Check out the new design

Përkthimi i kuptimeve të Kuranit Fisnik - Përkthimi kinjaruandisht - Shoqata "Muslimanët e Ruandës * - Përmbajtja e përkthimeve

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Përkthimi i kuptimeve Surja: En Naziat   Ajeti:
ٱذۡهَبۡ إِلَىٰ فِرۡعَوۡنَ إِنَّهُۥ طَغَىٰ
“Jya kwa Farawo kuko rwose yigometse.”
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَقُلۡ هَل لَّكَ إِلَىٰٓ أَن تَزَكَّىٰ
Umubwire uti “Ese ushobora kwiyeza (ukareka icyaha cy’ubuhakanyi, ukaba umwemeramana)?”
Tefsiret në gjuhën arabe:
وَأَهۡدِيَكَ إِلَىٰ رَبِّكَ فَتَخۡشَىٰ
“Nkakuyobora kwa Nyagasani wawe kugira ngo umutinye?”
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَأَرَىٰهُ ٱلۡأٓيَةَ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Nuko (Musa) amwereka igitangaza gihambaye.
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَكَذَّبَ وَعَصَىٰ
Ariko (Farawo) yarahinyuye aranigomeka;
Tefsiret në gjuhën arabe:
ثُمَّ أَدۡبَرَ يَسۡعَىٰ
Maze atera umugongo akataza (ashishikariza abantu be kudakurikira Musa).
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَحَشَرَ فَنَادَىٰ
Nuko akoranya (abantu be), avuga mu ijwi riranguruye,
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَقَالَ أَنَا۠ رَبُّكُمُ ٱلۡأَعۡلَىٰ
Agira ati “Ni njye nyagasani wanyu w’ikirenga.”
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَأَخَذَهُ ٱللَّهُ نَكَالَ ٱلۡأٓخِرَةِ وَٱلۡأُولَىٰٓ
Bityo Allah amuhana by’intangarugero kubera icyaha cya nyuma (yakoze) n’icya mbere.[1]
[1] Icyaha cyo kuba Farawo yaravuze ko ari we Nyagasani w’ikirenga, nk’uko byavuzwe muri iki gice (Surat), umurongo wacyo wa 24. Naho icya mbere ni ukuba yarabwiye ibyegera bye ko atazi ko bafite indi mana itari we nk’uko byavuzwe mu gice (Surat) cya 28, umurongo wacyo wa 38.
Tefsiret në gjuhën arabe:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَعِبۡرَةٗ لِّمَن يَخۡشَىٰٓ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo isomo kuri buri wese utinya Allah.
Tefsiret në gjuhën arabe:
ءَأَنتُمۡ أَشَدُّ خَلۡقًا أَمِ ٱلسَّمَآءُۚ بَنَىٰهَا
Ese (yemwe bantu) iremwa ryanyu ni ryo rikomeye, cyangwa ikirere (Allah) yubatse (ni cyo gikomeye)?
Tefsiret në gjuhën arabe:
رَفَعَ سَمۡكَهَا فَسَوَّىٰهَا
Yazamuye igisenge cyacyo, maze aragitunganya.
Tefsiret në gjuhën arabe:
وَأَغۡطَشَ لَيۡلَهَا وَأَخۡرَجَ ضُحَىٰهَا
Ijoro ryacyo arigira umwijima, amanywa yacyo arayakesha.
Tefsiret në gjuhën arabe:
وَٱلۡأَرۡضَ بَعۡدَ ذَٰلِكَ دَحَىٰهَآ
Nyuma y’ibyo arambura isi,
Tefsiret në gjuhën arabe:
أَخۡرَجَ مِنۡهَا مَآءَهَا وَمَرۡعَىٰهَا
Ayisohoramo amazi yayo n’inzuri zayo,
Tefsiret në gjuhën arabe:
وَٱلۡجِبَالَ أَرۡسَىٰهَا
Anashimangira imisozi,
Tefsiret në gjuhën arabe:
مَتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَإِذَا جَآءَتِ ٱلطَّآمَّةُ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Ariko igihe icyago gihambaye (umunsi w’imperuka) kizaza,
Tefsiret në gjuhën arabe:
يَوۡمَ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ مَا سَعَىٰ
Umunsi umuntu azibuka ibyo yashyizemo umuhate,
Tefsiret në gjuhën arabe:
وَبُرِّزَتِ ٱلۡجَحِيمُ لِمَن يَرَىٰ
Umuriro wa Jahanamu ukagaragarizwa (buri wese) ureba.
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَأَمَّا مَن طَغَىٰ
Ubwo wa wundi wigometse,
Tefsiret në gjuhën arabe:
وَءَاثَرَ ٱلۡحَيَوٰةَ ٱلدُّنۡيَا
Agahitamo ubuzima bwo kuri iyi si (agakurikira ibibi aterwa n’irari rye),
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَإِنَّ ٱلۡجَحِيمَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu uzaba ubuturo (bwe).
Tefsiret në gjuhën arabe:
وَأَمَّا مَنۡ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِۦ وَنَهَى ٱلنَّفۡسَ عَنِ ٱلۡهَوَىٰ
Ariko wa wundi watinye kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, akanabuza umutima we kurarikira ibibi,
Tefsiret në gjuhën arabe:
فَإِنَّ ٱلۡجَنَّةَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri, ubusitani (Ijuru) buzaba ubuturo (bwe).
Tefsiret në gjuhën arabe:
يَسۡـَٔلُونَكَ عَنِ ٱلسَّاعَةِ أَيَّانَ مُرۡسَىٰهَا
(Abahakanyi) barakubaza (yewe Muhamadi) ku bijyanye n’igihe imperuka izabera
Tefsiret në gjuhën arabe:
فِيمَ أَنتَ مِن ذِكۡرَىٰهَآ
Nta bumenyi ufite bwo kugira icyo uyivugaho,
Tefsiret në gjuhën arabe:
إِلَىٰ رَبِّكَ مُنتَهَىٰهَآ
Ubumenyi bwayo bwihariye Nyagasani wawe.
Tefsiret në gjuhën arabe:
إِنَّمَآ أَنتَ مُنذِرُ مَن يَخۡشَىٰهَا
Ahubwo wowe (Muhamadi) nta kindi uri cyo uretse kuba uri umuburizi w’abatinya (umunsi w’imperuka).
Tefsiret në gjuhën arabe:
كَأَنَّهُمۡ يَوۡمَ يَرَوۡنَهَا لَمۡ يَلۡبَثُوٓاْ إِلَّا عَشِيَّةً أَوۡ ضُحَىٰهَا
Umunsi bazawubona, bazamera nk’aho babaye ku isi ikigoroba kimwe cyangwa igitondo kimwe.
Tefsiret në gjuhën arabe:
 
Përkthimi i kuptimeve Surja: En Naziat
Përmbajtja e sureve Numri i faqes
 
Përkthimi i kuptimeve të Kuranit Fisnik - Përkthimi kinjaruandisht - Shoqata "Muslimanët e Ruandës - Përmbajtja e përkthimeve

Botuar nga Shoqata "Muslimanët e Ruandës".

Mbyll