Check out the new design

Tradução dos significados do Nobre Qur’an. - Tradução de Kinyarwanda - Associação de Muçulmanos de Ruanda * - Índice de tradução

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Tradução dos significados Surah: An-Naazi'aat   Versículo:
ٱذۡهَبۡ إِلَىٰ فِرۡعَوۡنَ إِنَّهُۥ طَغَىٰ
“Jya kwa Farawo kuko rwose yigometse.”
Os Tafssir em língua árabe:
فَقُلۡ هَل لَّكَ إِلَىٰٓ أَن تَزَكَّىٰ
Umubwire uti “Ese ushobora kwiyeza (ukareka icyaha cy’ubuhakanyi, ukaba umwemeramana)?”
Os Tafssir em língua árabe:
وَأَهۡدِيَكَ إِلَىٰ رَبِّكَ فَتَخۡشَىٰ
“Nkakuyobora kwa Nyagasani wawe kugira ngo umutinye?”
Os Tafssir em língua árabe:
فَأَرَىٰهُ ٱلۡأٓيَةَ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Nuko (Musa) amwereka igitangaza gihambaye.
Os Tafssir em língua árabe:
فَكَذَّبَ وَعَصَىٰ
Ariko (Farawo) yarahinyuye aranigomeka;
Os Tafssir em língua árabe:
ثُمَّ أَدۡبَرَ يَسۡعَىٰ
Maze atera umugongo akataza (ashishikariza abantu be kudakurikira Musa).
Os Tafssir em língua árabe:
فَحَشَرَ فَنَادَىٰ
Nuko akoranya (abantu be), avuga mu ijwi riranguruye,
Os Tafssir em língua árabe:
فَقَالَ أَنَا۠ رَبُّكُمُ ٱلۡأَعۡلَىٰ
Agira ati “Ni njye nyagasani wanyu w’ikirenga.”
Os Tafssir em língua árabe:
فَأَخَذَهُ ٱللَّهُ نَكَالَ ٱلۡأٓخِرَةِ وَٱلۡأُولَىٰٓ
Bityo Allah amuhana by’intangarugero kubera icyaha cya nyuma (yakoze) n’icya mbere.[1]
[1] Icyaha cyo kuba Farawo yaravuze ko ari we Nyagasani w’ikirenga, nk’uko byavuzwe muri iki gice (Surat), umurongo wacyo wa 24. Naho icya mbere ni ukuba yarabwiye ibyegera bye ko atazi ko bafite indi mana itari we nk’uko byavuzwe mu gice (Surat) cya 28, umurongo wacyo wa 38.
Os Tafssir em língua árabe:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَعِبۡرَةٗ لِّمَن يَخۡشَىٰٓ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo isomo kuri buri wese utinya Allah.
Os Tafssir em língua árabe:
ءَأَنتُمۡ أَشَدُّ خَلۡقًا أَمِ ٱلسَّمَآءُۚ بَنَىٰهَا
Ese (yemwe bantu) iremwa ryanyu ni ryo rikomeye, cyangwa ikirere (Allah) yubatse (ni cyo gikomeye)?
Os Tafssir em língua árabe:
رَفَعَ سَمۡكَهَا فَسَوَّىٰهَا
Yazamuye igisenge cyacyo, maze aragitunganya.
Os Tafssir em língua árabe:
وَأَغۡطَشَ لَيۡلَهَا وَأَخۡرَجَ ضُحَىٰهَا
Ijoro ryacyo arigira umwijima, amanywa yacyo arayakesha.
Os Tafssir em língua árabe:
وَٱلۡأَرۡضَ بَعۡدَ ذَٰلِكَ دَحَىٰهَآ
Nyuma y’ibyo arambura isi,
Os Tafssir em língua árabe:
أَخۡرَجَ مِنۡهَا مَآءَهَا وَمَرۡعَىٰهَا
Ayisohoramo amazi yayo n’inzuri zayo,
Os Tafssir em língua árabe:
وَٱلۡجِبَالَ أَرۡسَىٰهَا
Anashimangira imisozi,
Os Tafssir em língua árabe:
مَتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
Os Tafssir em língua árabe:
فَإِذَا جَآءَتِ ٱلطَّآمَّةُ ٱلۡكُبۡرَىٰ
Ariko igihe icyago gihambaye (umunsi w’imperuka) kizaza,
Os Tafssir em língua árabe:
يَوۡمَ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ مَا سَعَىٰ
Umunsi umuntu azibuka ibyo yashyizemo umuhate,
Os Tafssir em língua árabe:
وَبُرِّزَتِ ٱلۡجَحِيمُ لِمَن يَرَىٰ
Umuriro wa Jahanamu ukagaragarizwa (buri wese) ureba.
Os Tafssir em língua árabe:
فَأَمَّا مَن طَغَىٰ
Ubwo wa wundi wigometse,
Os Tafssir em língua árabe:
وَءَاثَرَ ٱلۡحَيَوٰةَ ٱلدُّنۡيَا
Agahitamo ubuzima bwo kuri iyi si (agakurikira ibibi aterwa n’irari rye),
Os Tafssir em língua árabe:
فَإِنَّ ٱلۡجَحِيمَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu uzaba ubuturo (bwe).
Os Tafssir em língua árabe:
وَأَمَّا مَنۡ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِۦ وَنَهَى ٱلنَّفۡسَ عَنِ ٱلۡهَوَىٰ
Ariko wa wundi watinye kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, akanabuza umutima we kurarikira ibibi,
Os Tafssir em língua árabe:
فَإِنَّ ٱلۡجَنَّةَ هِيَ ٱلۡمَأۡوَىٰ
Mu by’ukuri, ubusitani (Ijuru) buzaba ubuturo (bwe).
Os Tafssir em língua árabe:
يَسۡـَٔلُونَكَ عَنِ ٱلسَّاعَةِ أَيَّانَ مُرۡسَىٰهَا
(Abahakanyi) barakubaza (yewe Muhamadi) ku bijyanye n’igihe imperuka izabera
Os Tafssir em língua árabe:
فِيمَ أَنتَ مِن ذِكۡرَىٰهَآ
Nta bumenyi ufite bwo kugira icyo uyivugaho,
Os Tafssir em língua árabe:
إِلَىٰ رَبِّكَ مُنتَهَىٰهَآ
Ubumenyi bwayo bwihariye Nyagasani wawe.
Os Tafssir em língua árabe:
إِنَّمَآ أَنتَ مُنذِرُ مَن يَخۡشَىٰهَا
Ahubwo wowe (Muhamadi) nta kindi uri cyo uretse kuba uri umuburizi w’abatinya (umunsi w’imperuka).
Os Tafssir em língua árabe:
كَأَنَّهُمۡ يَوۡمَ يَرَوۡنَهَا لَمۡ يَلۡبَثُوٓاْ إِلَّا عَشِيَّةً أَوۡ ضُحَىٰهَا
Umunsi bazawubona, bazamera nk’aho babaye ku isi ikigoroba kimwe cyangwa igitondo kimwe.
Os Tafssir em língua árabe:
 
Tradução dos significados Surah: An-Naazi'aat
Índice de capítulos Número de página
 
Tradução dos significados do Nobre Qur’an. - Tradução de Kinyarwanda - Associação de Muçulmanos de Ruanda - Índice de tradução

Emitido pela Associação de Muçulmanos de Ruanda.

Fechar