يَخۡشَىٰهَا
Ahubwo wowe (Muhamadi) nta kindi uri cyo uretse kuba uri umuburizi w’abatinya (umunsi w’imperuka).
Arabic explanations of the Qur’an:
كَأَنَّهُمۡ يَوۡمَ يَرَوۡنَهَا لَمۡ يَلۡبَثُوٓاْ إِلَّا عَشِيَّةً أَوۡ ضُحَىٰهَا
Umunsi bazawubona, bazamera nk’aho babaye ku isi ikigoroba kimwe cyangwa igitondo kimwe.
Arabic explanations of the Qur’an:
 
Translation of the meanings Surah: An-Nāzi‘āt
Surahs’ Index Page Number
 
Translation of the Meanings of the Noble Qur'an - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association - Translations’ Index

Issued by Rwanda Muslim Association

close